Basketball: Ikipe y’u Rwanda yerekeje muri Angola mu mikino ya AfroCan 2023

Mu rukerera rwo kuri uyu Kane ikipe y’u Rwanda yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Angola aho igiye kwitabira imikino ya AfroCan 2023.

Iyi kipe yahagurukanye abakinnyi 12 ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kanombe ku i Saa Saba n’iminota 45 z’ijoro iyobowe n’umutoza mukuru Murenzi Yves wungirijwe na Gasana Kenneth usanzwe ari kapiteni w’ikipe y’igihugu ariko kuri ubu akaba yaravunitse atazakina, ndetse na Mugabe Aristide.

Ikipe y'u Rwanda yahagurutse yerekeza muri Angola mu mikino ya Afrocan
Ikipe y’u Rwanda yahagurutse yerekeza muri Angola mu mikino ya Afrocan

Ikipe y’u Rwanda igiye gukina iyi mikino izatangira tariki ya 8 igasozwa tariki 16 Nyakanga 2023 nyuma yo kubona itike yo guhagararira akarere ka Gatanu (Zone 5), muri iri rushanwa yegukanye igikombe cy’aka karere itsinze u Burundi ku mukino wa nyuma amanota 70-48 mu mikino yabereye muri Tanzania hagati y’itariki 17 kugeza 23 Kamena 2023.

Kuri iyi nshuro Gasana Kenneth usanzwe ari kapiteni w'ikipe y'igihugu yagiye ari umutoza wungirije kubera imvune afite
Kuri iyi nshuro Gasana Kenneth usanzwe ari kapiteni w’ikipe y’igihugu yagiye ari umutoza wungirije kubera imvune afite

Biteganyijwe ko umukino wa mbere u Rwanda ruzawukina na Tunisia ku wa Gatandatu tariki 8 Nyakanga 2023 mu itsinda rya gatatu ibi bihugu byombi bihuriyemo na Maroc.

Abakinnyi 12 ikipe y’u Rwanda yajyanye:

1. Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson
2. Furaha Cadeaux de Dieu
3. Manzi Dan
4. Ndizeye Ndayisaba Dieudonne
5. Hagumitwari Steve
6. Kendal Gray
7. William Robyens
8. Rutatika Sano Dick
9. Ntore Habimana
10. Ngabonziza Patrick
11. Turatsinze Olivier
12. Kazeneza Emile Galoi
.

Imikino u Rwanda rwakinnye rushaka itike yo kwitabira iyi mikino
Imikino u Rwanda rwakinnye rushaka itike yo kwitabira iyi mikino
Gahunda y'imikino y'amatsinda
Gahunda y’imikino y’amatsinda
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka