Iyi mpanuka yabereye mu nzira iva i Musanze igana i Kigali, Rugambwa akaba yavaga Rubavu mu marushanwa yo gutegura abakinnyi bazitabira Tour Du Rwanda ya 2018.
Aya makuru yemejwe n’Umunyamabanga mukuru w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare, Murenzi Emmanuel mu ijoro ryo kuri iki cyumweru.
Rugambwa wari kuri moto ngo ageze hafi yo kwa Nyirangarama yashatse guca ku modoka ya RITCO, ahita ahura n’igikamyo kiramugonga ahita yitaba Imana.
Nyakwigendera Rugambwa yazamuye abakinnyi benshi bakomeye barimo abegukanye Tour du Rwanda nka Ndayisenga Valens ukina muri Pays Olonne Cycliste Côte de Lumière (POCCL), na Areruya Joseph ukinira Delko–Marseille Provence KTM yo mu Bufaransa.
Ibitekerezo ( 5 )
Ohereza igitekerezo
|
Imana imwakire mubayo,na mugezeho accident imajije kuba
imana imwakire mubayo kuko no ku isi yakoze ibikorwa byindashyikirwa.
imana imwakire mubayo twamukundaga cyane
Imana imwakire mubayo kuko yakoze gikorwa cyiza.
Mbega inkuru ibabaje.Ndasaba abakinnyi b’i Rwamagana n’ababyeyi be kwihangana.Accidents nyinshi ziterwa no kudepasa (depasser).Byamaze abantu.Yali akiri muto cyane.Jyewe nk’umukristu,ndibutsa abantu ko upfuye ashobora kuzazuka ku munsi w’imperuka nkuko Yesu yavuze muli Yohana 6:40.Igisabwa n’ugushaka imana mu gihe tukiriho,ntitwibere mu byisi gusa,kuko abibera mu byisi gusa,imana ibafata nk’abanzi bayo,nkuko Yakobo 4:4 havuga.Dukore kugirango tubeho,ariko kandi dushake n’imana cyane,kugirango izatuzure iduhe ubuzima bw’iteka muli paradizo.