Basketball: U Rwanda ruzacakirana na Cameroon na Tunisia mu gikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu y’umukino wa Basketball yamaze kumenya itsinda izaba irimo mu mikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika.

Ikipe y'igihugu ya Basketball izahura n'amakipe arimo iya Cameroon na Tunisia
Ikipe y’igihugu ya Basketball izahura n’amakipe arimo iya Cameroon na Tunisia

Ni nyuma ya tombola y’amakipe azahura mu mikino y’igikombe cy’Afurika, yabereye mu Birwa bya Maurice yabaye ku cyumweru tariki ya 16 nyakanga 2017.

Biteganijwe ko iyo mikino ya nyuma izatangira ku itariki ya 08 Nzeli 2017 kugeza ku tariki ya 16 Nzeli 2017.

Izabera mu bihugu bibiri ari byo Senegal na Tunisia. U Rwanda ruzaba ruri mu itsinda rya gatatu aho ruzaba ruri kumwe na Cameroon, Guinea na Tunisia izakira iyo mikino.

Amakipe ari mu itsinda rya mbere n’irya gatatu azakinira mu gihugu cya Tunisia mu gihe andi matsinda abiri irya kabiri n’irya kane azakinira mu gihugu cya Senegal.
Ariko imikino ya nyuma kuva muri ½ cy’irangiza bazakinira mu gihugu cya Tunisia.

Dore uko amatsinda ateye:

Itsinda rya mbere(Rizakinira Tunis/Tunisia)

1. Nigeria

2.Cote D’ivoire

3.RD Congo

4. Mali

Itsinda rya kabiri (Rizakinira Dakar/Senegal)

1.Angola

2.Centre Africa

3.Morocco

4.Uganda

Itsinda rya gatatu (Rizakinira Tunis/Tunisia)

1.Tunisia

2.Rwanda

3.Guinee

4.Cameroon

Itsinda rya kane (Rizakinira Dakar/Senegal)

1.Senegal

2.Mozambique

3.Egypt

4.South Africa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka