Amafoto: Ku munsi wa mbere w’irushanwa Nyafurika ry’amagare u Rwanda rutahanye imidari ine

Ku munsi wa mbere w’irushanwa Nyafurika ry’amagare riri kubera mu Rwanda, u Rwanda rwegukanye imidari ine uwa zahabu, iya Argent ibiri ndetse n’uwa Bronze ku byiciro byarushanyijwe uyu munsi.

Ikipe y'u Rwanda y'abakuru yegukanye umwanya wa kabiri yambikwa umudari wa Silver
Ikipe y’u Rwanda y’abakuru yegukanye umwanya wa kabiri yambikwa umudari wa Silver

Ku munsi wa mbere wa Shampiona nyafurika y’umukino w’amagare, hakinwe icyiciro cyo gusiganwa n’igihe, aho abasiganwa bakiniraga mu makipe agiye agizwe n’abakinnui bane, aho u Rwanda na Eritrea ari byo bihugu byegukanye imidari myinshi.

Ku ruhande rw’amakipe y’u Rwanda, umudari wa Zahabu wegukanywe n’ikipe y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 18, barushanwaga basiganwa n’isaha, bakaba bakurikiwe n’ikipe ya Erithrea.

Imidari ibiri ya Silver yegukanywe n’ikipe y’abagabo batarengeje imyaka 18 ndetse n’ikipe y’abagabo bakuru, aya makipe yombi akaba yakurikiye amakipe ya Erithrea yo muri ibyo byiciro byombi.

Cogebangque yishimiye uko aba bakinnyi Valens Ndayisenga na Adrien Niyonshuti bitwaye, aba bafite imizi mu ikipe ya Les Amis Sportifs batera inkunga
Cogebangque yishimiye uko aba bakinnyi Valens Ndayisenga na Adrien Niyonshuti bitwaye, aba bafite imizi mu ikipe ya Les Amis Sportifs batera inkunga

Ibyiciro byakinwe ku munsi wa mbere

Gusiganwa n’igihe mu makipe (Abakobwa b’abangavu) – 18,6 km
Gusiganwa n’igihe mu makipe (Ingimbi) – 18,6 km
Gusiganwa n’igihe mu makipe (Abakobwa bakuru) – 40,0 km
Gusiganwa n’igihe mu makipe (Abagabo bakuru) – 40,0 km

ku munsi w’ejo iri rushanwa rizakomeza aho abakinnyi bazaba basiganwa n’isaha ariko bakazaba bakina buri muntu ku giti cye (Individual Time trial).

Dr. Mohamed Wagih Azzam, Umuyobozi w'impuzamashyirahamwe y'umukino w'amagare muri Afurika, yambika imidari ikipe y'u Rwanda y'abakobwa
Dr. Mohamed Wagih Azzam, Umuyobozi w’impuzamashyirahamwe y’umukino w’amagare muri Afurika, yambika imidari ikipe y’u Rwanda y’abakobwa

Uko ibihugu byagiye byegukana imidari

Icyiciro cya Junior

Abakobwa

1.Rwanda
2.Burundi

Abahungu

1.Eritrea (Zahabu)
2.Rwanda (Silver)
3.Namibia (Bronze)

Abakuru

Abagabo

1.Eritrea (Zahabu)
2.Rwanda (Silver)
3.Algeria (Bronze)

Abagore

1.Ethiopia (Zahabu)
2.Eritrea (Silver)
3.Rwanda (Bronze)

Andi mafoto yaranze umunsi wa mbere

Adrien Niyonshuti, kapiteni wa Team Rwanda muri iri rushanwa
Adrien Niyonshuti, kapiteni wa Team Rwanda muri iri rushanwa
Abasore b'u Rwanda bakiri bato bitwaye neza
Abasore b’u Rwanda bakiri bato bitwaye neza
Inkumi zo muri Eritrea zenekewe n'iza Ethiopia
Inkumi zo muri Eritrea zenekewe n’iza Ethiopia
Umukobwa wo muri Ethiopia anyonga igare
Umukobwa wo muri Ethiopia anyonga igare
Banyuka igare mu mihanda ya Kicukiro-Nyamata
Banyuka igare mu mihanda ya Kicukiro-Nyamata

Amafoto: Muzogeye Plaisir

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Tubarinyumamukomereze aho

Nshimiyimanajohn yanditse ku itariki ya: 15-02-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka