Murandasi (Internet) yatangiye hagati mu myaka ya 1960-1970, ubwo ibyogajuru (satellites) byari bitangiye koherezwa mu kirere(mu isanzure), hagamijwe gufasha abasirikare kuvugana bakoresheje itumanaho rigendanwa(mobile telecommunication).
Ikiganiro Ed-Tech Monday, gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, binyuze mu nsanganyamatsiko zitandukanye.
Ikigo gihagarariye abakoresha murandasi no guteza imbere indangarubuga y’u Rwanda [RW], RICTA, cyashyize ahagaragara ipaki yitwa ‘AkadomoRW social media package’ igamije gufasha abafite imishinga mito n’iciriritse mu Rwanda mu rwego rwo kumenyekanisha ibyo bakora binyuze ku mbuga nkoranyambaga.
Umuryango mugari w’akoresha Internet ku bufatanye n’Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF), bihaye intego zo kongera umubare w’abenjeniyeri b’imiyoboro ya Internet mu gihugu, mu myaka itanu iri imbere.
Perezida Paul Kagame kuri iki Cyumweru tariki 05 Kamena 2022, yayoboye inama ya Komisiyo Mpuzamahanga y’Umuyoboro Mugari (Broadband Commission) afatanyije n’umushoramari Carlos Slim na Dr Tawfik Jelassi wari uhagarariye Umuyobozi Mukuru wa UNESCO Audrey Azoulay, n’Umuyobozi w’Ikigo Mpuzamahanga cy’Itumanaho (ITU) Houlin Zhao.
Mu gihe icyorezo cya Covid-19 cyadukaga mu Rwanda mu ntangiriro za 2020, Guverinoma y’u Rwanda yafashe ingamba zo gukumira ikwirakwira ryacyo, zirimo na gahunda ya Guma mu Rugo mu gihugu hose.
Inama yiga ku mikoreshereze ya Interineti mu Rwanda yateraniye i Kigali, yiga uburyo bwo kuvugurura serivisi za Interineti nk’uburyo bufasha rubanda guhorana amakuru y’ibyo bakeneye, ariko no gutekereza uko barinda abana bakoresha Interineti.
Kompanyi ya Facebook irateganya guha akazi abantu ibihumbi icumi (10,000) bo mu muryango w’ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi kugira ngo bubake icyitwa ‘metaverse’ iri rikaba ari ikoranabuhanga Facebook ishaka kujya ikoresha rituma abantu barikoresha basa nk’aho bari kumwe.
Imbuga nkoranyambaga zikomeje kugaragara ko ari ikintu cy’ingenzi mu buzima bwa benshi, dore ko benshi bazishimira uburyo zoroshya ibijyanye no guhanahana amakuru.
Leta ivuga ko muri iyi minsi ihanganye n’ibibazo by’umutekano mucye, imvururu, n’inzara byose bitizwa umurindi n’imbuga nkoranyambaga zikomeye, bitewe n’uko ngo abanyepolitiki bazikoresha mu nyungu zabo.
Ikigo giteza imbere Indangarubuga y’u Rwanda[.rw] kikaba gihagarariye abakoresha Ikoranabuhanga mu Rwanda(RICTA), kiri mu bukangurambaga bwiswe “Zamuka na AkadomoRW”, aho kigaragaza inyungu zo gukoresha izina ry’urubuga rwa murandasi rw’indangarubuga y’u Rwanda.
Mu ngamba urubuga rwa Instagram rwafashe zo kurinda abarukoresha, rwongeyemo izifasha ingimbi n’abangavu kwirinda ubutumwa badashaka bohererezwa n’abantu bakuru.
Murandasi (Internet) imaze kuba igikoresho gikenerwa cyane mu buzima bwa buri munsi, haba mu bucuruzi, umutekano, gushaka akazi, imyidagaduro, ubuvuzi, ubuyobozi n’ibindi byinshi.
Ikoranabuhanga rya Internet ni kimwe mu bikomeje gutezwa imbere mu Rwanda. Ibi bituma rigera ku baturage benshi, aho bahurira ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye baganira, bakamenya amakuru, ndetse zimwe zikavugirwaho akarengane n’ibibazo abaturage bahuye na byo.
Irembo ni urubuga rwa Internet ubu rutangirwaho serivisi zitandukanye zigera ku ijana nk’uko bisobanurwa na bamwe mu bakozi barwo. Ni urubuga kandi rwari rwashyiriweho korohereza abaturage kubona serivisi zimwe na zimwe cyane cyane izitangirwa mu nzego z’ibanze. Ni urubuga rwagombye gukora ku buryo umuturage abona serivisi (...)
Abakuriye za kaminuza n’amashuri makuru bavuga ko igiciro cya Internet kiri hejuru cyane bityo ikabahenda mu gihe ikenewe cyane mu kwigisha abanyeshuri bitabaye ngombwa ko baza ku ishuri, bakifuza ko Leta yayishyiraho ‘Nkunganire’ nk’iyo mu buhinzi.
Ikoranabuhanga mu bigo by’imari bibitsa bikanaguriza ni imwe mu nzira zihutisha gutanga serivisi, kandi rikabika amakuru yizewe hirindwa kwibeshya kwa muntu mu gukora raporo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko ikoranabuhanga rikwiye kwifashishwa mu guhangana n’ibindi biza byakugariza isi, nyuma y’aho icyorezo cya Covid-19 kizaharije ubukungu bwayo.
Kimwe mu bitangazamakuru bikorera kuri murandasi (internet) mu Rwanda cyanditse inkuru ivuga ko interineti ikigo AC Group cyashyize mu modoka zitwara abagenzi mu Mujyi wa Kigali ari baringa.
Abahanga bavuga ko abana bato bajya kuri murandasi (interineti), bakajya ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye, bashobora kuhamenyanira n’abantu nyuma bakazabahohotera ntibabashe kubyivanamo, ababyeyi bagasabwa kumenya ibyo abana babo baba bahugiramo.
Umuvuduko imbuga nkoranyambaga ziriho ku isi hose ukomeje gutuma hari ababatwa na zo aho nibura buri muntu ku isi ufite telefoni igezweho izwi nka smart phone amara nibura amasaha abiri ari ku mbuga nkoranyambaga.
Utugari 32 muri 80 tugize Akarere ka Rubavu ku wa Mbere tariki ya 25 Gicurasi 2020 twashyikirijwe murandasi ya 4G, dusabwa kuyifashisha mu kunoza no kwihutisha serivisi.
Umuyobozi Mukuru ari na we washinze ikigo cya Facebook, yatangaje ko bitazashoboka ko abakozi bose uko ari ibihumbi 45 bagaruka gukorera muri za biro zabo nk’uko byakorwaga mbere ya Covid-19.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, avuga ko gukoresha ikoranabuhanga muri Guma mu rugo byatumye nta mirimo idindira, bityo ko bishobora gukomeza bikagabanya ingendo z’abakozi.
Ku itariki 13 Mata muri uyu mwaka, Leta zunze ubumwe z’Abarabu zemeje ko mu rwego rwo kwirinda guhura kw’abantu no kwanduzanya Coronavirus, abifuza gushyingirwa bashobora kubikorera ku ikoranabuhanga.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe Ikoranabuhanga mu Rwanda, (RISA), burashishikariza Abanyarwanda kuguma mu rugo, kuko ari bwo bazashobora guhangana n’icyorezo cya Covid-19.
Icyorezo cya COVID-19 gikomeje kwibasira Isi kidasize n’umugabane wa Afurika, aho kuri ubu kivugwa mu bihugu bisaga 30 by’uwo mugabane, nk’uko Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ribigaragaza.
Abanyeshuri biga muri INES-Ruhengeri beretswe uburyo impinduramatwara ya kane ya Murandasi mu bijyanye n’inganda ifite umuvuduko ukabije, basabwa kwihutana na yo kugira ngo bakomeze kuyiyobora birinda ko yabayobora.
Urubuga rwa Irembo rutangirwaho serivisi zinyuranye za Leta, rwatangije uburyo bushya buzarushaho korohereza abaturage kubona serivisi batavunitse. Hari ibyemezo byatangwaga bigata agaciro nyuma y’amezi atatu bigiye kujya bitangwa mu buryo bwa burundu, ndetse umuntu usabiye serivisi ku Irembo akajya ayibona atavuye aho ari (...)
Mu gihe ikoranabuhanga na Internet bikomeje gutera imbere, mu Rwanda hakomeje kugaragara byinshi byiza rigenda rikora, ariko kandi hari n’ibindi benshi bavuga ko, hatagize igikorwa, bizoreka umuco w’Abanyarwanda, bikazateza ingaruka zikomeye mu bihe biri imbere.