Mu Karere ka Kamonyi Abasukuti n’Abagide bafatanyije n’abaturage baho biganjemo urubyiruko, bateye ibiti 2000 birimo ibiribwa n’ibivangwa n’imyaka mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije.
Abashakashatsi mu bijyanye n’ibinyabuzima bavuga ko imihindagurikire y’ikirere yateye ukwiyongera k’ubushyuhe ku isi, izatuma hari ibiti bicika mu bice bisanzwemo imihindagurikire y’ikirere myiza (région intertropical).
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Mushabe David Claudian, avuga ko umuhigo w’ibiti bitatu by’imbuto kuri buri muryango uzatangira gushyirwa mu bikorwa muri Mata.
Abaturage batuye munsi y’umusozi wa Rebero mu karere ka Kicukiro bemeza ko ibiti 4,500 byatewe kuri uwo musozi bizabarinda isuri yari igiye kuzabasenyera, bakavuga ko bahoranaga ubwoba mu gihe cy’imvura.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’ubushakashatsi n’iterambere ry’inganda mu Rwanda (NIRDA), ku ruhererekane nyongeragaciro rw’ibikomoka ku biti bwerekanye ko abakoresha ikoranabuhanga rigezweho ari 1%, bikadindiza iterambere ry’urwo rwego.
Ikigo gishinzwe guteza imbere amazi n’amashyamba mu Rwanda kiratangaza ko umwaka wa 2019 uzarangira 30% by’ubuso bumaze guterwaho amashyamba.
Abatuye mu mirenge yo mu Karere ka Rusizi ikora ku ishyamba rya Nyungwe n’irya Cyamudogo, barakangurirwa kutayangiza kuko ari amashyamba kimeza agize urusobe rw’ibidukikije.
Minisiteri ishinzwe Ubutaka n’Amashyamba (MINILAF) yatangiye gahunda yo kubungabunga amashyamba 107 rukumbi ya kimeza u Rwanda rusigaranye, kugira ngo adacika.
Igisura ni ikimera gifite inkomoko ku mugabane wa Aziya, kizwi mu ndimi z’amahanga nka “Stinging nettle cyangwa urtica dioica”. Gikunda kumera ahantu hakonje, mu Rwanda kikaba kiboneka mu bice byegereye ibirunga.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe ubushakashatsi ku byaha n’ubutabera (UNICRI), rirasaba ibihugu birimo u Rwanda kuba maso kugira ngo ibinyabutabire bidakoreshwa n’umwanzi.
Abaturage bo mu karereka Rwamaga mu muganda usoza ukwezi kwa 11 bakoze igikorwa cyo gutera ibiti ibihumbi 15 kubuso bwa hegitari esheshatu basabwa kubibungabunga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buravuga ko 90% by’amashyamba ari muri aka karere yafashwe n’indwara y’inda.
Abayobozi b’uturere tw’Intara y’Uburengerazuba dukora kuri Pariki ya Nyungwe bagiye gutangira gukangurira abaturiye iyi pariki kwirinda gutwika mu gihe k’impeshyi.
Kuva tariki ya 10 Mata 2016 amazi y’Ikiyaga cya Kivu yahinduye ibara asa n’icyatsi mu gihe yari asanzwe ari ubururu.
Ministeri y’Umutungo Kamere (MINIRENA), itangaza ko icyerekezo 2020 Leta yihaye mu mwaka wa 2000, ngo imaze kukigeraho mu rwego rw’amashyamba.
Kubera akamaro kayo, REMA igiye kwagura gahunda yo kwita ku bidukikije mu mashuri igere mu bigo byose mu gihe yakorerwaga mu bigo bike.
Mu muganda wo ku rwego rw’igihugu wabereye mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2015 bateye ibiti bya Macadamia 100.
Nyuma y’umuganda usoza ukwezi k’Ugushyingo 2015, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Ambassaderi Claver Gatete, yasabye abaturage kwita ku biti byatewe babungabunga amashyamba.
Minisiteri y’Umutungo Kamere n’Ibidukikije iratangaza ko igihembwe cyo gutera ibiti kizatangira mu mpera z’uku kwezi kizasiga hegitare ibihumbi 7 na 818 zitewe ibiti.
Mu Karere ka Nyanza hatewe ibiti 3500, mu gikorwa cyo gutangiza gahunda yo gutera miliyoni 100 z’ibiti ku isi mbere ya 2017.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe bwahagurukiye ikibazo cya ba rutwitsi bamaze kwangiza ubuso bw’amashyamba bwa hetari 45, bugakangurira abaturage kuba maso.
Abaturage bo mu mirenge ya Cyahinda na Nyagisozi mu karere ka Nyaruguru baravuga ko bahangayikishijwe n’udusimba dumeze nk’inda twumisha amashyamba.
U Rwanda, kimwe n’ibindi bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere, biri kwiga uburyo byajya bibyaza umusaruro umutungo kamere w’ibimera, aho kugira ngo ibihugu byateye imbere ku isi abe ari byo biwutwarira ubuntu nibirangiza biwugurishe ku giciro cyo hejuru.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, yatangaje ko mu gihembwe cy’amashyamba cya 2013-2014 mu Rwanda hazaterwa ingemwe z’ibiti miliyoni 32.
Akarere k’Amajyaruguru y’Uburengerazuba bw’u Rwanda kagizwe n’uturere dutandatu tw’u Rwanda kagiye kubakwamo ishyamba ry’icyitegererezo (Foret Model), mu rwego rwo gufasha kwihutisha iterambere no gushyiraho uburyo burambye bwo gucunga amashyamba.
Minisitiri w’umutungo kamere, Sitanslas Kamanzi avuga ko kuba umukandara w’ishyamba utandukanya pariki y’igihugu ya Nyungwe n’abaturage hagamijwe kubungabunga ubusugire bwayo utasarurwaga byari igihombo gikomeye ku Rwanda.
Minisitiri w’umutungo kamere Kamanzi Stanislas tariki ya 09/08/2013yagiriye urugendo mu Karere ka Gicumbi, asura bimwe mu bikorwa byo kurwanya isuri by’umwihariko mu mirima y’abaturage akaba yarabasabye kurushaho gutera ibiti birwanya isuri.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko bufite ingamba zo kurushaho gufata neza amashyamba no kuyabyaza umusaruro ngo akomeze kwinjiriza abaturage ndetse n’akarere, asarurwa mu buryo buboneye kandi ibiyakomokaho bikagurishwa mu buryo bufite umurongo.
Minisitiri w’amashyamba n’umutungo kamere, Sitanislas Kamanzi arashima ibikorwa byo gutera amashyamba byakozwe n’Inkeragutabara mu karere ka Nyagatare.
Nyuma y’uko ubuyobozi bw’akarere bufashe icyemezo cyo guhagarika itemwa ry’amashyamba, abaturage barasaba ko bakomorerwa kuko ayo mashyamba abaha amafaranga bakeneye mu gukemura ibibazo bitandukanye.