Muri ibi bihe abantu benshi birirwa mu ngo zabo mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amabwiriza yo gukumira ikwirakwizwa rya Coronavirus, abenshi bakenera gukoresha ibikoresho by’ikoranabuhanga kurusha mu bihe bya mbere y’aya mabwiriza.
U Rwanda ruri mu bihugu umunani bya Afurika byafunguriwe serivisi z’ikoranabuhanga rya Apple Inc, ikigo mpuzamahanga gitanga serivisi z’ikoranabuhanga cyo muri Amerika.
Mu gihe mu Rwanda hafashwe ingamba zo kugabanya kwifashisha impapuro mu kazi, ahubwo hakifashishwa ikoranabuhanga mu guhererekanya amakuru, icyorezo cya Coronavirus cyamaze kugaragara no mu Rwanda cyatumye ubu buryo bwo kwifashisha ikoranabuhanga mu kazi bwitabwaho cyane.
Leta y’u Rwanda iratangaza ko yamaze gutegura ibikenewe byose, kugira ngo hubakwe ishuri rizigishirizwamo gukora no gukoresha indege nto zitagira abapilote (drones).
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko u Rwanda rumaze kubona inyungu mu gukoresha utudege duto tuzwi nka ‘Drones’ mu bikorwa by’ubuzima no mu bikorwa remezo.
U Rwanda nka kimwe mu bihugu by’intangarugero ku isi mu kugeza amaraso ku bitaro rukoresheje indege zitagira abapilote (drones), rwatoranyijwe kuzakira ihuriro n’amarushanwa ya drones muri Gashyantare umwaka utaha wa 2020.
Mugabo Kelly Theogène wiga mu ishuri ry’imyuga n’ubumengiro rya Kigali (IPRC Kigali), yakoze akuma k’ikoranabuhanga kafasha ugurisha amazi guha serivisi abayakeneye bitamusabye kuba ahari.
Abanyeshuri biga muri IPRC Tumba mu byerekeranye na Tekiniki (Electronics and Telecommunication) bakoze imashini yifashishwa mu gutara ibitoki (Banana Ripening Machine) bigashya mu gihe gito kandi bitangiritse.
Benimana Richard wize iby’uburezi muri kaminuza y’u Rwanda, ntiyakomeje ngo akore ibijyanye n’ibyo yize ahubwo yinjiye mu bukorikori burimo ikoranabuhanga bituma abasha kwikorera ibyuma by’imikino y’amahirwe bimenyerewe ko bituruka hanze.
Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo iremeza ko gukoresha imashini-muntu zizwi nka ‘robots’, byongera imitangire ya serivisi ndetse n’umusaruro.
Sosiyete Nyafurika ikora ibijyanye no kwerekana shene za Televiziyo StarTimes, yegukanye uburenganzira ntayegayezwa bwo kwerekana irushanwa CONMEBOL Copa Amerika rihuza ibigugu byo muri Amerika y’Amajyepfo mu gice cya Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara rigiye kubera muri Brasil.
Bitarenze ukwezi kwa Kamena 2019, mu Rwanda hagiye gukorwa ‘porogaramu’ (Application) izashyirwa muri telefoni zigendanwa, ikajya ifasha Abanyarwanda kuemenya amakuru ku mihindagurikire y’ikirere, bityo bigire uruhare mu kubungabunga ibidukikije.
Mu ijoro ryo ku wa gatatu tariki 27 Gashyantare 2019 saa tanu n’iminota 37, icyogajuru cy’u Rwanda cyahawe izina ‘Icyerekezo’ cyoherejwe mu kirere. Ni icyogajuru cyoherejwe mu kirere ku bufatanye n’ikigo mpuzamahanga cy’itumanaho cyitwa ‘One Web’.
Icyogajuru cy’u Rwanda cyahawe izina “Icyerekezo” cyoherejwe mu kirere mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki 27 Gashyantare 2019.
Umushinga w’Abayapani witwa CORE (Community Road Empowerment) ugiye gutoza urubyiruko 200 gukora imihanda y’icyaro nta mashini zikoreshejwe.
Mu rwego rwo gufasha abaturage batuye mu mijyi y’u Rwanda, harimo na Kigali, gukoresha itafari rya rukarakara nk’igikoresho gihendutse mu bwubatsi, Ikigo cy’Igihugu cy’Imiturire (RHA) kigiye gutangira ubushakashatsi ku butaka mu turere twose tw’u Rwanda kugira ngo harebwe itafari rya rukarakara ryakoreshwa muri buri gace (...)
Urugaga rw’abatwara abagenzi kuri moto mu Rwanda ruratangaza ko mu gihe kitarenze amezi atandatu abatwara abagenzi kuri moto bo mu gihugu hose bazaba batangiye gukoresha uburyo bw’ikoranabuhanga ryitwa ‘mubazi’ rituma utwara umugenzi kuri moto amenya amafaranga yishyuza uwo atwaye.
Kuva muri Gashyantare uyu mwaka, Abanyarwanda bashobora gutangira gukoresha amashyiga ya gaz akorerwa mu Rwanda, mu gihe ayari asanzwe ku isoko ry’u Rwanda yaturukaga mu Bushinwa.
Nagapfura Brigitte wari usanzwe akora akazi ko kudoda, mu ijoro ryo ku wa kane tariki 17 Mutarama 2019 yavuye ku kazi nk’ibisanzwe atahana icupa rya gaz yari avuye kugura kuko indi yari yashize.
Minisiteri y’ikoranabuhanga (MiTEC) n’ikompanyi y’ikoranabuhanga Swift-Xi yo mu gihugu cy’u Buyapani, basinyanye amasezerano y’ubufatanye azafasha mu gukemura bimwe mu bibazo by’imibereho y’abaturage mu Rwanda.
Sibomana Aimable yakoze Imbabura yise Canarimwe ikoresha umufuka w’amakara mu gihe cy’amezi atanu, ikazakemura ikibazo cy’abo yahendaga hanarengerwa ibidukikije.
Iwacu Evra Grâce yatangiye umushinga yise “Yego Charger” uzajya ufasha mu gushyira umuriro mu matelefoni na za mudasobwa bidasabye gucomekwa ku mashanyarazi.
Guhera mu mpera z’umwaka wa 2017, abagenzi bishyura itike y’imodoka bakoresheje amakarita azwi nka “Tap&Go” baratangira kwandikwaho ayo makarita.
Abamotari bo mu Mujyi wa Kigali baravuga ko uburyo bwo gukoresha ikoranabuhanga mu kwishyuza nta kibazo kidasanzwe buzakemura uretse ko buzabateranya n’abagenzi.
Nteziryayo Olivier ahamya ko inzozi yari afite akiri umwana zo gukora indege yatangiye kuzikabya kuko yabonye ubumenyi buzamufasha kuyikora.
Bisi zose zikorera mu Mujyi wa Kigali zamaze gushyirwamo uburyo bwo kwishyura hifashishijwe ikarita ya Tap&Go yari amaze kumenyerwa na benshi.
U Rwanda rwatangije ku mugaragaro iyubakwa ry’ikigo gikomeye mu ikoranabuhanga (ICT Innovation Center), kizafatwa nk’isoko ry’udushya mu ikoranabuhanga mu Rwanda.
Ku bufatanye n’Ikigo cy’Ubuholandi cy’Iterambere (SNV) na Kompanyi yo mu Bubiligi ikora ibijyanye no kubyaza ingufu z’amashanyarazi mu mazi ndetse na IPRC Kigali, muri IPRC Kigali basoje amahugurwa y’abatekinisiye mu kubyaza amazi ingufu z’amashanyarazi.
Abanyeshuri 12 biga iby’ikoranabuhanga i Kigali bamuritse imodoka bakoze itwarwa n’ingufu z’imirasire y’izuba, igatwara abantu batatu, igenda ku muvuduko wa kilometero 50 mu isaha.