APR yihimuye kuri Rayon, ijya ku mukino wa nyuma

Ikipe ya APR Fc yihimuye kuri Rayon Sports yari imaze kuyitsinda kabiri muri uyu mwaka, ihita yerekeza ku mukino wa nyuma aho izahura na Vita Club mu gikombe cyateguwe na AS Kigali

Ikipe ya APR Fc ni yo yatangiye isatira cyane, aho wabonaga ko abakinnyi b’inyuma ba Rayon Sports bahuzagurika, bidatinze ku munota wa 7 w’umukino , Sibomana Patrick wa APR FC atsinda igitego cya mbere ku mupira yari ahawe neza Sekamana Maxime.

APR Fc yihereranye Rayon Sports
APR Fc yihereranye Rayon Sports

APR Fc yakomeje kurusha ikipe ya Rayon Sports guhererekanya umupira neza hagati mu kibuga, maze ku burangare bw’ab’inyuma ba Rayon Sports bari bayobowe na Munezero Fiston, Bigirimana Issa yaje gusiga ba myugariro ba Rayon Sports maze atsindira APR Fc igitego cya kabiri, igice cya mbere cyarangiye ari ibitego bibiri bya APR ku busa bwa Rayon Sports.

Mu gice cya kabiri cy’umukino, ikipe ya Rayon Sports yakoze impinduka, ikuramo Ishimwe Zappy wari wagowe cyane n’uyu mukino yinjizamo Manzi Thierry, Manishimwe Djabel nawe asimbura Niyonzima Olivier Sefu.

Ku munota wa 56 w’umukino, Manzi Thierry wari wagiyemo asimbuye, yaje gushaka guhereza umupira umunyezamu Bakame n’igituza, Sekamana Maxime arawumutanga ahita atsindira APR Fc igitego cya gatatu.

Amakipe yombi yakomeje gushaka ibitego ariko ikipe ya APR Fc ikomeza kwihagararaho, maze umukino urangira itsinze Rayon Sports ibitego 3-0, aho igomba kuzakina umukino wa nyuma na AS Vita Club kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade Amahoro.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 16 )

ngewe nitwa eugene nkaba ndi inyanza. aho rayon ituruka. abantu bibeshyako .ntabafana b’A P R bahaba. baribeshya cyane.turahari bikaze. nishimiye insinzi yikipe yange. kbs.

eugene yanditse ku itariki ya: 16-09-2016  →  Musubize

muravuga ngomwadushyinguye arko umuzimu wacu bizabagora kuwuterekepra turikumwe muri championant

marcellin yanditse ku itariki ya: 16-09-2016  →  Musubize

Apr oyeeeeeeee!!!!!!! ariko ubundi rayon sport ntiyari yananiwe kugenda bahagaze mu modoka. ray we buuuuuu!!!

NIYINDEBA Viateur yanditse ku itariki ya: 16-09-2016  →  Musubize

APR nikipe yimihigo turayemera gasenyi bazonge turabategereje muri champion

karangwa yanditse ku itariki ya: 16-09-2016  →  Musubize

A P R Oyeeeeee!!!!

Emmy yanditse ku itariki ya: 16-09-2016  →  Musubize

Ntabyinshi navuga Icyombakundiye nuko mutsindwa mutaburanye!!

Emmy yanditse ku itariki ya: 16-09-2016  →  Musubize

A P R we, nzagufana paka mfuye. kuko wankijije abishywa nako URIGITINYIRO pe.

eugene yanditse ku itariki ya: 15-09-2016  →  Musubize

nubundi nibine twabatsinze. kuko hari nikindi banze. nibihangane sinabangaga. Buuuuuuuuuuuuuuuu!!!!! hhhhhhhh.

eugene yanditse ku itariki ya: 15-09-2016  →  Musubize

bishime gake ubutaha.

Emile yanditse ku itariki ya: 15-09-2016  →  Musubize

burisekoko twekotukut 4G bitebyabo

Emile yanditse ku itariki ya: 15-09-2016  →  Musubize

Nitwa Fideli ndingoma mukarere kahuye ndemeye APR we uratsinze ariko ntegereza muri championa nzakweraka icy’imbwa yaboneye kwiriba ari nako ntwara igikombe ikindi uzojyera gutsinda 4 byakugoye urumvako hariby’ukibura.

Fideli yanditse ku itariki ya: 15-09-2016  →  Musubize

APR oye oye!! nta mutoza n’abakinnyi Rayon isigaranye ahubwo nibareke kiyovu ihangane pe

ferdinand yanditse ku itariki ya: 15-09-2016  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka