Ni umukino wari ufite icyo uvuze ku rugamba rwo guhatanira kwegukana iki gikombe cya CECAFA, aho Uganda yari ifite amanota 6, mu gihe Amavubi yari afite amanota 4.
Ikipe ya Uganda niyo yafunguye amazamu ku munota wa 52, ku gitego cyatsinzwe na Mutuuzo Lilian.
U Rwanda rwaje kwishyura igitego mu gice cya kabiri kuri penaliti yatewe na Ibangarye Anne Marie, igitego cyatsinzwe ku munota wa 62
Nyuma y’iminota mike ku munota wa 74 Uganda yahise itsinda igitego cya kabiri
cyatsinzwe na Alupoh Norah, ku munota wa 86 Amavubi yahise yishyura igitego cya 2, umukino urangira ari ibitego 2-2.
Abakinnyi babanje mu kibuga
Rwanda: Nyirabashyitsi Ingabire Judith, Nibagwire Sifa Gloria , Nyiramwiza Martha, Nyiransanzabera Miliam, Mukamana Clementine, Maniraguha Louise, Kalimba Alice, Umwariwase Dudja, Ibangarye Anne Marie, Uwamahoro Marie Claire na Beatrice Uwamahoro.
Uganda : Aturo Ruth, Aluka Grace, Phiona Nabbumba,Nakayenze Yudaya,Nankya Shadia,Namudu Viola, Akira Tracy, Alupo Norah, Namuleme Zainah, Mutuuzo Lilian na Nalukenge Juliet.
Imikino y’umunsi wa nyuma
Ku wa Gatanu tariki 27/07/2018, kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo
14:00: Ethiopia vs Tanzania
16:30: Rwanda vs Kenya
Uko amakipe akurikiranye kugeza ubu
1. Uganda: Amanota 7 mu mikino 4
2. Ethiopia: Amanota 6 mu mikino 3
3. Tanzania: Amanota 4 mu mikino 3
4. Rwanda: Amanota 4 mu mikino 3
5. Kenya: Inota 1 mu mikino 3
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|