Harabura ukwezi kuzuye ngo Tour du Rwanda 2017 itangire, Kigali Today yabateguriye amwe mu mafoto meza yaranze Tour du Rwanda 2016
Umukinnyi Hadi Janvier wari warasezeye umukino w’amagare, yamaze gusaba imbabazi Ferwacy n’umuyobozi wayo, asaba kugaruka mu ikipe y’igihugu.
Byukusenge Patrick ukinira Benediction club niwe waryegukanye yanikiye abandi, muri iri siganwa ry’Amagare ku gace ka karindwi ka Rwanda cycling Cup kitwa Muhazi Challenge.
Twizerane Mathieu ukinira ikipe ya Huye Cycling for All niwe wegukanye isiganwa rya Central Challenge mu irushanwa rya Rwanda Cycling Cup rigizwe n’uruhererekane rw’amasiganwa 11 aba buri mwaka.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ryamaze gushyira hanze urutonde rw’amakipe azitabira Tour du Rwanda 2017, harimo amakipe agiye kwitabira iri siganwa bwa mbere.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ryakiriye impano y’ibikoresho by’uwo mukino bifite agaciro ka Miliyoni 66Frws bagenewe n’Ishyirahamwe ry’uwo mukino mu Bubiligi.
Ndagijimana Daniel Utuye mu kagari ka Ruyonza mu murenge wa Ruramira muri Kayonza yegukanye irushanwa ryo gusiganwa ku magare bishimira intsinzi ya Perezida Paul Kagame.
Isiganwa “Tour de Gisagara” rizenguruka akarere ka Gisagara, kuri uyu wagatandatu ryegukanwe n’ Uwihoreye Bosco usanzwe atwara abagenzi ku igare mu karere ka Gisagara .
Muri Shampiona y’igihugu y’umukino w’amagare, Gasore Hategeka usigaye ukinira ikipe ya Nyabihu atsinze Valens Ndayisenga ku murongo usoza yegukana Shampiona y’igihugu
Muri Shampiona y’igihugu y’umukino w’amagare yatangiye kuri uyu wa Gatatu i Nyamata mu karere ka Bugesera, Adrien Niyonshuti ni we wabaye uwa mbere mu gusiganwa n’igihe umuntu ku giti cye
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare igiye kwitabira isiganwa ry’amagare rikomeye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika
Abatuye i Nyamata bagiye kureba bwa mbere isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda rigiye kuba ku nshuro ya cyenda mu Gushyingo 2017, rikazaba rigizwe na kirometero 819.
Umunyarwanda Areruya Joseph yegukanye agace ka gatatu k’isiganwa rizwi nka Giro d’Italia y’abatarengeje imyaka 23.
Bonaventure Uwizeyimana ukinira ikipe y’igihugu y’Amagare yamaze kumvikana n’ikipe ya LowestRates.ca yo muri Canada, aho agomba kuyerekezamo kuri uyu wa mbere.
Uwizeyimana Bonaventure ukinira ikipe ya Benediction y’i Rubavu ni we wegukanye isiganwa ry’amagare rytiriwe "Kwibuka", ryavaga mu Ruhango ryerekeza i Karongi
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) rigiye kwibuka abahoze ari abakinnyi, abayobozi n’abakunzi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Uwizeye Jean Claude yegukanye irushanwa rya kabiri ry’amagare rya Rwanda Cycling Cup 2017 nyuma yo gusiga bagenzi be akoresheje amasaha atatu n’iminota 41.
Ikipe nshya y’umukino w’amagare y’Akarere ka Karongi izwi nka Vision Sports Center, ngo ije gususurutsa no gukura mu bwigunge Akarere ka Karongi katagiraga undi mukino uhabarizwa.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda FERWACY butangaza ko uwahoze ari umuyobozi wungirije muri iri shyirahamwe Nyakwigendera Byemayire Lambert atazibagirana bitewe n’ibikorwa yakoze muri uyu mukino.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 1 Mata 2017 Nsengimana Jean Bosco ukinira ikipe ya Benediction mu magare yegukanye irushanwa ry’amagere Rwanda Cycling Cup 2017 nyuma yo gusiga bagenzi be akoresheje amasaha ane n’iminota 14.
Kuri uyu wa Gatandatu taliki 01 Mata 2017, mu Rwanda haratangira isiganwa ry’amagare Rwanda Cycling Cup rizenguruka u Rwanda,
Jonathan Boyer yaje mu Rwanda nk’umukozi wari ushinzwe gufasha abakinnyi ba siporo y’amagare, ariko asubiye iwabo nk’intwari yaharaniye iterambere ry’uyu mukino mu Rwanda.
Abanyamuryango b’ikipe y’umukino w’amagare mu Karere ka Huye (CCA) baratangaza ko igiye gutangira kwitabira amarushanwa yo mu Rwanda na mpuzamahanga.
Kuri uyu wa Kane ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yashyikirijwe impano y’imodoka yagenewe na Perezida wa Republika y’u Rwanda
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare irerekeza muri Cameroun kuri uyu wa Gatatu, aho ifite intego zo kwegukana isiganwa rya "Tour du Cameroun".
Muri Shampiona y’Afurika y’umukino w’amagare iri kubera Luxor muri Egypt, Areruya Joseph yegukanye umudari wa Bronze mu bakinnyi batarengeje imyaka 23, Valens Ndayisenga awegukana mu barengeje imyaka 23
Itsinda ry’abantu 16 baturutse muri Ireland ndetse n’Ubwongereza risanzwe rikorana n’umuryango witwa Tear Fund ryakusanyije Milioni zirenga 40 mu gihe cy’iminsi itatu gusa
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yegukanye umwanya wa gatatu muri Shampiona y’Afurika ibera mu Misiri (Egypt)
Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda Aimable Bayingana, yongeye gutorerwa kujya mu nama y’ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare muri Afurika.
Umuryango wa Tear Fund wateguye igikorwa cyo gutembera u Rwanda no gusura ibikorwa utera inkunga hifashishijwe amagare