“Gutera amashyamba aho bishoboka hose mu Rwanda ni uruhare rwa buri wese” – Minisitiri w’Intebe
Ku munsi w’isabukuru ya 36 y’igiti mu Rwanda, minisitiri w’intebe, Pierre Damien Habumuremyi, yafatanyije n’abayobozi batandukanye ku rwego rw’igihugu, intara y’iburasirazuba hamwe n’ab’akarere ka Kirehe batera ingemwe z’ibiti zigera ku bihumbi 50 kuri hegitari zisaga 25 mu kagari ka Kiyanzi mu murenge wa Nyamugari.
Minisitiri w’intebe yavuze ko ashimira minisiteri y’umutungo kamere yateguye iki gikorwa maze asaba abaturage kwitabira kubungabunga amashyamba.
Yashimiye kandi ubufatanye bw’abayobozi n’abaturage mu kwitabira gutera igiti, anabizeza ko igikorwa cyo kuhira imyaka guverinoma igiye kugishyiramo imbaraga maze inzara ikaba amateka mu Rwanda.
Ministiri w’intebe yaboneheho kumenyesha abaturage ko Nyakubashwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame abashimira uburyo bitabira gahunda za guverinoma.
Stanislas Kamanzi, minisitiri w’umutungo kamere, yavuze ko kuba bateye ingemwe z’ibiti zigera ku bihumbi 25 biri mu byongera amashyamba no kuyafata neza. Yasabye abaturage kwirinda kuragira ku gasozi mu rwego rwo gufata neza amashyamba.
Kamanzi kandi yasabye abaturage kwita ku biti byatewe kuko kubungabunga amashyamba ari ngombwa. Yabasobanuriye ko ishyamba rigirira akamaro nyiraryo ndetse n’aho riri kuko rigabanya imyuka yanduza ikirere.
Odette Uwamaliya, umuyobozi w’intara y’iburasirazuba, yavuze ko kubungabunga amashyamba ari ngombwa kandi ko afitiye Umunyarwanda wese akamaro.
Insanganyamatsiko y’iyi sabukuru ya 36 y’igiti mu Rwanda igira iti: “amashyamba ishingiro ry’iterambere rirambye”. Insanganyamatsiko ku isi ni: “Amashyamba abereyeho abaturage.”
Grégoire Kagenzi
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|