Incamake ya Week-End: Marathon na Handball intsinzi zarabonetse, Football byongera kwanga

Mu mupira w’amaguru, Rayon Sports yongeye gutakaza , Amavubi mato asezererwa na Zambia

Shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda iyari yakomeje, aho umukino wari witezwe wahuje Rayon Sports na Etincelles, waje kurangira amkipe yombi anganya igitego 1-1, aho Etincelles ari yo yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Mugenzi Cedrick kuri Penaliti, kishyurwa na Shabban Hussein Tchabalala.

Uko imikino y’umunsi wa 24 yagenze

Ku wa Gatandatu tariki 19/05/2018

Kirehe 0-2 Sunrise
Police 3-0 Espoir Fc

Ku Cyumweru tariki 20/05/2018

Rayon Sports FC 1-1 Etincelles FC
Miroplast FC 0-2 Musanze FC
Gicumbi FC 0-0 Mukura VS

Ku wa mbere tariki 21/05/2018

APR Fc vs Amagaju

Ku wa kabiri tariki 22/05/2018

Kiyovu vs AS Kigali

Amavubi atarengeje imyaka 20 yasezerewe na Zambia
Amavubi atarengeje imyaka 20 yasezerewe na Zambia

Ku rundi ruhande, Amavubi y’abatarengeje imyaka 20 yari i Lusaka muri Zambia, aho yaje gusezererwa mu gushaka itike yo kwerekeza muri CAN ya 2019, ni nyuma yo kunganya na Zambia igitego 1-1, mu gihe umukino ubanza wari warangiye Zambia ibatsindiye i Kigali ibitego 2-0.

Muri Volleyball

Kuri uyu wa Gatandatu i Gisagara habereye umukino wa Gatatu wa Playoff, aho Gisagara yatsinze APR vc amaseti 3-1 (25-21,25-15,20-25 na 25-20).

Gisagara VC nyuma yo gutsinda APR VC imikino 2-1(3-0, 2-3 na 3-1) yageze ku mukino wa nyuma aho izakina na REG VC yo yatsinze UTB imikino 2-0 (3-1 na 3-1), aho umukino wa mbere uzabera i Gisagara tariki 26/05/2018 ku i Saa Cyenda.

Mu bagore naho bakinnye umunsi wa mbere wa playoffs

APR VC 3-0 Ruhango VC (25-11,25-17 na 25-18)

RRA VC 3-0 KVC (25-12, 25-19, 25-18)

Mu magare, Rwanda Cycling Cup yari yakomeje, Benediction Club yongera kwigaragaza

Uwizeyimana Bonaventure ukinira ikipe ya Benediction Club yegukanye isiganwa ry’amagare ryiswe ”Farmers Circuit.”, isiganwa yegukanye nyuma y’akazi gakomeye kari kakozwe na bagenzi be bakinana barimo Munyaneza Didier, Gasore Hategeka, na Byukusenge Patrick

Mu bakobwa Nzayisenga Valentine w’imyaka 15 ukinira ya Benediction ni we witwaye neza mu bakobwa nyuma y’ibirometero 92, asoza ari we uri ku mwanya wa mbere.

Basketball, APR na REG zegukanye ibikombe bya GMT

Kuri iki cyumweru ni bwo hasojwe irushanwa ryahariwe kwibuka aba ari abakunzi, abakinnyi, abatoza ndetse n’abayobozi muri Basketball, bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.

REG BBC niyo yegukanye irushanwa ry'uyu mwaka
REG BBC niyo yegukanye irushanwa ry’uyu mwaka
APR yabaye iya kabiri yegukana ibihumbi 300
APR yabaye iya kabiri yegukana ibihumbi 300

Mu bagabo, ikipe ya REG niyo yegukanye iri rushanwa, nyuma yo gutsinda APR BBC amanota 84 kuri 45, naho mu bagore APR BBC igitwara nyuma yo kurangiza irushanwa n’amanota 15, aho yanganyaga na IPRC, gusa APR igitwara kuko mu mukino bahuye APR yayitsinze

APR BBC y'abakobwa yegukanye igikombe
APR BBC y’abakobwa yegukanye igikombe

Handball

Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 yari iherereye muri Uganda, yegukanye igikombe kizwi nka IHF Challenge trophy, nyuma yo gutsinda Uganda ibitego 32 kuri 27, mu irushanwa ryahuzaga ibihugu icyenda bigize akarere ka gatanu k’imikino muri Afurika (Zone 5), aho u Rwanda ku mukino wa nyuma rutsinze Uganda

U Rwanda rwageze ku mukino wa nyuma rutsinze imikino ine yose yo mu matsinda (Uganda, Sudani, Burundi na Somalia), rutsinda Kenya muri 1/2, aho nyuma yo kwegukana iki gikombe u Rwanda rwari runafite, aba basore bahise bakatisha itike yo kwerekza mu gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 20 kizabera muri Maroc mu kwezi kwa 11 hatagize igihinduka.

Isiganwa mpuzamahanga ryitiriwe amahoro

Ni isiganwa ryabaye guhera i Saa moya mu mihanda ya Kigali, aho basiganwa basiganwe mu byiciro bitatu bitandukanye, birimo Marathon yuzuye/Full Marathon (42kms), Igice cya Marathon/Half Marathon (21kms), ndetse na Run for Peace y’abakina byo kwishimisha (1okms).

Nyirarukundo Salome yambikwa umudari wa zahabu
Nyirarukundo Salome yambikwa umudari wa zahabu

Mu gice cya Marathon mu bagore, umwanya wa mbere wegukanywe na Salome Nyirarukundo Salome wakoresheje isaha imwe, iminota 28 n’amasegonda 53, akurikirwa na Esther Chesang Kakuri wo muri Kenya, umunyarwandakazi Yankurije Marthe aza ku mwanya wa gatatu.

Mu gice cya Marathon ku bagabo, Hitimana Noel nawe yaje kwegukana umwanya wa mbere akoresheje isaha imwe, iminota 16 n’amasegonda 16, akurikirwa n’abanya-Kenya babiri.

Nyirarukundo Salome yahawe igihembo cya Milioni imwe
Nyirarukundo Salome yahawe igihembo cya Milioni imwe
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka