Uko amakipe azahura mu gikombe cy’Afurika cya Volleyball

Nyuma y’uko amakipe azakina igikombe cy’Afurika cya Volleyball mu bagore ashyiriwe mu matsinda,ikipe ya Rwanda Revenue irakina umukino wa mbere kuri uyu wa gatandatu

Kuri uyu wa kane muri Tunisia habereye Tombola y’uko amakipe azahura mu gikombe cy’Afurika,aho ikipe ya Rwanda Revenue Authority yatwaye igikombe cya Shampiona y’u Rwanda iri mu itsinda rya mbere ririmo Carthage (Tunisia), Ndejje (Uganda), Revenue (Rwanda) na Mechaal Bejaia (Algeria)

Ikipe ya Rwanda Revenue Authority ihagarariye u Rwanda
Ikipe ya Rwanda Revenue Authority ihagarariye u Rwanda

Iki gikombe kigizwe n’amakipe 17 agabanyije mu matsinda ane,naho imikino yo biteganijwe ko itangira kuri uyu wa gatanu taliki ya 22/04/2016 kikazarangira taliki ya 30/04/2016

Itsinda A: Carthage (Tunisia)- Ndejje (Uganda)- Revenue (Rwanda)- Mechaal Bejaia (Algeria)
Itsinda B: Ahly (Egypt)- Sfax (Tunisia)- Wilaya Bejaia (Algeria)- Bafia (Cameroon)
Itsinda C: Pipeline (Kenya)- FAP (Cameroon)- GSP (Algeria)- Police (Ghana)
Itsinda D: El Shams (Egypt)- Prisons (Kenya)- Ndella (Gabon)- Jos South (Nigeria)- Injis (Cameroon)

Uko amakipe ahura kuri uyu wa gatanu taliki 22, 2016

13:00 Pipeline (KEN) Vs Police (GHA) C
14:00 Ndella (GAB) Vs Elshams (EGY) D
15:00 INJS (CMR) Vs Prisons (KEN) D
16:00 Wilaya Bejaia (ALG) Vs Ahly (EGY) B
17:00 Bafia (CMR) Vs Sfaxien (TUN) B
18:00 Ndejje (UGA) Vs Carthage (TUN) A

Gahunda y’irushanwa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Ikipe yacu tuyirinyuma,twese.

Ny yanditse ku itariki ya: 24-04-2016  →  Musubize

iyo si imyambarire y’abanyarwandakazi

kigingi yanditse ku itariki ya: 24-04-2016  →  Musubize

abo bakobwa nizereko atari abanyarwandakazi kuko bambaye ubusa bikabije.Twiheshe agaciro n’ishema mumyambarire no mukazi dukora.

ndumiwe yanditse ku itariki ya: 23-04-2016  →  Musubize

Rwanda Revenue tuyifatiye iry’iburyo.
Muzadutsindire ayo makipi

mukesha yanditse ku itariki ya: 22-04-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka