Abasore babiri b’Abanyarwanda, Theophile Nsengima na Anselme Mucunguzi, bakoze progaramu (Application) bise “Yoyote” ifasha abantu kumva indirimbo Nyarwanda kuri telefoni bifashishije internet.
Leta yahembye urubyiruko rwakoze programu za telefone zifasha abaturage gutanga ibirego, iyo batanyuzwe na servisi bahabwa mu nzego z’ibanze.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga Jean Philbert Nsengimana atangaza ko hari amahirwe ubukungu bw’igihugu bugira kubera ubwiyongere mu gukoresha ikoranabuhanga.
Sosiyete y’itumanaho ya Tigo, yatangije uburyo bwo gukoresha interineti yihuta ya 4G muri telefoni zigendanwa zizwi nka Samsung Ace J1.
Bamwe mu bafatabuguzi ba sosiyete y’itumanaho ya MTN bo mu karere ka Kayonza bavuga ko babangamirwa n’indirimbo zizwi ku izina rya Caller Tunes zumvwa n’umuntu ubahamagaye, bitewe n’uko izo ndirimbo baba batarazisabye kandi rimwe na rimwe ngo ntibamenya ko zahujwe n’imirongo [nomero] bakoresha.
Nubwo terefone zizwi mu gufasha abantu mu itumanaho bikoroshya akazi, abakozi bakorera mu karere ka Gicumbi baravuga ko kuvugira kuri terefone umwanya munini bituma hadatangwa servise nziza.
Abaturage bo mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera ngo bafite ikibazo cy’itumanaho rya telefone ritameze neza kubera ko mu duce dutandukanye two muri uwo murenge nta rezo ya telefone ihagera.
Abaturage bo mu murenge wa Cyumba mu karere ka Gicumbi nyuma yo kumurikirwa umunara wa Tigo ngo bagiye kujya bahamagara biboroheye ndetse banagure ibikorwa byabo by’ubucuruzi babashe kwiteza imbere.
Mu gihe akarere ka Nyamasheke kashyizeho uburyo abayobozi bose bashobora gutamanaho ku buryo bworoshye bikihutisha akazi, bamwe mu bayobozi batuye mu mirenge ya Nyabitekeri na Karambi, bari barahejwe kuri iri tumanaho bahuriraho (user group) ngo baba bagiye gusubizwa.
Abaturage batuye mu kagari ka Rutabo mu murenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke bahangayikishijwe no kubaho badakoresha itumanaho uko bikwiye bitewe nuko agace batuyemo katabamo umunara n’umwe w’isosiyete zikorera mu gihugu rwagati.
Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC-East) rivuga ko rishishikajwe no kwigisha abanyeshuri imyuga itandukanye irimo n’ikoranabuhanga rigezweho.
Sosiyete y’itumanaho mu Rwanda, MTN Rwandacell, yagiranye amasezerano n’indi icuruza ikoranabuhanga ryo kureba televiziyo mu buryo bugezweho, Star Times; ko uwifuza kugura ikarita yo kureba televiziyo zitandukanye zo ku isi ashobora kwifashisha amafaranga afite kuri konti ye ya mobile money.
Ikigo cyitwa BETTER THAN CASH Alliance gikorana n’Umuryango w’abibumbye, kirifuza ko mu Rwanda hatezwa imbere guhererekanya amafaranga hakoreshejwe telefone, ku buryo ngo atari ngombwa gukoresha amafaranga mu kugura ibintu no kwishyurana, aho Leta n’ibindi bigo ngo bihombera mu ihererekanya ry’amafaranga anyuzwa mu ma banki.
Ikigo cy’itumanaho cya Tigo cyamaze kumvikana na banki KCB ko ubu umukiliya wabo agiye kuzajya yihitiramo ikimworoheye mu gukoresha konti ya banki akoresheje telefoni ndetse n’umukiliya wa Tigo cash akaba yakoresha amafaranga ye anyuze mu byuma ATM bya banki KCB.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN yumvikanye na Banki za KCB na I&M Bank (yahoze yitwa BCR), ko umuntu ufite telefone irimo amafaranga kuri mobile money, ubu ashobora kuyabikuza yegereye icyuma gitanga amafaranga (ATM) cya I&M; ndetse akaba anashobora kohereza no kubikuza amafaranga kuri konti za KCB.
Sosiyete ya MTN yashyiriyeho abakiriya bayo bakoresha imbuga nkoranyambaga nka WhatsApp, Twitter na Facebook uburyo bwo kwisanzura bakoresheje amafaranga atarengeje igiceri cya 50 ku munsi.
Banki ya I&M Bank igiye gutangiza uburyo buzwi nka mVisa bukoresha telefoni mu guhererekanya amafaranga no kwishyura serivisi zitandukanye. Ubu buryo buzakoreshwa no ku bindi bigo bitari amabanki mu rwego rwo koroshya ihererekanya mafaranga.
Ukudahuza kw’amasosiyete acuruza itumanaho mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) biracyabangamiye ubwisanzure bw’abaturage mu guhamagarana, kuko ibiciro bigihanitse ariko hashyizweho ingamba zo guhuza imikoranire ibigo bicuruza itumanaho muri aka karere.
Urubyiruko rwo mu karere ka Rulindo rurahamagarirwa gukoresha ikoranabuhanga cyane cyane telephone mu bikorwa byo kwiteza imbere aho kuyikoresha mu kwidagadura gusa cyaangwa ibitabafitiye umumaro nko kuyitukaniraho n’ibindi.
Sosiyete y’itumanaho rya telefoni zigendanwa, Tigo yatangije uburyo bwo gufasha abakiri ba yo bo mu Rwanda na Tanzaniya kohereza no kwakira amafaranga.
Uko u Rwanda rukomeza gutera imbere hifashishijwe ikoranabuhanga, niko n’Abanyarwanda mu ngeri zitandukanye bakomeza kugendana naryo hanavumburwa ubumenyi buhanitse mu kuryifashisha mu kwihangira imirimo.
Abaturage bo mu karere ka Bugesera batuye mu duce twegeranye n’igihugu cy’u Burundi baravuga ko rimwe na rimwe bahamagara cyangwa bahamagarwa amafaranga yabo akagenda nk’aho bahamagaye mu kindi gihugu kuko baba bakoresha umunara wo mu Burundi.
Bamwe mu bafatabuguzu ba MTN bagerageje gushyira amakarita yo guhamagara muri telefoni zabo bikanga, baratangaza ko batishimiye uburyo byabiciye gahunda kandi n’iyi sosiyete ntibisegureho ku gihe.
Mu gihe abanyeshuri bari barabujijwe gutunga ama telephone, ubu noneho Ikigo cy’itumanaho cya MTN cyabagombotse kibaha ubundi buryo bazajya bifashisha kugirango babashe kuvugana n’imiryango yabo.
Urubuga rwa Facebook rwaguze sosiyete titwa Mobile Technologies yazobereye mu gukora program zifasha mu gusemura amagambo mu majwi kuri telefonzigendanwa cyane cyane iyitwa jibbigo.
Kuri sim card 6,596,005 zari ziri ku murongo mu Rwanda hose izigera kuri 6,110,138 nizo babashije kubarurwa kugeza tariki 31/07/2013. Bivuze ko sim card 485,867 zavanwe ku murongo.
Ikoranabuhanga rya mVisa Banki ya Kigali (BK) yatangije kuri uyu wa kabiri tariki 23/07/2013, rizafasha abantu kuzigama amafaranga kuri telefone no kubikuza, kwishyura ibyo baguze (haherewe ku amashanyarazi, amazi n’ikarita yo guhamagara), ndetse no kohererezanya amafaranga byihuse, umuntu atarinze kuyafata mu ntoki.
Mu gihe hasigaye iminsi itagera ku icumi ngo igihe cyatanzwe mu kwandikisha SIM Cards kirangire, abakoresha SIM cards muri telefoni zigendanwa na modem bagera kuri 13% ntibarazandikisha.
Umugabo witwa Martin Cooper umuyobozi mukuru w’uruganda rwa Motorola, ni we wavugiye bwa mbere kuri telefone igendanwa (mobile)mu 1973. Icyo gihe ngo yahamagaye umuyobozi w’isosiyete yitwaga AT&T’s Bell Labs, ikaba yari mucyeba wa Motorola.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwandacell yamenyesheje abafatabuguzi bayo ko ibafitiye servisi nyinshi zikoreshwa muri telefone yo mu bwoko bwa blackberry, ikaba ibasaba kudapfusha ubusa umwihariko w’iyo telephone.