FERWACY yashyikirijwe impano y’imodoka yagenewe na Perezida wa Republika

Kuri uyu wa Kane ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yashyikirijwe impano y’imodoka yagenewe na Perezida wa Republika y’u Rwanda

Perezida wa Ferwacy AImable Bayingana nyuma yo gushyikirizwa iyi modoka
Perezida wa Ferwacy AImable Bayingana nyuma yo gushyikirizwa iyi modoka

Nyuma y’aho Perezida wa Republika y’u Rwanda Paul Kagame yemereye ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare inkunga izakomeza kubafasha kwitwara neza mu marushanwa atandukanye, kuri uyu wa Kane ni bwo Ubuyobozi bw’iri shyirahamwe bwashyikirizwaga inkunga y’imodoka ifite agaciro ka Milioni 60 Frws.

Abakinnyi n'abayobozi batandukanye bafata ifoto y'urwibutso
Abakinnyi n’abayobozi batandukanye bafata ifoto y’urwibutso

Iyi nkunga y’imodoka ije nyuma y’izindi nkunga zirimo amagare agezweho aba bakinnyi bifashisha mu marushanwa atandukanye, ndetse n’ibikoresho byo mu buzima busanzwe bifashisha mu kigo giherereye i Musanze aho bitoreza.

Aimable Bayingana, Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda, yatangaje ko bishimiye iyi nkunga bagenewe na Perezida wa Republika, kuko babona izabafasha kugera kuri byinshi.

Yagize ati "Yadushimishije cyane kuko ije tuyikeneye, ubu umukino wacu waragutse tuba dukeneye aho dutwara ibikoresho, izadufasha gutwara abakinnyi ndetse n’abatoza, kuko ni imodoka ikomeye kandi iri ku rwego rwiza"

Minisitiri muri Perezidansi Tugireyezu Venantie wari uhagarariye Perezidansi y’u Rwanda, yatangaje ko batazahwema gushyigikira uyu mukino ukomeje guhesha ishema igihugu, anabasaba ko u Rwanda rwaba igicumbi cy’amagare

Minisitiri muri Perezidansi Tugireyezu Venantie aha abitabiriye uyu muhango ubutumwa bwa Perezida wa Republika
Minisitiri muri Perezidansi Tugireyezu Venantie aha abitabiriye uyu muhango ubutumwa bwa Perezida wa Republika

"Kuki twe tutaba igicumbi cy’umukino w’amagare ku Isi, nk’uko za Brazil zizwi mu mupira w’amaguru, za Ethiopia mu gusiganwa? Turabizeza ko Leta y’u Rwanda izakomeza kubashyigikira nk’uko isanzwe inateza Siporo imbere, kandi by’umwihariko umukino w’amagare umaze iminsi uzamura ibendera ry’igihugu"

Aimable Bayingana uyobora Ferwacy yashimiye Perezida Kagame ukomeje kubatera inkunga ngo uyu mukino ukomeze gutera imbere
Aimable Bayingana uyobora Ferwacy yashimiye Perezida Kagame ukomeje kubatera inkunga ngo uyu mukino ukomeze gutera imbere

Andi mafoto yaranze uyu muhango

Amafoto: Muzogeye Plaisir

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Perezida nya kubahwa wa re pubulica yakoze cyane kubatera imbaraga mubyomukora nukuvagako mwishimye kandi komurakomezanya umuhati rero nyakubahwa ware pubulika yakoze cyane imana imushimire cyane murakoze.!

Fabrice yanditse ku itariki ya: 18-03-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka