Uyu mukino uteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 7 Mutarama 2017, ukazabera kuri Stade Regional i Nyamirambo, guhera saa cyenda z’amanywa.
Nyuma y’imyitozo yagaragayemo abayobozi bakuru ba APR barimo Gen.Kabarebe James na Perezida wayo Brig General Jacques Musemakweli n’abafana batandukanye, Jimy Mulisa yavuze ko ashingiye ku buryo abakinnyi be bahagaze, ngo nta kabuza azatahana intsinzi.
Yagize ati” Nkurikije imyitozo tumazemo iminsi, twizeye intsinzi kandi niyo buri gihe duharanira.”
Yavuze kandi ko adatewe impungenge n’abakinnyi be batazagaragara muri uyu mukino barimo, Twizerimana Onesme, Itangishaka Blaise, na Ngandu Omar, bitazamubuza kwegukana intsinzi kuri uyu munsi.
Amwe mu mafoto yaranze imyitozo ya APR FC :
Ibitekerezo ( 4 )
Ohereza igitekerezo
|
APRFC irakomeye pe hagati ninyuma ndetse no kumpande,ark twagashatse umwataka umwe uzi icyo gukora
Tuzayitsinda pee! ibyo biroroshye
Nzakugwa Inyuma.
Apr turayikunda cyane kandi twizeye ko jimmy nabasore be bazabikora! welcom back Jamal ! we believe in u!