Nyuma y’iminsi itatu gusa atangiye imirimo nka Minisitiri mushya w’ibidukikije, Ambasaderi Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya, akazi ke ka mbere yagatangiriye ku nama (breakfast meeting) n’abafatanyabikorwa b’iyi minisiteri.
Abashinzwe kubungabunga ibidukikije baravuga ko bitarenze Ukuboza uyu mwaka, ba rushimusi b’imisambi banayicuruza mu buryo butemewe bazahura n’ibihano bikarishye.
Uretse ubusitani buri ku isomero rusange rya Kigali (Kigali public library) ushobora kwicaramo umunsi wose ugasoma igitabo hari na interineti itagira umugozi (Wi-Fi), umujyi wa Kigali watunganyije ubundi busitani bwihariye.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 02 Ugushyingo 2019, Banki ya Kigali yafatanyije n’Akarere ka Bugesera ndetse n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye, batera ibiti bivangwa n’imyaka muri ako karere ka Bugesera mu murenge wa Rweru bibarirwa mu bihumbi mirongo itandatu na kimwe na magana atanu (61,500), bikaba byatewe ku buso bwa (...)
Umuyobozi uhagarariye Umuryango w’Abibumye (UN) mu Rwanda Fode Ndiaye yifatanyije n’Abaturage bo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi mu muganda udasanzwe wo gutera ibiti biribwa n’ibivangwa n’imyaka.
Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi (EU) ugiye guha u Rwanda asaga miliyari 4.5 z’Amafaranga y’u Rwanda azifashishwa mu gukomeza kubona ibicanwa bitangiza ikirere mu rwego rwo kurengera ibidukikije.
I Nzega mu Karere ka Nyamagabe, hari abaturiye umuhanda wa kaburimbo binubira ko bawusatirijwe mu gihe cyo kuwusubiramo, none bakaba nta bwinyagamburiro bafite.
Abaturage batuye mu kagari ka Cyabayaga babariwe imitungo yabo bagomba kwimuka bavuga ko bimwe ingurane ahubwo ibikorwa by’umuhanda birakomeza bibateza umwuzure.
Mu kwezi gushize Perezida wa Repubulika Paul Kagame yateguje abamotari ko moto zinywa essence zigiye gusimbuzwa izitwarwa n’amashanyarazi, kandi ko icyo gikorwa nikirangira hazakurikiraho imodoka.
Mark Sullivan na Kristin Jensen Sullivan bo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika muri Leta ya California biyemeje kwitangira ibidukikije, by’umwihariko mu Rwanda bahatangiza umuryango REAO (Rwanda Environment Awareness Organization) wita ku bidukikije.
Itsinda ry’abaturage bahagarariye abandi mu kagari ka Kigombe mu murenge wa Muhoza, akagari kagizwe n’igice kinini cy’umujyi wa Musanze, biyemeje kuzenguruka imidugudu yose n’umujyi wa Musanze bamagana umwanda.
Ikigo cy’itangazamakuru gikomeye muri Leta zunze ubumwe za Amerika, National Geographic, cyashyizeho irushanwa rifasha abantu batandukanye, mu mpande zose z’isi kugira ubushobozi bwo kwita izina umwana w’ingagi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko gusubiza abatwika amatafari mu gishanga cy’umuvumba byashingiwe ku nama z’ Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) kandi binyuranye n’ibaruwa bandikiwe.
Impuguke mu bijyanye n’ihumana ry’umwuka hamwe n’indwara z’ubuhumekero, zirasaba abahumeka imyuka iva mu modoka, mu nganda no mu bikoni kurushaho kwirinda.
Abaturage bafite imirima mu kibaya cya Mugogo giherereye mu kagari ka Gisesero Umudugudu wa Kabaya mu murenge wa Busogo mu karere ka Musanze bari mu gihirahiro batewe n’uko icyo kibaya cyamaze kurengerwa n’amazi y’imvura aturuka mu misozi igikikije no mu birunga, imyaka yabo ikaba yararengewe.
Perezida w’Inteko Inshinga Amategeko, umutwe w’abadepite, Mukabalisa Donatille yibukije abaturage b’i Karama muri Nyagatare ko amazi y’imvura adakwiye kuba ikibazo ahubwo akwiye kuba igisubizo.
Kubera imirimo yo kubaka ikiraro gihuza Nyabugogo na Gatsata izakorwa kuva tariki 27 kugeza 28 Nyakanga 2019 guhera saa 6h00 kugeza saa 11h00 z’amanywa, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buramenyesha abakoresha icyo kiraro bajya cyangwa bava mu bice bya Gatsata ko cyizaba kidakoreshwa haba ku binyabiziga no kubagenda n’amaguru.
Ikigo cyita ku bidukikije (Global Green Growth Institute - GGGI) cyiyemeje gufasha u Rwanda kunoza imiturire mu mijyi itangiza ibidukikije. Icyo kigo cyasabye u Rwanda kugiha imishinga isobanutse ishobora guterwa inkunga.
Mu Kagari ka Ngoma mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe hari abahinzi binubira kuba igishanga cya Miramo cyaratunganyijwe bakaburamo uturima nyamara bari bahasanganywe imirima.
Hakizimana Alphonse acuruza amazi mu majerekani akoresheje igare, mu bice bya Kabeza na Kanombe mu Karere ka Kicukiro, ku buryo ashobora kwinjiza amafaranga y’u Rwanda ari hagati ya 10,000 na 18,000 ku munsi.
Ku mugezi wa Nyabarongo iruhande rw’urutindo runini rw’ahazwi nko kuri Ruliba, ahakunze kuba imyuzure ikabuza imodoka ziva i Kigali zerekeza mu Majyepfo cyangwa zivayo gutambuka, harimo gukorwa imirimo izaca iyo myuzure.
I Gasagara mu Karere ka Gisagara, abaturiye ahayobowe amazi hakorwa umuhanda baturiye bararira ayo kwarika kuko amaze gutwara imirima itari mikeya.
Mu imurikagurisha ry’ibikomoka k’ubuhinzi n’ubworozi ryabereye ku Murindi mu Mujyi wa Kigali mu kwezi gushize kwa Kamena 2019, hagaragayemo imbabura ya ‘cana rimwe’, ishobora gukoreshwa mu kubungabunga ibidukikije, kugabanya amakara akoreshwa, ndetse no kugabanya imyuka yangiza ikirere.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amazi n’amashyamba (RWFA) cyashyizeho umushinga uzakemura ikibazo cy’isuri mu cyogogo cya Sebeya.
Mu ruzinduko Perezida Paul Kagame aherutse kugirira mu ntara y’Amajyaruguru n’Uburengerazuba, yagaragarijwe n’abayobozi b’uturere ikibazo cy’imyuzi (amazi ava mu birunga akangiriza abaturage ibyabo), asubiza ko ari ikibazo gisaba amikoro, ariko ko baza kugihagurukira ku buryo ayo mazi yayoborwa neza cyangwa akabyazwa undi (...)
Minisitiri ufite ibidukikije mu nshingano ze, Vincent Biruta, ndetse na Eng. Coletha Ruhamya, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo REMA gishinzwe kubungabunga Ibidukikije, kuri uyu wa 22 Gicurasi 2019, bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru ku iyangirika ry’umwuka mu Rwanda, abo bayobozi basobanura ko riterwa na bimwe mu bikoresho (...)
Ikibazo cy’umwuka uhumanye abantu bahumeka kigenda kiyongera kuko kuri ubu abagera ku 9/10 bahumeka umwuka uhumanye. Nyamara ntihafatwa ingamba ngo ingaruka zidakomeza kubageraho.
Impuguke z’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuhinzi n’Ibiribwa ku Isi (FAO) hamwe n’inzego zitandukanye za Leta y’u Rwanda, bagiye kwiga uburyo abaturage babona ibicanwa bigabanya ikoreshwa ry’inkwi.
I Kigali hagiye gutangizwa umushinga w’ikitegererezo wo kubaka umujyi utangiza ibidukikije, ukazubakwa mu murenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo ku butaka bwa hegitari 620.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangije umushinga wo gupima ubutaka (Mobile Laboratory) kugira ngo bamenye ibibugize bityo buhuzwe n’imbuto hagamijwe kongera umusaruro.