Ishuri rikuru ry’ubumenyingiro rya INES-Ruhengeri ryatangiye gupima ubutaka ryifashishije akadege katagira umupilote kazwi nka “Drone” kaguzwe i Toulouse mu Bufaransa.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) yatangiye igikorwa cyo gukangurira abakiriya bayo kwitabira gukoresha amakarita y’ikoranabuhanga (Smart cash Card), abarinda kugendana amafaranga menshi.
Polisi y’igihugu yazanye impinduka mu buryo serivisi zo mu muhanda zatangwaga, aho buri kintu cyose kigiye kujya gikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.
Abaturage baturiye iminara ya sosiyete z’itumanaho Tigo na MTN mu kagari ka Gatoki, umurenge wa Save muri Gisagara baravuga ko urusaku rw’imashini z’iyi minara rubabangamiye.
Inyubako y’imiryango itatu y’ubucuruzi iri mu Karere ka Rubavu, yibasiwe n’inkongi y’umuriro ibicuruzwa byari birimo birakongoka.
Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) itangaza ko ikoreshwa ry’indege zitagira abapilote (Drones) mu Rwanda ritazahagararira mu by’ubuvuzi gusa.
Ibinyabiziga bitwara abagenzi bisanzwe birimo “Speed governors” cyangwa utugabanyamuvuduko zongewemo ikoranabuhanga rigenzura umuvuduko ikinyabiziga gikoresha mu rwego rwo kugabanya impanuka.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo yasuye uruganda rwa Zipline rukora utudege tutagira abapilote (Drones) tugiye kujya dukoreshwa mu Rwanda.
Jonas Nkundumukiza wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe yavumbuye Imbabura ikoresha umufuka umwe w’amakara ku mwaka yifashishije itaka ryo mu mashyuza.
Imani Bora urangije ku Kigo cy’Ubumenyingiro cya Tumba College of Technology, yakoze konteri z’amazi zizakuriraho WASAC igihombo gisaga miliyari 10Frw.
Iryivuze Ezekiel w’imyaka 25 nyuma yo kwiga amashuri y’imyuga yakoze imbabura icanishwa amabuye ya radiyo agamije gufasha kurengera ibidukikije.
Serivisi za mbere z’ubuvuzi zifashisha utudege duto (Drones) mu Rwanda ngo zizatangira gutangwa guhera muri Nzeri 2016.
Nancy Sibo wigisha mu Ishami ry’Ubuhinzi n’Ubworozi muri IPRC-South, yakoze imishinga ibiri izamuhesha igihembo cy’Umwamikazi w’Ubwongeraza Elisabeth akazagihabwa muri 2016.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, aratangaza ko mu myaka ibiri iri imbere serivisi nyinshi zizajya zitangwa hifashishijwe ikoranabuhanga.
Sosiyete itunganya ikanatanga serivisi z’ingufu z’amashanyarazi EUCL iraburira abaturage by’umwihariko abafatabuguzi bayo ko guhera ejo saa yine z’ijoro ikorabuhanga ricuruza umuriro rizahagarara amasaha 14.
Uruganda rutonora umuceri rwa Mukunguri (MRPC), rufite umushinga wo gukora ibicanwa byitwa “briquettes” mu bishogoshogo basaruraho umuceri n’ibishishwa byawo.
Icyegeranyo cyasohowe n’Ihuriro Mpuzamahanga ry’Ubukungu cyerekana uko Ikoranabuhanga ryitabirwa gukoreshwa hirya no hino ku isi (The Global Information Technology Report) cyo muri 2015, cyashyize u Rwanda ku mwanya wa mbere ku isi mu guteza imbere ikoranabuhanga mu kuzamura imibereho myiza n’ubukungu muri rusange.
Abayobozi mu nzego zitandukanye zijyanye n’iby’ikoranabuhanga ndetse n’impuguke bateraniye i Kigali mu nama yahuriwemo n’ibihugu byahoze bikoronijwe n’u Bwongereza bigaga ku ruhare rw’ikoranabuhanga mu kunoza imiyoborere bashimiye u Rwanda ku gukoresha ikoranabuhanga mu kugera ku miyoborere myiza n’iterambere rirambye.
Minisitiri w’urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, aratangaza ko gushyira gahunda za leta zose mu ikoranabuhanga no gutanga serivise baryifashishije bizongerera abaturage amahirwe yo kwiteza imbere kandi binabafashe kudasiragira mu buyobozi.
Leta y’u Rwanda, ibinyujije muri Ministeri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT), hamwe n’Ishyirahamwe ry’abashoramari mpuzamahanga muri serivisi z’itumanaho (GSMA) bagiranye amasezerano yo guhererekanya ubumenyi bwafasha kubyaza umusaruro uhagije telefone zigendanwa, zigakoreshwa mu nzego zose zigenga imibereho y’abantu.
Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) yagiranye amasezerano y’ubufatanye mu ikoranabuhanga n’ikigo mpuzamahanga cy’ikoranabunganga cyitwa ICDL Africa.
Abaturage bo mu Karere ka Ngororero bafite ibikoresho biborohereza kubona amakuru baracyari bake.
Ikigo k’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) kiratangaza ko kigiye gutangiza ishuri ryo guhugura no kwigisha abatekinisiye bakora ku maradiyo mu rwego rwo kubongerera ubumenyi, nyuma y’uko hagaragaye ko hari ibyo bica bitewe n’ubumenyi buke bafite.
Urubyiruko rurangije itorero rusanga kwifashisha imbuga nkoranyambaga bifite akamaro mu gusakaza ibikorwa byarwo kuri rubanda no ku mubare mwinshi w’urubyiruko, kugira ngo n’abatitabira itorero babone ibikorerwamo.
Bamwe mu batuye mu Mujyi wa Kibuye mu Murenge wa Bwishyura ho mu Karere ka Karongi bavuga ko nyuma y’aho televiziyo iviriye mu buryo bwari busanzweho bwa analogue ikajya mu ikoranabuhanga rishya rya digital batagishobora kureba televiziyo kandi nyamara baraguze akuma kagombye kubafasha kuyireba (decoder).
Abaturage n’abakozi bo mu Karere ka Nyabihu barishimira intambwe yatewe mu ikoranabuhanga mu nzego zitandukanye mu mwaka wa 2014, haba mu baturage, no mu nzego z’ubuyobozi.
Ihuriro nyarwanda ry’abatabona (RUB) riratangaza ko risanga abafite ubumuga barasigaye inyuma mu ikoranabuhanga.
Abanyarwanda bazatangira guhabwa inyandiko z’inzira z’abajya mu mahanga zikoranye ikoranabuhanga mu mwaka wa 2016 kandi nizo zizasimbura izari zisanzwe zikoreshwa iki gihe.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, mu nama yiswe “Smart Rwanda days” yari imaze iminsi ibiri ibera i Kigali yiga ku ikoranabuhanga; yasabye abashoramari kubyaza umusaruro ibikorwaremezo biriho by’ikoranabuhanga mu rwego rwo gufasha abaturage kuva mu bukene no kuzamura ubukungu bw’ibihugu.
Abakora umwuga wo gufotora batangaza ko iterambere ry’ikoranabuhanga mu Rwanda ryatumye akazi kabo mu cyaro karushaho kugenda neza ndetse bakabona n’inyungu.