Amagaju yunze mu rya Zanaco, atesha amanota APR FC

Umukino wahuzaga ikipe ya APR FC n’iya Amagaju, waberaga i Nyamagabe urangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa(0-0).

Uwo mukino wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 21 Gashyantare 2017, wari umukino w’ikirarane utarabereye igihe kubera ko APR Fc yari irimo ikina imikino mpuzamahanga.

APR Fc gutakaza aya manota biyibujije gufata umwanya wa mbere
APR Fc gutakaza aya manota biyibujije gufata umwanya wa mbere

Ni umukino ikipe ya APR Fc yasabwaga gutsinda igahita ifata by’agateganyo umwanya wa mbere wari ufitwe na Rayon Sports, kuko mbere y’umukino yayirushaga amanota 2, ariko ntibyaza kuyikundira ahubwo ibona inota rimwe.

APR Fc yagowe cyane n’uyu mukino ntiyabshije kubigeraho, kuko abasore b’ikipe y’Amagaju bihagazeho ku kibuga cyabo, banganya n’iyi kipe ndetse banagiye bahusha uburyo bwinshi bwashoboraga kuvamo igitego.

Abakinnyi babanjemo

Amagaju Fc: Muhawenayo Gadi, Bizimana Noel, Nsengiyumva Djafari, Buregeya Rodrigue, Dusabe Jean Claude, Yumba Kayité, Alanga Yenga Joachim, Habimana Hassan Pappy, Manishimwe Jean de DIEU, Lileko Bokatola Yves,Shabani Hussein

Amagaju yabanje mu kibuga
Amagaju yabanje mu kibuga

APR Fc: Ntaribi Steven, Nsabimana Aimable, Ngabo Albert, Ngandu Omar, Usengimana Faustin, Rutanga Eric, Nshimiyimana Imran, Bizimana Djihad, Bigirimana Issa, Sibomana Patrick, Twizeyimana Onesme

APR FC yabanje mu kibuga
APR FC yabanje mu kibuga

Mu gice cya mbere cy’umukino, ikipe ya APR Fc yabonye uburyo bwo kubona igitego, aho Rutanga Eric yateye umupira n’umutwe ariko umunyezamu w’Amagaju awukuramo, gusa Amagaju nayo abona uburyo bwo gutsinda aho umukinnyi Usengimana Faustin yahushaga umupira, maze Shabban Hussein Tchabalala yatera umupira ukajya inyuma y’izamu.

Abafana ba APR FC bari babukereye bafana
Abafana ba APR FC bari babukereye bafana

Mu gice cya kabiri cy’umukino Amagaju nayo yabonye uburyo butatu bwo gutsinda igitego, aho umukinnyi w’Amagaju yagwaga mu rubuga rw’amahina ndetse benshi banemeza ko yari Penaliti, gusa umusifuzi ntiyayitanga umukino urakomeza.

APR Fc yahuye n'akazi ko guhagarika Tchabalala na Bokotola Yves
APR Fc yahuye n’akazi ko guhagarika Tchabalala na Bokotola Yves

Amagaju kandi yongeye kubona amhirwe ubwo Manishimwe Jean de Dieu yasigaranaga n’umunyezamu bonyine ariko ateye umupira awutera hanze y’izamu, mu minota ya nyuma kandi na bwo Tchabalala yongeye kuzamukana umupira acenze abakinnyi b’inyuma ba APR ateye umupira uca ku ruhande, umukino uza kurangira amakipe yombi anganya 0-0.

Andi mafoto kuri uyu mukino

Ivan Minneart utoza Mukura yari yaje kureba uko APR bazakina kuri uyu wa Gatanu ihagaze
Ivan Minneart utoza Mukura yari yaje kureba uko APR bazakina kuri uyu wa Gatanu ihagaze
Rugwiro Herve yarishyuhije hamwe n'abandi ariko nyuma ajya kwiyicarira mu bafana
Rugwiro Herve yarishyuhije hamwe n’abandi ariko nyuma ajya kwiyicarira mu bafana
Ni umukino wabayemo guhangana ndetse n'amakosa menshi
Ni umukino wabayemo guhangana ndetse n’amakosa menshi
Umuyobozi w'akarere ka Nyamagabe Mugisha Philibert, ashimira abagaize ikipe y'Amagaju
Umuyobozi w’akarere ka Nyamagabe Mugisha Philibert, ashimira abagaize ikipe y’Amagaju
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

wooooowwwwwwww amagaju adukoreye afair pe rayon irikomereje mumarushanwa nyafrica kandi na championa turayitwara. amagaju si maline

thep yanditse ku itariki ya: 22-02-2017  →  Musubize

APR yihangane bibaho. ariko byaba byiza jimy adushakiye umwataka urangiza ibintu kuko dutsirwa bike ariko nabwo nidutsinda byishi ikibazo natake naho inyuma baba babikoze kabisa murakoze kigali today turabemera sana

ntiribukaryo daniel yanditse ku itariki ya: 22-02-2017  →  Musubize

Ntakundi, Gusa list ya APR mwibagiwe Ngando Omar

fils yanditse ku itariki ya: 21-02-2017  →  Musubize

AP R nitareba neza izikoza isoni

Niyonzima samuel yanditse ku itariki ya: 21-02-2017  →  Musubize

Umukino wari mwiza,gusa nta gucika intege inyiza biri imbere.Mu rugendo rwose haba ahaterera hakarushya ariko hakurikiraho ahateye neza tukaruhuka!

Felicien H. yanditse ku itariki ya: 21-02-2017  →  Musubize

eeeeee mbega byiza amagaju aturangirije game kbsa natwe tugomba gutsinda ibirarane byacu uko ari2 ubundi ntayindi ekipe izadutangira kdi Apr nayo tugomba kuzayihimuraho muri retour .ni bahongerimana xavier

bahongerimana xavier yanditse ku itariki ya: 21-02-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka