Abanyeshuri biga mu ishuri ryigisha ubumenyingiro rya IPRC-EAST, bavumbuye uburyo bwo guteka hifashishijwe ikoranabuhanga rya interineti, babwita “Online cooking System”.
Ikigo cya Intersec gitanga serivisi zo gucunga umutekano kigiye gutangiza uburyo bwo gucunga umutekano hifashishijwe ikoranabuhanga rya Interineti ya 4G LTE.
Ministeri ishinzwe ikoranabuhanga (MYICT) ivuga ko inama ya Transform Africa izabera i Kigali tariki 19-21 Ukwakira 2015, izahesha u Rwanda umwanya mu ikoranabuhanga.
Ikigo cy’ikoranabuhanga kitwa Rwanda Online, cyafashije Polisi y’igihugu ishami ribungabunga umutekano wo mu muhanda (Traffic Police), korohereza abaturage uburyo bwo kwiyandikisha bashaka gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga zaba iz’agateganyo cyangwa se iza burundu, babicishije ku rubuga Rwanda Online yakoze rwitwa (...)
Leta y’u Rwanda ihangayikishijwe n’ibibi bikomeje kuza byihishe inyuma y’ikoranabuhanga nubwo hari ibyiza byinshi ryazanye. Bikaba byatumye ihagurukira iki kibazo itangiza gahunda igamije guhagarika ko ryakwangiza abana b’u Rwanda.
Abagenzi bakoresha imodoka za rusange mu Mujyi wa Kigali, ubu babasha kubona murandasi (internet) y’ubuntu yihuta cyane ya 4G LTE; byatumye bashobora kubona amakuru atandukanye no kuganira n’inshuti n’abavandimwe ku bakoresha internet.
Ikigo giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA), cyagaragaje ikoranabuganga ryitwa TVET Management Information System (TVET-MIS), ritanga amakuru yose akenewe ajyanye n’amashuri yigisha imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Nsengimana Jean Philbert arashima uburyo Akarere ka Kirehe kateye imbere mu ikoranabuhanga ryihuse mu bigo bitandukanye bya Leta, ariko anenga uburyo ritaragezwa ku rubyiruko no mu baturage bikaba byadindiza iterambere.
Nyuma y’uko u Rwanda rutangiye gukwirakwiza umuyoboro wa interineti yihuta wa 4G LTE hirya no hino mu gihugu ku bufatanye na Korea Telecom; kuri ubu uyu mushinga wamaze kwegukana igihembo mpuzamahanga.
Leta y’u Rwanda igiye gutangira gahunda yo kongerera abaturage ubumenyi bwo gukoresha ikoranabuhanga, nyuma y’uko umubare w’abatunze telefoni zifata interineti uzamutse bakagera kuri 30%.
Abashinzwe gutanga ikoranabunga rya internet (murandasi) muri za mudasobwa, bari mahugurwa kuva tariki 04-08 Gicurasi 2015, yo kubereka uburyo bajya batanga imbuga za internet ziherwa n’akarango (domain) ka .rw, kuko ngo zo zidashobora guteza igihombo abazihawe nk’uko bigenda ku mbuga cyangwa emails ziherwa n’utundi turango.
Ikigo cy’Igihugu gitsura ubuziranenge (RSB) cyashyizeho uburyo bushya bwo kwifashisha urubuga rwa interineti rwacyo mu gufasha abacuruzi n’abandi bakigana kumenya amakuru yose bakifuzaho, no gutanga ibibazo bijyanye n’ubuziranenge.
Icyegeranyo cyasohowe n’Ikigo kireba ibijyanye n’uko interineti iboneka ku isi “Alliance for Affordable Internet (A4AI)” cyerekanye ko u Rwanda ruza ku isonga muri Afurika mu kugira murandasi (internet) ihendutse cyane.
Umunyamabanga mukuru w’Ikigo mpuzamahanga ry’Itumanaho (ITU), Zhao Houlin arizeza Abanyarwanda ko uyu muryango uzagira uruhare mu gushyigikira ibigo bito bihanga udushya mu ikoranabuhanga, kugira ngo nabyo bigire uruhare mu bukungu n’iterambere ry’u Rwanda.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga (MYICT) yatangiye ubukangurambaga ku batuye umujyi wa Kigali mu rwego rwo kubereka ibyiza bya internet inyaruka ya 4G LTE, nyuma y’iminsi mike iyi internet iri hake ku isi igejejwe no mu Rwanda.
Inama mpuzamahanga ku ikoranabuhanga mu burezi (Innovation Africa) yaberaga mu Rwanda tariki 18-20/11/2014 yarangiye Ikigo mpuzamahanga POSITIVO BGH cyiyemeje gushinga uruganda rwa mudasobwa mu Rwanda mu kwezi kwa gatatu k’umwaka utaha, rukazaba ruhagarariye iyo sosiyete muri Afurika hose.
Guhera mu ntangiriro z’icyumweru gitaha Abanyarwanda baratangira gukoreha interineti igezweho ku rwego rw’isi mu kunyaruka ya 4G LTE, itegerejweho kwihutisha imirimo yakorwaga no korohereza urubyiruko kwihangira udushya.
Abatoza b’intore mu mashuri makuru na kaminuza batangaza ko umwe mu mihigo bihaye ari ugukoresha imbuga nkoranyambaga (Social Media) bagaragaza ibyiza by’u Rwanda kandi bananyomoza amakuru y’ibihuha akunze kunyuzwa kuri izo mbuga.
Abana bato biga ikoranabuhanga ririmo no gukoresha umurongo wa internetbavuga ko kwiga ikoranabuhanga bituma babasha kongera ubumenyi bifashishije internet mu gihe bahawe umukoro wo gukorera mu rugo ndetse no kumenya amakuru anyuranye.
Bamwe mu rubyiruko kimwe n’abakuze bagana ibigo byigisha ikoranabuhanga mu karere ka Rulindo, basanga ibi bigo bibafasha kumenya gukoresha mudasobwa kuko muri iki gihe gukoresha mudasobwa bigenda byitabirwa mu rwego rwo kwiteza imbere mu ikoranabuhanga.
Bahigana Martin wasoje amahugurwa y’ikoranabuhanga mu kigo cy’urubyiruko cyo mu karere ka Nyamasheke, avuga ko nyuma yo kwitegereza agasanga akarere ke karasigaye inyuma mu bijyanye n’ikoranabuhanga, agiye gushinga cyber cafe ya mbere muri ako karere.
Urubyiruko rwo mu karere ka Nyagatare ruvuga ko ikoranabuhanga ryatumye rubasha kwihangira imirimo aho gutegereza ko leta izakabaha. Ubuyobozi nabwo bukemeza ko byatumye babasha kunoza service batanga no kumvikanisha gahunda za leta.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) n’iy’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) ngo zishimishijwe n’icyemezo cya sosiyete y’itumanaho mu Rwanda MTN, cy’uko abafatabuguzi bayo basura ku buntu, urubuga ‘wikipedia.org’ rutanga amakuru n’ubumenyi bukenerwa n’abanyeshuri cyangwa abashakashatsi.
Ubwo yatangizaga internet ikoresha amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba, muri GS Kamabare mu murenge wa Nyarugenge mu karere ka Bugesera, Minisitiri w’uburezi, Dr Vincent Biruta, yasabye Abanyarwanda kubyaza umusaruro ibikorwa by’ikoranabuhanga bigenda bibegerezwa.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yahawe igihembo n’Umuryango mpuzamahanga ushinzwe itumanaho (ITU), ku bw’imiyoborere myiza no guteza imbere ikoranabuhanga mu itumanaho.
Abaturage bo mu murenge wa Gikonko ho mu Karere ka Gisagara, cyane cyane bagizwe n’urubyiruko basanga kuba bakomeje kwegerezwa ikoranabuhanga rya internet ku buntu, ari urugendo rugana ku iterambere rihamye, ariko bakifuza ko iri koranabuhanga ryanabegera kurushaho cyane cyane mu tugari twabo.
Ministeri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga iratangaza ko mu minsi mike izatangira gukwirakwiza mu Rwanda hose uburyo bwa interineti bwitwa 4G ngo buzatuma interineti izajya yihuta ku muvuduko ukuby einshuro icumi uboneka mu Rwanda iki gihe.
Mu bukangurambaga ku ikoranabuhanga bwabereye mu murenge wa Nyungo akarere ka Rubavu, Minisiti w’urubyiruko n’ikoranabuhanga yasobanuye ikoranabuhanga yifashishije interuro eshatu zigira ziti: “Ikoranabuhanga ni urufunguzo, Ikoranabuhanga ni ibanga ry’ejo hazaza, ikoranabuhanga ni ubukungu”.
Koperative ya Coopte Mulindi ihinga icyayi ivuga ko ikoranabuhanga rya interinete ryatumye babona inkunga ya miliyoni 133 yo guhinga icyayi.
Abakoresha umurongo wa internet ya MTN bifashishije modem zo mu bwoko bwa 2G bamaze iminsi nta internet babona kubera ikibazo kitarabasha kumenyekana.