Amakuru mashya ya Rayon Sports nyuma y’ imyitozo ya mbere

Ikipe ya Rayon Sports yatangaje amwe mu makuru mashya avugwa mu ikipe yabo nyuma y’imyitozo ya mbere

Ni imyitozo yatangiye ku i Saa mbili za mu gitondo ku kibuga cya Mumena, imyitozo yari yitabiriwe n’abafana bari biganjemo abamotari n’abandi , aho ku ruhande rw’Ubuyobozi hari Perezida wa Rayon Sports Gacinya Chance Denis.

Abakinnyi ba Rayon Sports mu myitozo yabo ya mbere
Abakinnyi ba Rayon Sports mu myitozo yabo ya mbere

Mu myitozo ya none niho bemereje Umutoza mushya wungirije Nshimiyimana Maurice bita Maso, uyu mutoza agomba kuzajya afatanya na Masudi Juma na Romami Marcel.

Abakinnyi abashya bagaragaye mu myitozo

Niyonkuru Shassir wavuye mu ikipe ya Vital'o
Niyonkuru Shassir wavuye mu ikipe ya Vital’o

-Niyonkuru Shassir: Uyu musore w’imyaka 23, yatowe nk’umukinnyi witwaye neza muri Shampiyona y’u Burundi mu mwaka w’imikino ushize, yagaragaye yambaye umwambaro w’ikipe y’igihugu cy’u Burundi, yadutangarije ko yasinye imyaka 2, kandi ko yishimiye kuba aje gukinira Rayon.

 Nova Bayama: Yari amaze iminsi akinira Mukura nk’intizanyo ya APR FC yafashe, Umuyobozi wa Rayon Sports yatangaje ko uyu musore yasinye umwaka umwe mu ikipe ya Rayon Sports ndetse n’umukinnyi yemeje ko bamaze kumvikana.

Senyange Yvan wakiniraga Gicumbi Fc
Senyange Yvan wakiniraga Gicumbi Fc

 SENYANGE Yvan : umukinnyi wavuye muri Gicumbi, na we yamaze gusinya imyaka ibiri, ubusanzwe akina inyuma ku ruhande rw’ibumoso, uruhande rwakinagahao Emmanuel Imanishimwe ubu uri kugaragara mu ikipe ya APR Fc.

Usibye aba bakinnyi, iyi kipe kandi yazamuye bamwe mu bakinnyi bakiri bato bitorezaga mu ikipe ntoya y’iyi kipe ari bo Cyimana Willy Hamza, Idrissa Nsengiyumva, Hassan Hakizimana na Eric Muhanuka.

Abakinnyi 9 bashya bagaragaye mu myitozo ya Rayon Sports
Abakinnyi 9 bashya bagaragaye mu myitozo ya Rayon Sports

Ku ruhande rw’abakinnyi batagaragaye mu myitozo.

Ismaila Diarra: Bivugwa ko akiri mu gihugu cya Mali ariko ngo nta mpamvu yatanze .

Kwizera Pierrot: aracyari mu gihugu cy’Uburundi, ndetse n’impamvu ye irazwi kuko yayimenyesheje ubuyobozi bw’ikipe, aho ingendo zihuza u Burundi n’u Rwanda zitahise zimworohera.

-Ndayishimiye Eric Bakame: Uyu impamvu ye ubuyobozi ntabwo buyizi, Umutoza yavuze ko azakomeza kuba Kapiteni kuko ngo yitwaye neza.

Rwatubyaye Abdoul: bivugwa ko yerecyeje ku mugabane w’I Burayi: Gacinya ariko yadutangarije ko bakimutegereje mu myitozo .

Kwizera Pierrot yagizwe Visi-Kapiteni

Masudi Juma yatangaje ko bashyizeho Komite izajya ikemura ibibazo by’abakinnyi ku buryo batazongera kugonwa na byo, kandi ngo barifuza gukora neza kurusha uko umwaka ushize bakoze, aha yahise anatangaza ko Kwizera Pierrot ari we uzungiriza Kapiteni Bakame, agasimbura Tubane James werekeje muri AS Kigali.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 44 )

ikipe yacu gikundiro ikipe twahawe nimana ikipe ishimisha abafana ndabizi nabafana BA Apr barayemera visa nyine barajijisha bagatanga ibyamirenge kugirango batsinde gisa twe abareyo ntitwahangana name kuko tuzi ibabga iminsi niyo yonyine ishyira ibintu byose kumirongo gusa mumfashe the abareyo dukomeze dishyigikire ikipe yacu

mitabaruka filemon yanditse ku itariki ya: 22-02-2017  →  Musubize

ikipe yacu gikundiro ikipe twahawe nimana ikipe ishimisha abafana ndabizi nabafana BA Apr barayemera visa nyine barajijisha bagatanga ibyamirenge kugirango batsinde gisa twe abareyo ntitwahangana name kuko tuzi ibabga iminsi niyo yonyine ishyira ibintu byose kumirongo gusa mumfashe the abareyo dukomeze dishyigikire ikipe yacu

mitabaruka filemon yanditse ku itariki ya: 22-02-2017  →  Musubize

Ikipe yacu turakwemera tuzakurwa inyima pe reyooooooo buravo oo

meshake yanditse ku itariki ya: 21-02-2017  →  Musubize

mwaramutseho ni emmanuel ndumufana wa A P R FC ndayikunda cyane naho ubundi igikombe nicyacu naho ibyo abafana bareyo bivugisha ngo igikombenicyabo baribeshya icyobazi nukuzamuma v8 sawa nurakoze

emmanuel yanditse ku itariki ya: 8-02-2017  →  Musubize

agahinda katwishe twatsinzwe basaza

jado yanditse ku itariki ya: 21-01-2017  →  Musubize

gufana reyo suguhomba dushaka gutwara ibijombe byose

idrissa Habumugisha yanditse ku itariki ya: 6-01-2017  →  Musubize

Turabakunda Cyane Najye Ndumufana Wa Rayon Sport Icyijyikombe Nicyacu Ukobyagenda Kose Aho A P R Dutinze Guhura Tuyitsinde Mfite Ikizere Peee!

Kwizera Elie yanditse ku itariki ya: 4-01-2017  →  Musubize

Rayon komereza aho igikombe ni icyacu

bahatiadrien yanditse ku itariki ya: 3-01-2017  →  Musubize

ARIKO RWATUBYAYE YARABUZE BURUNDU? AMARANGA YACU ARAYAHERANYE

CHANTAR yanditse ku itariki ya: 12-12-2016  →  Musubize

Urugendo Rwiza Kuri Rayon Sport Irusizi.

MAST JEYY yanditse ku itariki ya: 22-10-2016  →  Musubize

ese koshakakuba umufana wa rayon nakoriki ? musubize kukondayikunda cyane nahubundi nikomerezaho igure abakinnyi murakoze

peter yanditse ku itariki ya: 13-10-2016  →  Musubize

Mumeze neza none amakuru yo muri GASENYI NI AYAHE?

NIYOMUGABO yanditse ku itariki ya: 2-09-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka