Ascension de milles collines izaba tariki 19/05/2012

Irushanwa ryo kuzamura ubumenyi n’ubushobozi bw’abakinnyi b’amagare bakorera mu makipe (Ascension de milles collines) rizaba tariki 19/05/2012. Iri siganwa rizitabirwa n’amakipe yose akorera mu Rwanda n’abanyonzi basagana 30.

Muri iri rushanwa ibihembo bitangwa hakurikijwe imyitwarire y’amakipe kuko gukina mu makipe nabyo ari ubuhanga.

Murenzi Emmanuel, umunyamabanga mu ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda avuga ko iryo rushanwa ari uburyo bwo kuzamura gukinira hamwe kuko ari imwe mu mbogamizi Team Rwanda yagiye ihura nazo. Ati ”kuba uwa mbere gusa ntibiba bihagije, iyo wakinanye na bagenzi bawe umenya uko mwitwara nk’ikipe.”

Murenzi avuga ko mu gihe cyashize gukina mu makipe Abanyarwanda batabimenyaga kuko babaga batandukanye mu bushobozi.

Isiganwa rya 2011 ryitabiriwe n’amakipe 8 yo Rwanda ndetse n’ikipe yo muri Tanzaniya yakoreraga imyitozo mu Rwanda aho abanyonzi birutse kilometero 130. Mu bakoresheje amagare asanzwe, uwa mbere yabaye Mutabazi Janvier wo mu ikipe ya Kayonza.

Obedi Ruvogera iwe yabaye uwa mbere mu bafite amagare agezweho. Ikipe ya mbere yabaye BENEDICTION CLUB (Rubavu) yahawe ibihumbi 400 by’amafaranga y’u Rwanda n’imyenda yo kwambara.

Nyuma yo kuva mu isiganwa mpuzamahanga ryaberaga muri Gabon La Tropical Amissa Bongo babonye umwanya wa 7, ikipe y’igihugu Team Rwanda izitabira Tour of Eritrea kuva tariki ya 30 gicurasi kugeza kuya 3 kamena mu 2011.

Kayishema Tity Thierry

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka