Kuri uyu wa Kabiri kuri Kigali Pelé Stadium, APR FC yari yaruhukije abakinnyi yahatsindiye Etoile de l’Est igitego 1-0, mu mukino wa shampiyona w’ikirarane irusha Rayon Sports bitegura guhura amanota 10.
Kuri uyu wa Kabiri, Ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelles FC n’ubw’abafana bayo bahagaritse amezi atandatu batagera ku kibuga abazamuye ibyapa basaba ko yakwitabwaho n’Akarere ka Rubavu kubera ubukene yari irimo.
Izina Kepler muri siporo mu Rwanda rimaze gufata intera, bijyanye n’umusanzu iyi kaminuza imaze gutanga mu iterambere ry’imikino itandukanye.
Nyuma y’igihe mu ikipe ya Etincelles FC humvikana ubukene bwatumye idahembera abakinnyi n’abakozi ba yo ku gihe yabahembye ibirarane yari ibarimo.
Ku wa 2 no ku wa 3 Werurwe 2024, i Masoro mu Karere ka Gasabo hatangijwe umwaka w’imikino 2024 muri Tennis ikinirwa ku meza, mu bahungu Masengesho Patrick awutangira ayoboye bagenzi, mu gihe mu bakobwa Tumukunde Hervine ari we ubayoboye.
Umunyabigwi ndetse akaba n’icyamamare mu mukino wa Basketball Lebron James ukinira ikipe ya Los Angeles Lakers yanditse amateka nyuma yo kuzuza amanota ibihumbi 40 bitigezwe bikorwa n’undi mukinnyi muri uyu mukino.
Mu gihe shampiyona ya Volleyball mu Rwanda irimo gusatira umusozo w’imikino ibanza (First Leg), Matheus Aparecido Barbieri ni irindi zina rishya mugiye kuzabona muri shampiyona y’u Rwanda ya Volleyball guhera mu mikino yo kwishyura.
Ku Cyumweru tariki ya 3 Werurwe 2024, mu Karere ka Huye nibwo hasojwe irushanwa ngarukamwaka ryo kwibuka padiri Kayumba (Memorial Kayumba), aho amakipe ya Kepler mu bagabo na APR mu bagore yegukanye ibikombe.
Ikipe ya APR WFC na Forever WFC zatsinze imikino ibanza ya ½ yo gushaka itike ibajyana mu cyiciro cya mbere cy’umupira w’amaguru mu bagore, mu mikino yabaye mu mpera Ziki cyumweru
Rayon Sports itsinze Sunrise FC ibitego 2-0 mu buryo bworoshye, mu mukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona wabereye kuri stade y’Akarere ka Nyagatare, bakunze kwita Goligota.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Etincelles FC, bwabwiye abafana ko abari bafite ibyapa bitabariza ikipe byanditseho ko Akarere ka Rubavu katereranye ikipe mu mukino batsinzwemo na APR FC 1-0, ku wa 2 Werurwe 2024 bazabihanirwa.
Mu mpera z’iki cyumweru, kuva ku wa Gatanu tariki 01 kugeza ku wa Gatandatu tariki 02 Werurwe 2024, hakinwe imikino ya Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda mu mukino wa Basketball, maze amakipe arimo Patriots, REG, UGB na Espoir atsinda imikino yayo. Hakinwaga umunsi wa cyenda n’uwa cumi, imikino yombi ikaba yabereye (...)
Ikipe ya Etincelles FC yihagazeho ikina neza mu mukino w’umunsi wa 23, wabereye kuri Kigali Pelé Stadium ariko ihatsindirwa 1-0 na APR FC ikomeje kuyobora shampiyona.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Werurwe 2024, mu Karere ka Huye mu kigo cy’amashuri cya Groupe Scolaire Officiel de Butare, hatangiye irushanwa ngarukamwaka rya Volleyball (Memorial Kayumba 2024), aho amakipe yageze muri ½ yamaze kumenyekana.
Mu gihe habura amasaha make ngo ikipe ya Rayon Sports yakirwe na Sunrise FC, mu mukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona, umutoza w’ikipe ya Sunrise FC, Umugande Jackson Mayanja, avuga ko n’ubwo ikipe ya Rayon Sports ari ubukombe ikwiriye kubahwa, gusa mu kibuga ngo nta cyubahiro bayigomba habe na busa.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze Police FC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pelé Stadium, iyi kipe ya Police FC yuzuza imikino umunani idatsinda, AS Kigali ikaba yatsinzwe na Etoile de l’Est igitego 1-0.
Buri mu mukinnyi w’ikipe ya Etincelles FC yahawe amafaranga 1277 mu gihe bitegura APR FC mu mukino w’umunsi wa 23 wa shampiyona uzabera kuri Kigali Pelé Stadium ejo Ku wa Gatandatu batari bamenya ko ikipe izagera ku kibuga.
Umwongereza Andy Murray ukina umukino wa Tennis yatangaje ko imikino ya Olempike ya 2024 izabera i Paris izaba ari yo ya nyuma agahita asezera kuri uyu mukino.
Mu mpera z’iki cyumweru, mu Karere ka Huye mu kigo cy’amashuri cya Groupe Scolaire Officiel de Butare, harakinirwa irushanwa ngarukamwaka ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel, wabaye Umuyobozi wa Groupe Scolaire Officiel de Butare (Indatwa n’Inkesha) witabye Imana.
Inyubako y’ikibuga cy’imikino y’intoki ya Petit Stade kugeza ubu iragana ku musozo, aho yavuguruwe.
Umukinnyi w’Umunyarwanda ukina hagati mu kibuga, Mukunzi Yannick, avuga ko ari mu bababajwe n’urupfu rwa Uwimana Marriam wari uzwi nka Mama Hussein uheruka kwitaba Imana, umukunzi ukomeye wa Rayon Sports yagurije amafaranga yaguzwe uyu musore mu 2017, aza muri iyi kipe.
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika biravugwa ko yahagaritse burundu umusifuzi w’Umunya-Maroc Redouane Jiyed nyuma yo kwanga gusifura umukino w’umwanya wa gatatu mu gikombe cya Afurika 2023.
Mu gicuku gishyira igitondo cyo kuri uyu wa kane, nibwo uwahoze ari umukinnyi wa Tennis akaba n’ikirangirire mu muziki, Umufaransa Yannick Noah, nibwo yasesekaye mu Rwanda aho aje kwitabira irushanwa mpuzamahanga rya Tennis, ATP Challenger 50 Tour, ririmo kubera mu Rwanda.
Umwe mu bakinnyi bakiri bato kandi beza mu mukino wa volleyball y’abagore Yankurije Françoise wakiniraga ikipe ya “Rwanda Revenue Authority volleyball club” yamaze kwerekeza mu ikipe nshya ya Police VC.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi" irateganya gukina imikino ya gicuti n’ibihugu bya Guinea-Conakry na Madagascar hagati y’itariki 18 na 26 Werurwe 2023.
Umurundi ukinira Rayon Sports hagati mu kibuga yugarira, Aruna Madjaliwa, yagaragaye ku wa kabiri tariki 27 Gashyantare 2024 mu myitozo y’iyi kipe. Ni nyuma y’amezi ane yari amaze adakina kubera imvune yateje ubwumvikane bucye hagati ye na Rayon Sports kugeza ubwo ahagarikirwa umushahara.
Abayobozi ba Cameroun basabye ko hakorwa isuzuma ku murambo wa Charles Kipkorir Kipsang, Umunyakenya wari umukinnyi w’ikirangirire mu gusiganwa ku maguru, wikubise hasi agapfa ubwo yari yitabiriye irushanwa ryo gusiganwa ku maguru rizwi nka ‘Mount Cameroon Race of Hope’, ribera muri Cameroun.
Mu irushanwa rya ATP Challenger 50 Tour ryatangiye kuri uyu wa Mbere i Kigali ku bibuga bya IPRC-Kigali Ecology Tennis Club, umunyarwanda Ernest Habiyambere ntiyahiriwe n’intangiriro nyuma yo gutsindwa amaseti abiri ku busa n’umunya-Israel Daniel Cukierman.
Shampiyona ya volleyball mu Rwanda igeze ahakomeye mu gace kayo ka kane, aho amakipe ya Gisagara na APR VC yogeye kwigaragaza mu mpera z’icyumweru gishize.
Kuri iki Cyumweru kuri Stade Mpuzamahanga ya Huye, ikipe ya APR FC yahatsindiye Mukura VS ibitego 2-0 ikomeza kubarira ku ntoki iminsi yo gutwara igikombe cya gatanu cya shampiyona yikurikiranya.