Impuguke mu by’ubuzima bw’imyanya y’ubuhumekero zemeza ko gukora siporo yo kwiruka wambaye agapfukamunwa atari byiza kuko muri icyo gihe umubiri ukenera umwuka mwinshi wo guhumeka, ntuboneke uhagije bikaba byagira ingaruka ku muntu.
Umukinnyi w’imikino ngororamubiri Muhitira Felicien uzwi nka Magare arifuza kuzubaka ikibuga cy’umupira w’amaguru kiriho ubwatsi bw’ubukorano, ndetse n’aho bakinira imikino ngororamubiri (Piste ) mu Karere ka Bugesera.
Ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri mu Rwanda ryamaze gutangaza ko Isiganwa mpuzamahanga ryitiriwe Amahoro ryigijwe inyuma ho ukwezi kubera icyorezo cya Coronavirus
Ishyirahamwe ry’Imikino Olempike ku Isi ryemeje ko imkino Olempike yagombaga kubera i Tokyo mu Buyapani hagati y’itariki 24 Kamena na 9 Kanama 2020, yimuriwe umwaka utaha kubera icyorezo cya Coronavirus cyugarije isi.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje impinduka muri Siporo rusange ya Car Free Day, mu rwego rwo gukomeza gushyira mu bikorwa ingamba zo gukumira no kwirinda icyorezo cya Koronavirusi.
Abatuye mu Karere ka Burera bamaze kugira umuco gahunda ya siporo rusange, aho basigaye bayitabira kabiri mu kwezi bakemeza ko yagize uruhare mu migendekere myiza y’ubuzima bwabo.
Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, yatunguwe n’abaturage b’ingeri zinyuranye yasanze muri siporo ya bose muri gahunda ya ‘Car Free day’ yabereye mu Mujyi wa Musanze ku cyumweru ku itariki 09 Gahyantare 2020.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred, avuga ko inteko z’abaturage zo kuwa gatanu wa buri cyumweru zidakuraho siporo ku bakozi ba Leta.
Muhitira Felicien uzwi ku izina rya Magare, ni we wegukanye isiganwa ry’amaguru ryiswe ‘Huye Half Marathon’ mu bagabo ryabereye mu Karere ka Huye.
Muri gahunda ngarukakwezi ya ‛car free day’ ihoraho ya siporo rusange iba buri wa gatandatu w’icyumweru cya mbere n’uwa gatandatu w’icyumweru cya gatatu cy’ukwezi mu Karere ka Musanze, iyo ku itariki ya 07 Ukuboza 2019 yatunguye benshi aho umubare munini w’abayitabiriye wari ugizwe n’abasaza n’abakecuru.
Kuri iki cyumweru tariki 01 Ukuboza 2019 mu Mujyi wa Kigali habaye Siporo rusange izwi nka ‘Car Free Day’ aho ibinyabiziga biba byakumiriwe muri imwe mu mihanda kugira ngo yifashishwe n’abari muri siporo, bisanzuye.
Kuri iki cyumweru tariki ya 10 Ugushyingo 2019, i Athen mu Bugeleki, haberaga Marathon mpuzamahanga aho Umunyarwanda Muhitira Felicien bakunda kwita Magare yaje ku mwanya wa kabiri akurikiye Umunyakenya.
Akoresheje isaha 1 iminota 59 n’amasegonda 40, Eliud Kipchoge abaye umuntu wa mbere ku isi ukoresheje amasaha ari munsi y’abiri.
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa gatanu tariki 11 Ukwakira 2019, i Kigali habaye gahunda ya siporo rusange yo kugenda n’amaguru.
Niyonkuru Florence wiga kuri GS Bigugu na Habinshuti Alexis wiga kuri GS Muganza mu Karere ka Nyaruguru ni bamwe muri batandatu bafite imyaka iri munsi ya 18 bafashe indege ku wa 14/08/2019 saa16h50 berekeza mu gihugu cy’ u Budage mu mahugurwa n’ amarushanywa yo gusiganwa ku maguru (Athlétisme).
Mu irushanwa mpuzamahanga ryo gusiganwa ku maguru "Kigali International Peace Marathon", abanya-Kenya ni bo bihariye imyanya ya mbere
Ibihangange mu mukino wo gusiganwa ku maguru, Usain Bolt, Mo Farah na Tirunesh Dibaba Kenene byari byatumiwe muri Kigali International Peace Marathon ntibikije muri iri siganwa rizabera mu mujyi wa Kigali kuri iki cyumweru.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki 15 Gicurasi 2019, mu Mujyi wa Kigali habereye siporo yo kugenda n’amaguru (Kigali Night Run), isiganwa ahanini riri mu bice bigize Kigali International Peace Marathon.
Ibyamamare mu gusiganwa ku maguru birangajwe imbere na Usain Bolt na Mohamed Farah byatumiwe mu irushanwa mpuzamahanga ryo gusiganwa ku maguru (Kigali International Peace Marathon) riteganyijwe kuba ku itariki ya 16 Kamena 2019 i Kigali rikazatangirizwa i Remera kuri Stade Amahoro.
Kuri iki Cyumweru mu karere ka Bugesera hateganyijwe irushanwa ryo gusiganwa ku maguru rizwi nka 20 Km de Bugesera rizaba rikinwa ku nhsuro ya kane, aho abarenga ibihumbi bibiri bamaze kwiyandikisha.
Kuri uyu wa 2 Mata 2019, i Huye mu Ntara y’Amajyepfo hatangijwe imikino ya Olympic yateguwe n’Ishyirahamwe rya komite z’imikino ya Olympic z’ibihugu bya Afurika, ANOCA.
Ikipe y’igihugu y’umukino wo gusiganwa ku maguru igizwe n’abakinnyi bane irerekeza muri Denmark iri joro aho igiye guhatana muri shampiyona y’isi yo gusiganwa ku gasozi (Cross Country) izabera ahitwa Aarhus, kuri uyu wa gatandatu tariki ya 30 Werurwe 2019.
Abanyamuryango ba AVEGA Agahozo bo mu karere ka Musanze biyemeje ko buri kwezi bazajya bakora siporo kuko byagaragaye ko siporo ari ingirakamaro mu gukumira indwara zitandura nka diyabete n’umutima, binabafashe guhangana n’ihungabana.
Abatuye mu Karere ka Nyarugenge bitabiriye siporo rusange yabaye kuri iki cyumweru tariki 17 Werurwe 2019 bibukijwe ko siporo ari ingenzi mu kwirinda indwara zitandura.
Musabyimana Agnès umubyeyi w’imyaka 29, nyuma y’inzira ndende yanyuzemo yitoza gusiganwa ku maguru, inzozi ze zibaye impamo aho amaze gutsindira itiye yo guhagararira u Rwanda mu marushanwa y’isi azabera muri Denmark muri Werurwe 2019.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi Jean Marie Vianney yagereranyije abakozi ba Leta birengagiza umwanya wa siporo ya buri wa gatanu bagenewe na Leta, nk’imungu zimunga umutungo wa Leta.
Mu irushanwa ryo gusiganwa ku maguru ryabereye i Montréal muri CANADA, Umunyarwandakazi Nyirarukundo Salome yegukanye umwanya wa mbere
Umwera uturutse i Bukuru ukwira hose, ni umugani baca mu Kinyarwanda, bashaka kuvuga ko urugero rutanzwe n’abakuru cyangwa se n’abayobozi, ari rwo abato cyangwa se abayoborwa bakurikiza.
Mu isiganwa mpuzamahanga ryitiriwe amahoro ryabereye mu Rwanda, Nyirarukundo Salome na Hitimana Noel biegukanye imyanya ya mbere mu gice cya Marathon
U Rwanda rugiye kwakira ku nshuro ya 14 isiganwa mpuzamahanga ry’amahoro, bikaba biteganyijwe ko rizatwara Milioni 120 z’amafaranga y’u Rwanda