• Isonga FC yahangamuye Rayon Sport

    Isonga FC yatunguye Rayon Sport iyitsinda ibitego 3 kuri 1 mu mukino umwe gusa wa shampiyona wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo tariki 04/02/2012.



  • Koperative Intumwa za Huye mu mwambaro wamamaza Mukura.

    Banyonga igare bamenyekanisha Mukura

    Abanyonzi bibumbiye muri koperative intumwa za Huye bo mu Karere ka Huye bakora akazi kabo bamamaza ikipe ya Mukura yo muri ako karere. Mu gikorwa cyo kwizihiza umunsi w’intwari, baserukanye umwenda mushya w’akazi ugaragara mu mabara ya Mukura: umukara n’umuhondo.



  • Mukura yasezereye Etincelles hitabajwe za penaliti

    Mukura yabonye itike yo kuzakina ¼ cy’irangiza mu gikombe cy’Amahoro, nyuma yo gusezerera Etincelles bigoranye kuko muri uwo mukino wabereye kuri stade Amahoro tariki 01/02/2012 hitabajwe za penaliti.



  • Ntagungira yijeje Blater kongera ingufu mu mupira w’abana

    Nyuma y’amezi atatu amaze ku buyobozi bwa FERWAFA, kuri uyu wa mbere Ntagungira Celestin ‘Abega’ yasuye umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) Joseph Sepp Blater, maze baganira ku by’ingenzi bizatuma umupira wo mu Rwanda utera imbere.



  • Kasambongo André arashaka impiduka muri AS Kigali

    Umutoza mushya wa AS Kigali, Kasambongo André, arifuza ko iyo kipe yakongera kujya mu ruhando rw’amakipe atsinda kuko aje kuyitoza iri ku mwanya wa nyuma ku rutonde rwa shampiyona.



  • Musanze FC yatsinze Rwamagana ihita inayambura umwanya wa mbere

    Muri shampiyona y’icyiciro cya kabiri yari igeze ku munsi wa cyenda, mu mukino wari ukomeye kurenza indi, ku cyumweru tariki 29/01/2012, Musanze FC yatsinze Rwamagana City ibitego 2 ku busa ihita inayisimbura ku mwanya wa mbere.



  • Isonga FC yatesheje amanota Etincelles

    Isonga FC yabujije Etincelles kuzamuka ku rutonde rwa shampiyona ku cyumeru tariki 29/01/2012, ubwo aya makipe yanganyaga ibitego 2 kuri 2 mu mukino wa shampiyona wabereye kuri sitade Umuganda i Rubavu.



  • Uruzinduko rw’abayobozi ba FERWAFA muri FIFA rushobora kuzamura umupira w’u Rwanda

    Mu rugendo bateganya kugirira ku cyicaro cya FIFA tariki 30/01/2012, Abayobozi ba FERWFA bafite byinshi bazasaba umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), Sep Joseph Blater, gutera inkunga umupira w’amaguru mu Rwanda.



  • Richard Twagirayezu yahagaritswe amezi atatu adasifura

    Umusifuzi wari usanzwe emenyerewe gusifura hagati mu kibuga, Richard Twagirayezu, ntazongera gusifura umupira w’amaguru mu gihe kingana n’amezi atatu, kubera amakosa yakoze ubwo yasifuraha umukino wahuje APR FC na Nyanza FC i Nyanza tariki 21/01/2012.



  • Umutoza wa Police FC yafatiwe ibihano

    Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryamaze guhagarika umutoza wa Police FC, Goran Kuponovic, kubera imyitwarire mibi yagaragaje ku kibuga.



  • APR yatangaje abakinnyi izakinisha muri champions League

    APR izahagararira u Rwanda mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika (Orange CAF Champions League), yamaze gushyira ahagaragara urutonde rw’abakinnyi izakoresha.



  • “Navuze ko Arsène Wenger akwiye guhindura imikorere sinavuze ngo aveho” - Perezida Kagame

    Ku rubuga rwe rwa Twitter, uyu munsi, Perezida Kagame yavuze ko mu magambo yaganiriye n’umunyamakuru witwa Philip Etale wo muri Kenya ntaho yigeze avuga ko Arsene Wenger agomba kuvaho ahubwo yavuze ko we abona akwiye guhindura imikorere.



  • Amagaju FC yareze Espoir ko yakinishije umukinnyi ufite ikarita mpimbano

    Ikipe y’Amagaju, binyuze mu ibaruwa yashizweho umukono n’umunyamabanga wayo, yamaze kwandikira FERWAFA isaba ko Espoir FC bakinnye ikabatsinda ibitego 4 kuri 3, yafatirwa ibihano kuko ngo yakinishije umukinnyi ufite ikarita y’impimbano.



  • APR FC yafashe umwanya wa mbere

    APR FC yasimbuye Mukura VS ku mwanya wa mbere, tariki 21/01/2012, nyuma yo gutsinda Nyanza FC igitego kimwe ku busa, mu gihe Mukura yatsinzwe na Kiyovu Sport igitego kimwe ku busa.



  • Akarere ka Rubavu kahaye Etincelles amafaranga miliyoni 10

    Ku ngengo y’imari y’uyu mwaka ya miliyoni 25 Etincelles igomba kuzakoresha muri shampiyona, hiyongereyeho izindi 10 yahawe n’akarere ka Rubavu kugira ngo ikipe ikomeze kwiyubaka no gushaka umwanya mwiza muri shampiyona.



  • Ni nde uzegukana CAN 2012?

    Mu gihe hasigaye amasaha make kugirango irushanwa ry’igikombe cy’Afurika cy’ibihugu (CAN) mu mupira w’amaguru rigiye kuba ku nshuro ya 28 ritangire abantu benshi by’umwihariko abakunzi ba ruhago muri Afurika bakomeje kwibaza igihugu kizegukana iri rushanwa.



  • Mbarushimana arahamya ko ibibazo Nyanza FC yari ifite birimo gukemuka

    Umutoza wa Nyanza FC, Abdou Mbarushimana, aratangaza ko iyo kipe yagarutse ku murongo wo gutsinda nyuma y’igihe kikini iyo kipe yari imaze ku rutonde rw’amakipe ashobora gusubira mu cyiciro cya kabiri.



  • APR yatsinze isonga FC ihita ijya ku mwanya wa kabiri

    APR FC ubu iri ku mwanya wa kabiri muri shampiyona nyuma yo gutsinda Isonga FC ibitego bibiri kuri kimwe mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro tariki 18/01/2012.



  • Ibiganiro hagati ya Abega na Tchité ntacyo byagezeho

    Ibiganiro umuyobozi wa FERWAFA, Ntagungira Celestin ‘Abega’ yagiranye n’ukinnyi w’Umunyarwanda ukina mu Bubiligi, Gasana Muhammed Tchité, amushishikariza kuza gukinira Amavubi ntacyo byagezeho.



  • Douglas na Diego baguzwe na APR FC.

    APR , Police na Kiyovu zabimburiye andi makipe kuzana abakinnyi bashya

    Abakinnyi batandatu bakomoka hanze y’u Rwanda ni bo bamaze kubona uburenganzira bwo gukina muri shampiyona y’u Rwanda. Baguzwe na APR FC, Police FC na Kiyovu Sport.



  • Rayon Sport yahangamuye Police FC

    Rayon Sport yegukanye amanota atatu mu mukino wa shampiyona wayihuje na Police FC ubwo yayitsindaga ibitego 3 kuri 1 kuri stade Amahoro i Remera ejo tariki 15/01/2012.



  • Meddie Kagere ari hafi kwerekeza muri Saint George

    Rutahizamu ukinira Police FC n’ikipe y’igihugu, Meddie Kagere, amaze iminsi yifuzwa n’amakipe akomeye muri aka karere ariko ikipe ifite amahirwe menshi yo kumwegukana ni Saint George yo muri Ethiopia.



  • Ntagwabira yamaze kurambagiza abakinnyi batatu azagura muri uku kwezi

    Umutoza wa Rayon Sport, Jean Marie Ntagwabira, aratangaza ko yamaze kubona abakinnyi batatu azagura kandi barumvikanye, gusa ngo amazina yabo aracyari ibanga.



  • Tchité arashakwa cyane n’ikipe ya Al Shabab

    Umusore ufite inkomoko mu Rwanda Gasana Muhamed Tchité ukinira ikipe ya Standard de Liège mu Bubiligi arifuzwa cyane n’ikipe ya Al Shabab Riyadh yo muri Arabia Saoudite.



  • La Liga ni yo shampiyona ya mbere ku isi

    Nk’uko isanzwe ibikora buri mwaka, Fédération Internationale de l’Histoire et des Statistiques du Football, uyu mwaka yashyize shampiyona y’igihugu ya Espagne (La Liga) ku mwanya wa mbere ku isi.



  • Mukura izacakirana na Etincelles muri 1/8 cy’igikombe cy’amahoro

    Muri 1/8 mu gikombe cy’Amahoro, Mukura iri ku mwanya wa mbere muri shampiyona y’u Rwanda izacakirana na Etincelles iri ku mwanya wa gatanu ikaba kandi nayo ifite inararibonye mu mupira w’amaguru mu Rwanda. Iyo mikino ikazaba tariki ya mbere Gashyantare.



  • Nshimiyimana azatangira gutoza Isonga FC tariki 11/01/2012

    Umutoza mushya w’Isonga FC, Eric Nshimiyimana, azatangira akazi ku mugaragaro ku wa gatatu tariki 11/01/2012, ubwo Isonga FC izaba yasuye Marine FC.



  • “Tugomba gukina n’amakipe akomeye kugirango tuzatsinde Nigeria”-Karekezi

    Kapiteni w’ikipe y’igihugu, Olivier Karekezi, avuga ko u Rwanda rukinnye imikino ya giciti n’amakipe y’ibihugu akomeye byafasha u Rwanda kwitegura neza umukino ruzakina na Nigeria ndetse bakazabasha no kuyitsinda.



  • APR FC yasezereye Isonga FC mu gikombe cy’Amahoro

    APR FC, ikipe yatwaye igikombe cy’Amahoro giheruka, yateye intambwe yo kongera kugitwara nyuma yo gusezerera Isonga FC iyitsinze igitego kimwe kuri stade ya Kigali i Nyamirambo tariki 08/01/2012.



  • Abana biga mu ishuri rya Higiro n

    Higiro yiyemeje gukemura ikibazo cy’abanyezamu mu Rwanda

    Uwahoze ari umutoza w’abanyezamu mu ikipe y’igihugu, Thomas Higiro, yashinze ishuri ryigisha abana bakina umupira w’amaguru mu rwego rw’abanyezamu. Ibi ngo yabikoze mu rwego rwo gushaka umuti w’ikibazo cy’abanyezamu kigenda kigaragara mu makipe yo mu Rwanda, no mu ikipe y’igihugu.



Izindi nkuru: