Abaturage batuye akarere ka Ruhango, bishimira ko ubuyobozi bwabo bwabahaye television kuko nta kibazo cy’ubwigunge bakigira, kuko iyo bakitse imirimo yabo bajya ku biro by’imirenge bakareba amakuru ndetse n’ibiganiro bitandukanye.
Ikigo ngenzuramikorere (RURA) kiratangaza ko abantu badakwiye kugira impungenge ku ikoreshwa ry’uburyo bugezweho bwo gusakaza amajwi n’amashusho bwa digital, kuko buzanye ibyiza gusa ku bakoresha televiziyo.
Nyuma yuko akarere ka Ngoma kasheje umuhigo wo kwiyubakira inyubako z’ibiro by’utugali twose tugize aka karere zijyanye n’igihe, utu tugali twose ngo tuzanashyirwamo televiziyo zizajya zifasha abaturage kureba amakuru yo hirya no hino.
Abatuye centre ya Kabeza mu murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare, batangaza ko biteguye kubyaza umusaruro ikigo cyubatswe n’idini ya Islam bakamenya ibijyanye n’ikoranabuhanga.
Amamiliyoni y’abatuye ku mugabane wa Afurika batagira umuriro w’amashanyarazi aho batuye ngo bashobora kutazongera guhangayikishwa no kubura umuriro muri telefoni zabo zigendanwa kuko hamaze kumurikwa ikoranabuhanga rizajya rikoreshwa mu gushyira umuriro muri telefoni hakoreshejwe imirasire y’izuba n’iyo ryaba ari rike (...)
Ikoranabuhanga ryifashisha telephone zigendanwa ngo ryaba ririmo rigenda rihindura imyitwarire imwe imwe mu rubyiruko rw’abanyeshuri mu karere ka Rulindo.
Abaturage b’i Gahanga mu Kagari ka Mulinja bashimishishwe n’uko bagiye kujya bamenya amakuru yo mu gihugu no hanze yacyo nyuma y’uko Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro kibashyikirije Television ndetse na Decoderi bizabafasha kujya birebera imbonankubone ibibera mu Rwanda no ku isi.
Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zirateganya ko mu gihe kitarenze imyaka 5 zizajya zifashisha imashini zikora nk’abantu (Robots) mu bintu bitandukanye harimo gutwara ibintu no kurwana ku rugamba.
Guverinoma y’u Rwanda igiye gutangiza uburyo bwo kubyaza ingufu za biyogazi ibisigazwa byo mu gikoni kuko ngo aribyo biboneka mu ngo hafi ya zose z’Abaturarwanda, mu rwego rwo kunganira izindi ngufu zikoreshwa mu Rwanda nka kimwe mu bisubizo byazasimbura gukoresha inkwi mu guteka.
Guha abanyeshuli umwanya wo gutekereza ku byo bigishwa nibyo bikangurirwa abarezi muri rusange cyane abigisha amasomo ngiro, ni nyuma y’aho abanyeshuli biga amasomo ya mudasobwa mu ishuli ryisumbuye rya Nyagatare babashije gukora inzogera y’ikigo yikoresha hatiyambajwe umuntu usona.
Scanner ifotora ibintu bitari impapuro bikaza bifite impande zabyo zose (3D Scanner), yitwa The Makerbot Digitizer ikaba igura amadolari y’America 1.400 (850.000FRW). Izatangira kujya ku isoko mu ntangiriro z’Ukwakira.
Abahanga babiri bo mu gihugu cy’u Budage bakoze ikaramu ishobora kugukosora amakosa y’imyandikire mu gihe umuntu arimo kuyandikisha.
Abatuye mu bice by’umujyi no mu cyaro barakangurirwa kwitabira uburyo bugezweho bwo gukoresha Imbabura zikoresha amakara n’inkwi bicye. Canamake na Canarumwe nizo mbabura zimaze kugera ku isoko aho zizigama ibicanishwa bigera kuri 50% by’ibyakoreshwaga.
Akarere ka Gicumbi kagiye gukora ibishoboka byose mu gihe cya vuba gakorane amasezerano y’ubufatanye n’ikigo cya IRST kugirango bashake uburyo bimwe mu bihingwa icyo kigo gikenera biboneka muri ako karere biteze imbere abaturage.
Ubuyobozi bwa EWSA bugiye gutangira gukora isuzuma ry’amashyuza ngo barebe ko yatanga umuriro w’amashanyarazi wakongera uwari usanzwe mu Rwanda. Iri gerageza rizabera mu murenge wa Kabatwa mu karere ka Nyabihu.
Byari biteganyijwe ko umushinga wa KivuWatt wo kuvoma gaz methane mu Kivu mu karere ka Karongi wari gutangira gutanga umusaruro muri Kamena 2013, ariko umunyamabanga uhoraho muri ministeri y’ibikorwaremezo James Kamanzi aratangaza ko hagikenewe andi mezi atandatu.
Akarere ka Nyamagabe kujuje inzu mberabyombi izajya yifashishwa mu gukorana inama n’abantu bari ahantu hatandukanye hifashishijwe ikoranabuhanga (video conference) ndetse n’inama zisanzwe, kubaka iyi nzu bikaba ari umwe mu mihigo akarere kari karahize mu mwaka wa 2012-2013.
Nyuma y’uko u Rwanda rwegukanye igihembo mpuzamahanga mu itunganyamakuru rigezweho hakoreshejwe amajwi n’amashusho, kuri ubu u Rwanda rwahawe ikindi gihembo kubera uruhare rw’indashyikirwa rwagize mu kwihutisha kugeza ku Banyarwanda serivisi z’ikoranabuhanga rigamije kubateza imbere.
Ikigo Terrafugia cyo muri Leta zunze ubumwe za Amerika kirateganya gushyira ku isoko imodoka yitwa Terrafugia TF-X izaba inafite ubushobozi bwo kuguruka mu kirere nk’indege ikanagaruka ku butaka nta kibazo igize.
Ikigo cy’imisoro n’Amahoro (RRA) kiraburira abasora bose ko igihe bahawe cyo kwitabira gukoresha ikoranabuhanga mu kumenyekanisha no kwishyura imisoro (e-filing na e-payment) kiri gukendera bakaba basabwa kuryiyandikishamo vuba.
U Rwanda rugiye kubona ikigo cy’ikitegererezo mu guteza imbere udushya mu ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT), nyuma yo gusinyana amasezerano y’inkunga ya miliyoni 5,6 z’amadorali ya Amerika n’Ikigo cya Koreya gishinzwe imibanire (KOICA), kuri uyu wa Gatatu tariki 17/04/2013.
Niyonsaba Emmanuel ni umusore uri mu kigero cy’imyaka 25 atuye mu kagari ka Rubona umurenge wa Bweramana, amaze kubyaza umuriro w’amashanyarazi mu mugezi wa Nkuyu akaba yifuza nibura ko uzagera ku baturage 400.
Abanyeshuri baturutse mu Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’Ubumenyi ngiro rya IPRC-Kicukiro niyo bahize abandi banyeshuri biga mu bigo by’amashuri makuru na za Kaminuza zigisha imyuga n’ikoranabuhanga mu kugaragara ubuhanga mu gukoresha amarobo (programming).
Kuwa gatatu tariki 20/03/2012 hatangijwe gahunda ya Tunga TV igamije gushishikariza Abanyarwanda gutunga televiziyo mu rwego rwo kongera ubumenyi binyuze mu ikoranabuhanga n’itangazamakuru.
Gahunda ya Television ku tugari ni imwe muri gahunda zatekerejweho kugira ngo zizafashe abaturage kugera ku iterambere rirambye binyuze mu kumenya ibibakorerwa banabireba. Bamwe mu baturage barayishimiye kandi bumva izabageza kuri byinshi mu iterambere.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Isakazabumenyi n’Itumanaho, Jean Philbert Nsengimana, yasuye yasuye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Abinjira n’Abasohoka ku wa 14/02/2013, aho yashimye uruhare rw’ikoranabuhanga mu gutanga serivisi inoze kandi yihuse.
Ikigo cy’igihugu cy’ubushakashatsi mu bumenyi n’ikoranabuhanga (IRST) kiratangaza ko kigamije ko mu mwaka wa 2025 imodoka zose zizaba zikoreshwa n’amavuta akomoka ku bimera atangiza ikirere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko ikoranabuhanga (ICT) rifite uruhare rukomeye mu iterambere ry’ako karere kuko rikoreshwa n’abantu b’ingeri zitandukanye mu bikorwa byabo bya buri munsi kandi abaturage bamaze kumenya ko ICT ari iy’abantu bose.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe butangaza ko gukoresha ikoranabuhanga ritandukanye ryaba irya terefoni cyangwa irya mudasobwa na interineti bibufasha mu kuzuza inshingano zabwo mu kazi zikora umunsi ku wundi.
Mu mudugudu wa Nyagasambu, akagali ka Rugobagoba, umurenge wa Ruganda mu karere Karongi, nta mashanyarazi ahabarizwa, ariko hari umusore wabashije kwikorera salon de coiffure ikoresha ingufu za batiri y’imodoka.