Intero ni ugutwara Tour du Rwanda ku banyarwanda bari gusoza imyitozo- Amafoto

Amakipe atatu azahagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda ari hafi gusoza imyitozo i Musanze, aho bose bafite icyizere cyo kwegukana Tour du Rwanda 2017

Mu kigo cy’umukino w’amagare giherere mu karere ka Musanze mu murenge wa Cyuve (Africa Rising Cycling center), hakomeje umwiherero w’amakipe atatu azahagararira u Rwanda muri Tour du Rwanda 2017.

Kuri uyu wa Kabiri ubwo Kigali Today yasuraga aba bakinnyi mu myitozo, twasanze bose bafite icyizere cyo kwegukana iri siganwa, aho ndetse n’umutoza wabo Sterling Magnell avuga ko abona bahagaze neza.

"Imyitozo yagenze neza, abakinnyi bari mu mwuka wo gutsinda, ababa bakiri bashya ndetse n’abasanzwe muri iyi kipe bafite imbaraga nyinshi uyu mwaka, ndetse na bariya bakina hanze nabo ubona ko bazamuye urwego cyane" Sterling Magnell, umutoza wa Team Rwanda

Sterling Magnell akurikirana imyitozo y'abakinnyi b'u Rwanda
Sterling Magnell akurikirana imyitozo y’abakinnyi b’u Rwanda

Ibi kandi abihuza na Patrick Byukusenge, Kapiteni w’aba abakinnyi, uvuga ko byanze bikunze iri siganwa rigomba gusigara mu Rwanda kuko bakoze imyitozo ikomeye, ndetse n’abakina hanze ubona ko bazamuye urwego kuko bakina amarushanwa akomeye.

Patrick Byukusenge yadutangarije ko abakinnyi abereye kapiteni bahagaze neza
Patrick Byukusenge yadutangarije ko abakinnyi abereye kapiteni bahagaze neza

Yagize ati "Imyitozo twarayirangije, ubu turi kugarura imbaraga twatakaje, abakinnyi bo mu Rwanda nta mukinnyi dufite woroshye, n’abakiri bato nabo bavuye gukina amarushanwa akomeye hanze harimo no muri Amerika".

Patrick Byukusenge mu myitozo
Patrick Byukusenge mu myitozo

Amafoto y’imiyotozo kuri uyu wa Kabiri

Jean Claude Uwizeye wa Team Rwanda
Jean Claude Uwizeye wa Team Rwanda
Munyaneza Didier umaze iminsi yitwara neza, azaba akina Tour du Rwanda ye ya mbere
Munyaneza Didier umaze iminsi yitwara neza, azaba akina Tour du Rwanda ye ya mbere
Ahaherereye ikigo cya mbere muri Afurika cy'umukino w'amagare
Ahaherereye ikigo cya mbere muri Afurika cy’umukino w’amagare
Rafiki Jean de Dieu wahoze akina uyu mukino, ubu amaze kuba indashyikirwa mu gukanisha amagare, aha yateranyaga ayo bazakinisha
Rafiki Jean de Dieu wahoze akina uyu mukino, ubu amaze kuba indashyikirwa mu gukanisha amagare, aha yateranyaga ayo bazakinisha
Rafiki Jean de Dieu ateranya amagare
Rafiki Jean de Dieu ateranya amagare
Uwayezu Sandrine, umukanishi w'amagare w'umukobwa wenyine w'umunyarwandakazi
Uwayezu Sandrine, umukanishi w’amagare w’umukobwa wenyine w’umunyarwandakazi
Uwayezu Sandrine uzaba afasha amwe mu makipe azakina Tour du Rwanda
Uwayezu Sandrine uzaba afasha amwe mu makipe azakina Tour du Rwanda
Undi mukanishi nawe uri guteranya amagare azifashishwa muri Tour du Rwanda
Undi mukanishi nawe uri guteranya amagare azifashishwa muri Tour du Rwanda
Areruya Joseph, Valens Ndayisenga na Mugisha Samuel biteguye kuzamura ibendera ry'igihugu, n'ubwo bakinira amakipe yo hanze
Areruya Joseph, Valens Ndayisenga na Mugisha Samuel biteguye kuzamura ibendera ry’igihugu, n’ubwo bakinira amakipe yo hanze
Valens Ndayisenga na Mugisha Samuel nyuma y'imyitozo
Valens Ndayisenga na Mugisha Samuel nyuma y’imyitozo
Valens Ndayisenga umaze kwegukana Tour du Rwanda inshuro ebyiri
Valens Ndayisenga umaze kwegukana Tour du Rwanda inshuro ebyiri
Areruya Joseph na Valens Ndayisenga bahoze bakinana muri Les Amis Sportifs, ubu bose bakina hanze y'u Rwanda
Areruya Joseph na Valens Ndayisenga bahoze bakinana muri Les Amis Sportifs, ubu bose bakina hanze y’u Rwanda
Areruya Joseph, Mugisha Samuel na Valens Ndayisenga mu Kinigi mu myitozo
Areruya Joseph, Mugisha Samuel na Valens Ndayisenga mu Kinigi mu myitozo
Abakobwa barimo Ingabire Beatha nabo baba bakora imyitozo isanzwe
Abakobwa barimo Ingabire Beatha nabo baba bakora imyitozo isanzwe
Rugamba Janvier ukiri muto, agiye gukina Tour du Rwanda bwa mbere
Rugamba Janvier ukiri muto, agiye gukina Tour du Rwanda bwa mbere
Nsengimana Jean Bosco nyuma y'imyitozo
Nsengimana Jean Bosco nyuma y’imyitozo
Sterling Magnell akurikirana imyitozo y'abakinnyi b'u Rwanda
Sterling Magnell akurikirana imyitozo y’abakinnyi b’u Rwanda
Ephrem Tuyishimire na Rugamba Janvier bazaba bakinira Les Amis Sportifs
Ephrem Tuyishimire na Rugamba Janvier bazaba bakinira Les Amis Sportifs
N'ubwo ari imyitozo banyuzamo bakanahangana, aha batanguranwaga gusoza buri wese ari imbere y'abandi
N’ubwo ari imyitozo banyuzamo bakanahangana, aha batanguranwaga gusoza buri wese ari imbere y’abandi
Nyuma y'imyitozo basubira mu kigo
Nyuma y’imyitozo basubira mu kigo
Barenze umujyi wa Musanze berekeza za Rwaza na Kivuruga, undi we avuyeyo kuri Muserebende
Barenze umujyi wa Musanze berekeza za Rwaza na Kivuruga, undi we avuyeyo kuri Muserebende
Abagize amakipe y'u Rwanda intego ni uko Tour du Rwanda idashobora kwambuka umupaka uyu mwaka
Abagize amakipe y’u Rwanda intego ni uko Tour du Rwanda idashobora kwambuka umupaka uyu mwaka
Patrick Byukusenge mu myitozo
Patrick Byukusenge mu myitozo
Bose ku magare, gusa ntibahuje intego y'umunsi
Bose ku magare, gusa ntibahuje intego y’umunsi
Nsengimana Jean Bosco wegukanye Tour du Rwanda 2015, benshi nawe baramuha amahirwe yo kuyisubiza
Nsengimana Jean Bosco wegukanye Tour du Rwanda 2015, benshi nawe baramuha amahirwe yo kuyisubiza
Areruya Joseph bita Kimasa yiteguye nawe kwerakana ko yitoreza mu Butaliyani
Areruya Joseph bita Kimasa yiteguye nawe kwerakana ko yitoreza mu Butaliyani
Bahamya ko imyitozo bakoze uyu mwaka, itandukanye n'iyo mu yindi myaka, ubu bari gutera imbere
Bahamya ko imyitozo bakoze uyu mwaka, itandukanye n’iyo mu yindi myaka, ubu bari gutera imbere
Sterling Magnell na Mugisha Samuel mu myitozo
Sterling Magnell na Mugisha Samuel mu myitozo
Gasore Hategeka nawe ati nk'umusaza ngomba kwereka abana ko nkomeye
Gasore Hategeka nawe ati nk’umusaza ngomba kwereka abana ko nkomeye
Mugisha Samuel wa Dimension Data mu myitozo, intego nawe si igihembo cyo kuzamuka, ahubwo ni ukwegukana Tour du Rwanda
Mugisha Samuel wa Dimension Data mu myitozo, intego nawe si igihembo cyo kuzamuka, ahubwo ni ukwegukana Tour du Rwanda
Mu myitozo berekezaga mu muhanda uva Musanze ugana za Gakenke na Rulindo
Mu myitozo berekezaga mu muhanda uva Musanze ugana za Gakenke na Rulindo
Areruya Joseph mbere y'imyitozo abanza kwambara umwenda wa Dimension Data akinamo
Areruya Joseph mbere y’imyitozo abanza kwambara umwenda wa Dimension Data akinamo
Jean Claude Uwizeye wa Team Rwanda
Jean Claude Uwizeye wa Team Rwanda
Morale ni yose mbere y'isiganwa
Morale ni yose mbere y’isiganwa
Uwizeye Jean Claude uzaba ukinira ikipe y'igihugu y'u Rwanda
Uwizeye Jean Claude uzaba ukinira ikipe y’igihugu y’u Rwanda
Munyaneza Didier umaze iminsi yitwara neza, azaba akina Tour du Rwanda ye ya mbere
Munyaneza Didier umaze iminsi yitwara neza, azaba akina Tour du Rwanda ye ya mbere
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

nishimiye amakuru mumaye gusa ndaha amahirwe ukiniwabo Rene

shumbusho Augustin yanditse ku itariki ya: 8-11-2017  →  Musubize

Urakoze twabikosoye.

Chief Editor yanditse ku itariki ya: 8-11-2017  →  Musubize

iki kigo kiri mu murenge wa cyuve si uwa kinigi kuko hagati yumurenge wa kinigi naho iki kigo kiri harimo umurenge wa nyange naho ubundi tubari inyuma

pecker yanditse ku itariki ya: 8-11-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka