IPRC-Kigali BBC niyo yegukanye igikombe cy’Intwari

Ikipe y’umukino wa Basketball, IPRC-Kigali BBC niyo yatwaye igikombe cy’Intwari (Basket Heroes Tournament 2017) nyuma yo gutsinda Espoir BBC.

IPRC-Kigali BBC niyo yegukanye igikombe cy'Intwari
IPRC-Kigali BBC niyo yegukanye igikombe cy’Intwari

Yagitwaye ubwo hasozwaga irushanwa ry’igikombe cy’Intwari, kuri iki cyumweru tariki ya 05 Mutarama 2017.

Umukino wa nyuma wabereye kuri Stade Amahoro i Remera, aho IPRC-Kigali BBC yahuye na Espoir BBC maze umukino urangira IPRC-Kigali itsinze Espoir ku manota 76 kuri 65.

Buhake Albert, utoza IPRC-Kigali avuga ko gutwara igikombe byatewe nuko yabwiye abakinnyi be kwikuramo ko Espoire yabatsinze mu mikino y’amajonjora.

Agira ati “Icyadufashije ni uko mbere y’umukino nabwiye abakinnyi banjye kudatinya Espoir yari yadutsinze kandi nabonye byadufashije kuko twagendaga ducunganwa buhoro buhoro tukabarusha mu minota ya nyuma.”

Kapiteni wa IPRC-Kigali ashyikirizwa igikombe na Bugingo Emmanuel ushinzwe siporo muri MINISPOC
Kapiteni wa IPRC-Kigali ashyikirizwa igikombe na Bugingo Emmanuel ushinzwe siporo muri MINISPOC

Mwiseneza Maxime, umutoza wa Espoir avuga ko gutsindwa umukino wa nyuma byatewe n’abasifuzi. Aho avuga ko bakunze gusifura amakosa ku ikipe ye, amakosa avuga ko atari ngombwa.

Irushanwa igikombe cy’Intwari, ryari ryatangiye tariki ya 27 Mutarama 2017. Rikaba ryari ryitabiriwe n’amakipe umunai mu bagabo n’atatu mu bagore.

Igikombe cyo mu mwaka wa 2016 cyari cyatwawe na Patriots mu bagabo naho mu bagore cyari cyatwawe na Ubumwe ari nayo yongeye kukisubiza muri 2017.

Umuyobozi wa IPRC-Kigali yahawe igikombe ikipe ye yatsindiye akereka abafana
Umuyobozi wa IPRC-Kigali yahawe igikombe ikipe ye yatsindiye akereka abafana

Amakipe yari yitabiriye irushanwa:

Mu bagabo
1. PATRIOTS BBC
2. CSK BBC
3. APR BBC
4. ESPOIR BBC
5. IPRC Kigali BBC
6. UGB
7. IPRC-South BBC
8. REG BBC

Mu bagore

1. UBUMWE BBC
2. THE HOOPS RW G.T
3.APR BBC

Andi mafoto

Mu bakobwa Ubumwe nayo yashyikirijwe igikombe yatsindiye
Mu bakobwa Ubumwe nayo yashyikirijwe igikombe yatsindiye

Amafoto: Batamuriza Natasha

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka