Ibihumbi by’abazitabira inama ya “Transform Africa” ya gatanu, izabera i Kigali mu kwezi gutaha, bazagira amahirwe yo guhura n’irobo yitwa Sophia, ababishaka banaganire na yo.
Kigali ikomeje kwigaragaza nk’ihuriro rikomeye ry’abantu batandukanye muri Afurika no ku isi muri iki kinyejana cya 21.
Rutikanga Fiston urangije ayisumbuye mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya Kigali TSS riri muri IPRC Kigali, yakoze akuma kazajya kabuza umushoferi wasinze gutwara imodoka.
Tuyisenge Kagenza Moise utuye i Nyagatare akora amatara yahiye akongera kwaka kuburyo aho atuye nta tara rishya ngo barijugunye.
Madame wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yashimiye abagore n’abakobwa bahatanira igihembo gihabwa Miss Geek, asaba benshi kubyaza ibisubizo ikoranabuhanga.
Ubusanzwe nyuma yo kuvana umutobe mu matunda, ibisigazwa (imbuto) byarajugunywaga ariko ubu aho ikoranabuhanga rigeze Enterprise Urwibutso ibibyaza amavuta yo kurya.
Sosiyete ikora ibijyanye n’ikoranabuhanga ya CYUDA Ltd. yakoze ingagi ikoze mu buryo bwa robot ngo izifashishwa mu kuvugurura imitangire ya serivisi mu Rwanda.
Millicom, Isosiyete ifite ikigo cy’itumanaho cya Tigo yamaze kwegukana ububasha bwo kugenzura ihanahana ry’amafaranga hagati y’amabanki akorera mu Rwanda no mu bakiliya b’ayo mabanki hakoreshejwe ATM mu Rwanda.
Amakuru aturuka mu kigo cy’igihugu gishinzwe amakoperative, avuga ko ibigo by’imari by’umurenge Sacco bigiye guhuzwa bigakoresha ikoranabuhanga, maze umunyamuryango akajya abasha gukoresha konti ye aho ari hose.
Urubyiruko rukoresha ikoranabuhanga rurasaba buri wese gutanga ubufasha ku basaza n’abakecuru 859 bari hirya no hino mu Rwanda batagira abana (incike), babigizwe na Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994. Abo bantu ngo bafite ihungabana rikabije riterwa n’imibereho mibi no kuba inyakamwe mu rugo.
Suvir Mirchandani w’imyaka 14, yagaragaje ko hifashishijwe inyuguti zo mu bwoko bwa Garamond, igihugu cye cyazigama miriyoni 136 z’amadorari zagendaga mu gucapa (print/imprimer).
Ikompanyi ya Microsoft Corp. yashyizeho akanama ngishwanama ku mugabane wa Afurika (Microsoft 4Afrika Advisory Council) harimo n’Umunyarwandakazi Akariza Keza Gara. Aka kanama kazaba gashinzwe kumvikanisha ibibazo by’urubyiruko rwo ku mugabane wa Afurika.
Umusore witwa Maniriho Yassin utwara abagenzi ku igare mu karere ka Musanze avuga ko yiyumvira indirimbo akura kuri interineti akoresheje telefoni ye igendanwa, bityo ngo bigatuma atananirwa nyamara akazi akora gasaba imbaraga nyinshi.
Havumbuwe porogaramu izakoreshwa muri telefoni zigendanwa, umuntu akamenya aho umukunzi we aherereye, akamenya ubutumwa bugufi (SMS) yohererezanya n’abandi ndetse akaba yanabasha kumva ibyo avugana n’abo bari kumwe igihe baganira.
Hagamijwe kurinda abasora urugendo bakoraga bajya ku biro by’ikigo cy’igihugu cy’imisoro (RRA), haba mu rwego rwo kugaragaza imisoro bazishyura (déclaration) cyangwa gutanga impapuro zigaragaza ko bishyuye imisoro, ubu hashyizweho uburyo bwo kuriha hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Urubuga rwa Twitter rukoreshwa cyane cyane n’abantu bafite inshingano zikomeye mu nzego zitandukanye nk’abayobozi bakuru mu ntumbero yo kumenyekanisha ibyo bakora no guhanahana amakuru n’abantu bo mu gihugu ndetse no ku isi hose.
Urubuga nkoranyambaga rwa Facebook rwatangiye kwishyuza amafaranga akabakaba ibihumbi 10 ubaze mu mafaranga y’u Rwanda abandikira abo badafitanye ubucuti kuri Facebook nk’igihano kuko baba babavogerera ubuzima.
Uburyo bwa document tracking management system bugamije gukemura ikibazo cyo gukoresha impapuro nyinshi bwatangijwe mu karere ka Ruhango tariki 04/04/2013 kandi intego ni uko buzanakomeza bukagera ku rwego rw’akagari.
Hagenimana Maritini, utuye muri santeri ya Rugarika, mu kagari Nyarubuye, mu karere ka Kamonyi; yakoze ingufu zitanga umuriro w’amashanyarazi, ushobora gucana amatara 700.
Raporo y’umuryango w’abibumbye igaragaza ko bantu benshi ku isi bashishikajwe no gukoresha itumanaho ryihuse kurusha uko bagira ubwiherero bwiza. Abantu barenga miliyari esheshatu batunze telefoni ariko abafite ubwiherero bwiza ni miliyari enye n’igice.
Umugabo witwa Eugene Cernan ufite imyaka 78, kuri uyu wa 14/12/2012 arizihiza imyaka 40 ishize akandagiye ku kwezi. Cernan yageze ku kwezi akurikiye Neil Armstrong witabye Imana tariki 25/08/2012 afite imyaka 82.
Nsanzimana Albert, umukozi w’akarere ka Gakenke yatangiye ubushakashatsi bwo gukora ifumbire ivuye mu mwanda uva mu misarane ya Eco-San. Iyo myanda ngo ibyara ifumbire nziza iri ku rwego rw’ifumbire mvaruganda kuko iyo uyishyize ku myaka ikura neza.
Bazarama Caïthan w’imyaka 33 y’amavuko utuye mu karere ka Nyanza wigeze gukora indege yifashihsije moteri ya moto arashaka kongera gukora indi bitandukanye ariko agasaba ko yaterwa inkunga muri icyo gikorwa.
U Rwanda ruzahagararirwa n’amakompanyi 10 akizamuka, atanga icyizere mu ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT), azitabira amarushanwa yateguwe n’umuryango Startup World ufasha amakompanyi nk’ayo akiri mato kugira ubushobozi bwo kwiteza imbere.
Mu Rwanda hari gukorwa ubushakashatsi bugamije kureba imbogamizi abakoresha ikoranabuhanga n’itumanaho, ndetse n’icyizere bafitiye amakompanyi acuruza iyo miyoboro ya internet na telefone.
Ikigo gishyingura abapfuye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika cyazanye igitekerezo gitangaje aho kivuga ko ivu ry’imibiri y’abapfuye rishobora guhindurwa indiri y’amafi n’utundi dusimba two mu mazi.
Ishuri ryigisha ibijyanye no gufata no gutunganya amashusho n’amajwi (multimedia) ryitwa Africa Digital Multimedia Academy (ADMA) rizatangira gutanga amasomo guhera tariki 05/03/3012 ku kicaro cyaryo i Nyarugenge mu mujyi wa Kigali.
Nyuma y’igihe kitari gito inganda zikora ibikoresho bijyanye n’ikoranabuhanga (Apple na Samsung) zitarebana neza, komisiyo yo mu burayi yafashe icyemezo cyo gukora ubushakashatsi kugira ngo bamenye niba koko ibyo izo nganda zivuga ko zipfa ari byo.