Nyuma y’igihe kigera ku mezi 6 amazu n’ibikoresho by’ikoranabuhanga bikorera ahazwi nka BDC (Business Development Centers) bidakoreshwa, ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero burasaba inzego z’urubyiruko gusaba no gupiganirwa gukoresha ibyo bikoresho.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame hamwe n’umuyobozi wa gahunda ya mudasobwa imwe kuri buri mwana(One Laptop per Child/OLPC) ku rwego rw’isi, Rodrigo Arboleda, bemeranyijwe ko iyi gahunda igiye kwagurirwa mu bindi bihugu by’Afurika, hamwe no gukomeza kuyigeza ku bana bose mu Rwanda.
Binyuze muri Business Development Centers (BDCs) ubu zisigaye zitwa Service Access Point (SAP), abaturage bo mu karere ka Nyabihu barishimira ko basigaye babona service z’ikorababuhanga bakanaryiga bitabagoye ndetse bikabungura ubwenge mu bijyanye no kwihangira umurimo.
Umuhanga w’umuherwe mu by’ikoranabuhanga, Bill Gates, yasabwe na bamwe mu bo bafatanyije imari muri Microsoft kwegura ku mirimo yo kuyobora icyo kigo karahabutaka mu gucuruza ikoranabuhanga ngo kuko gutinda mu buyobozi kwe bibangamiye inyungu za Microsoft.
Isomero ry’abaturage ry’i Rwinkwavu mu karere ka Kayonza (Community Library) ngo rifasha abana bato gukura bakunda ikoranabuhanga, nk’uko bamwe mu bana twasanze kuri iryo somero babyemeza.
Akarere ka Nyamagabe katangije ku mugaragaro ikoreshwa ry’uburyo bwo guhererekanya inyandiko hifashishijwe ikoranabuhanga hagati y’abakozi b’akarere, ibi bikaba bizazanira akarere inyungu haba mu kunoza imitangire ya serivisi, kwihutisha akazi ndetse no kugabanya amafaranga yakoreshwaga mu kugura impapuro.
Mudasobwa za One Laptop per Child zikoranye ubuhanga ngo ku buryo hari uburyo bazifunga n’uwayiba ikaba itagira icyo imumarira nk’uko Mukarutwaza Alphonsine, umwe mu barimu bahuguriwe ibijyanye n’izo mudasobwa, abitangaza.
Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga yatangije gahunda y’amezi atandatu yo kwigisha ikoranabuhanga ku baturage mu gihugu hose ndetse banahabwe ubusobanuro bunoze kuri za serivise bashobora guhabwa n’ibigo bya Leta n’ibyigenga.
Ishami rishinzwe umutekano muri Leta Zunze Ubumwe z’America, ryasabye abantu bakoresha software yitwa Java muri mudasobwa zabo kuyireka kubera ko ngo itizewe mu bijyanye n’umutekano kuri internet.
Hashize igihe kitagera ku kwezi indi ICT Telecenter ifunguye imiryango mu mujyi wa Kibuye nyuma y’izindi ebyiri zari zihasanzwe. Imwe y’umuntu wikorera iri mu mujyi hagati, indi iri mu nkengero z’umujyi ikaba ari iya RDB.
Kaminuza Nkuru y’u Rwanda imaze ibyumweru bibiri itanga amahugurwa ku ikoranabuhanga yari agenewe abana biga mu mashuri abanza. Iyo gahunda bayise ICT4KIDS.
Abantu basaga 120 basoje amahugurwa ku ikoranabuhanga ku bufatanye na DOT Rwanda, umushinga wigisha abaturage gukoresha ikoranabuhanga mu iterambere, muri gahunda yayo yitwa Reach Up.
Umusore witwa Nkundumukiza Jean Bosco uvuka mu murenge wa Kinyababa mu karere ka Burera yiyemeje guteza imbere ikoranabuhanga mu cyaro mu rwego rwo kurwanya ubushomeri anakangurira abandi kuryitabira.
Bwa mbere mu mateka y’Afrika mu bijyanye n’ikorababuhanga nibwo hakozwe mudasobwa ntoya izwi ku izina rya Tablet, ikozwe n’umunyafurika witwa Vérone Mankou w’imyaka 25, ukomoka muri Kongo. Akaba asanzwe ari umuyobozi muri Kongo Brazaville w’ikigo cy’itumanaho ndetse n’ikoranabuhanga rya Interineti aricyo VMK.