Abakozi b’Akarere ka Nyamagabe bashinzwe kwegereza abaturage serivisi z’ikoranabuhanga no kuribigisha baravuga ko baterwa impungege n’urubyiruko rutitabira ikoranabuhanga rwegerejwe.
Ikigo mpuzamahanga gikora ibijyanye n’ikoranabuhanga “Intel”, kirizeza urubyiruko rw’u Rwanda rukora ibijyanye na porogaramu za mudasobwa, ubufasha mu kumenyekanisha ibikorwa byarwo.
Ikigo cy’ikoranabuhanga cyitwa Alpha Computer gikorera mu Rwanda, cyashyize ku isoko Antivirus idasanzwe mu Rwanda yitwa” Bitdefender”.
Inama Njyanama y’Akarere ka Huye yateranye kuri uyu wa 26/6/2015, yemeje ko Abajyanama bose bazahabwa mudasobwa zigendanwa (laptop) zo kuzajya bifashisha mu kazi kabo k’ubujyanama.
Abareba amarushanwa mpuzamahanga yiswe “SCRATCH” y’abana biga mu mashuri abanza bakorera kuri mudasobwa bahawe muri gahunda ya “mudasobwa imwe kuri buri mwana/OLPC”, bemeza ko afasha abo bana gushimangira ibyo biga mu ishuri, ndetse no kumenya imikorere ya bagenzi babo ku rwego mpuzamahanga.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro, Ishami ryAmajyepfo (IPRC South) ryatoranyijwe kuba ikigo cya Leta gitanga amahugurwa mu ikoranabuhanga ryo kubika amakuru ryitwa Oracle.
Ubuyobozi bw’ihuriro ry’abakobwa n’abagore b’inzobere mu ikoranabuhanga mu Rwanda (Girls in ICT) buratangaza ko irushanwa rigamije gukangurira abakobwa n’abagore gushaka ibisubizo by’ibibazo biri mu muryango nyarwanda bifashishije ikoranabuhanga “Ms. Geek” ry’umwaka wa 2015 ryitabiriwe n’abakobwa n’abagore barenga 100, aho (...)
Sosiyete ikomeye ku isi mu bijyanye na mudasobwa “IBM” yasinyanye amasezerano na leta y’u Rwanda, binyuze muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), yo guhugura abarimu bazagira uruhare mu gusakaza ubumenyi mu ikoranabuhanga buzafasha igihugu mu iterambere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buravuga ko kwifashisha ikoranabuhanga ari kimwe mu bizaca ingeso yo “gutekinika” imihigo no kongerera agaciro raporo zitanzwe kuko biba byoroshye kubona aho zaturutse.
Sosiyete y’Abanyamerika ikomeye mu ikoranabuhanga ku rwego rw’isi ya ORACLE yamaze gusinyana amasezerano na leta y’u Rwanda yo kuyifasha kwigisha no guhugura abiga ikoranabuhanga mu bumenyingiro, ku buryo u Rwanda narwo ruzabasha kugira abantu bahangana ku isoko mpuzamahanga ry’umurimo.
Bamwe mu bana bo mu Karere ka Rulindo basanga kuba ubuyobozi bwarashyizeho ibigo byigisha ikoranabuhanga byarabafashije, kuko babasha kwiga ikoranabuhanga bakiri bato bityo bikazabafasha mu masomo biga no mu buzima bwabo.
Abafite ubumuga baratangaza ko zimwe mu mbogamizi zibazitira mu iterambere ari uko ibikoresho by’ikoranabuhanga biba bitarimo porogaramu ziborohereza kubikoresha.
Abaturage bo mu karere ka Rutsiro barashima Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) kuba cyarabageneye uko bakwigishwa mudasobwa kandi kibasanze mu karere iwabo aho batuye.
Minisitiri w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye Inama Mpuzamahanga ya 19 y’Umuryango Mpuzamahanga w’Itumanaho ku Isi (ITU), kuwa gatatu tariki ya 22/10/2014, yerekanye intambwe u Rwanda rwateye mu ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu nzego zose mu kurushaho kwihutisha (...)
Ishuri Rikuru rya Tumba College of Technology rifatanyije n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi (REB) ryashyikirije ibigo by’amashuri bitanu byo mu Karere ka Musanze mudasobwa 96 n’ibikoresho bijyana nazo bifite agaciro ka miliyoni hafi 24 .
Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuli abanza mu rwunge rw’amashuri rwa Nemba I, bamaze kumenya gukoresha mudasobwa, ku buryo hari ibintu bashobora gukoreraho birimo no gukoreraho umukoro baba bahawe n’abarimu babo.
Mu rwego rwo kwihutisha imitangire ya serivisi ndetse n’akazi muri rusange, hifashijwe ikoranabuhanga, ubu utugari twose uko ari 73 mu karere ka Nyabihu, twagejejweho mudasobwa “laptops”.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) kigiye kumara ibyumweru bibiri birenga mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza cyigisha urubyiruko rwo muri iki gice cy’icyaro ikoranabuhanga ryifashisha mudasobwa.
Abanyamabanga nshingwabikorwa bose b’utugali tugize Akarere ka Gatsibo, kuri uyu wa kane tariki 5 Kamena 2014, batangiye amahugurwa y’iminsi 2 hagamijwe kubongerera ubumenyi mu bijyanye n’ikoranabuhanga rya mudasobwa.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arashishikariza abayobozi bo muri iyo ntara gukoresha uburyo bwa “e-Document” bufasha abantu kohererezanya ndetse bakanabika inyandiko mu buryo bworoshye bakoresheje ikoranabuhanga kandi ikazanatuma amafaranga baguraga impapuro bayazigama agakora ibindi.
Nyuma y’igihe kigera ku mezi 6 amazu n’ibikoresho by’ikoranabuhanga bikorera ahazwi nka BDC (Business Development Centers) bidakoreshwa, ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero burasaba inzego z’urubyiruko gusaba no gupiganirwa gukoresha ibyo bikoresho.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame hamwe n’umuyobozi wa gahunda ya mudasobwa imwe kuri buri mwana(One Laptop per Child/OLPC) ku rwego rw’isi, Rodrigo Arboleda, bemeranyijwe ko iyi gahunda igiye kwagurirwa mu bindi bihugu by’Afurika, hamwe no gukomeza kuyigeza ku bana bose mu Rwanda.
Binyuze muri Business Development Centers (BDCs) ubu zisigaye zitwa Service Access Point (SAP), abaturage bo mu karere ka Nyabihu barishimira ko basigaye babona service z’ikorababuhanga bakanaryiga bitabagoye ndetse bikabungura ubwenge mu bijyanye no kwihangira umurimo.
Umuhanga w’umuherwe mu by’ikoranabuhanga, Bill Gates, yasabwe na bamwe mu bo bafatanyije imari muri Microsoft kwegura ku mirimo yo kuyobora icyo kigo karahabutaka mu gucuruza ikoranabuhanga ngo kuko gutinda mu buyobozi kwe bibangamiye inyungu za Microsoft.
Isomero ry’abaturage ry’i Rwinkwavu mu karere ka Kayonza (Community Library) ngo rifasha abana bato gukura bakunda ikoranabuhanga, nk’uko bamwe mu bana twasanze kuri iryo somero babyemeza.
Akarere ka Nyamagabe katangije ku mugaragaro ikoreshwa ry’uburyo bwo guhererekanya inyandiko hifashishijwe ikoranabuhanga hagati y’abakozi b’akarere, ibi bikaba bizazanira akarere inyungu haba mu kunoza imitangire ya serivisi, kwihutisha akazi ndetse no kugabanya amafaranga yakoreshwaga mu kugura impapuro.
Mudasobwa za One Laptop per Child zikoranye ubuhanga ngo ku buryo hari uburyo bazifunga n’uwayiba ikaba itagira icyo imumarira nk’uko Mukarutwaza Alphonsine, umwe mu barimu bahuguriwe ibijyanye n’izo mudasobwa, abitangaza.
Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga yatangije gahunda y’amezi atandatu yo kwigisha ikoranabuhanga ku baturage mu gihugu hose ndetse banahabwe ubusobanuro bunoze kuri za serivise bashobora guhabwa n’ibigo bya Leta n’ibyigenga.
Ishami rishinzwe umutekano muri Leta Zunze Ubumwe z’America, ryasabye abantu bakoresha software yitwa Java muri mudasobwa zabo kuyireka kubera ko ngo itizewe mu bijyanye n’umutekano kuri internet.
Hashize igihe kitagera ku kwezi indi ICT Telecenter ifunguye imiryango mu mujyi wa Kibuye nyuma y’izindi ebyiri zari zihasanzwe. Imwe y’umuntu wikorera iri mu mujyi hagati, indi iri mu nkengero z’umujyi ikaba ari iya RDB.