Sitting Volleyball: U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Canada na Brazil muri #Paralympics2024

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore muri Sitting Volleyball yisanze mu itsinda rimwe n’amakipe abiri akomeye ku rwego rw’Isi, ari yo Brazil na Canada mu mikino ya Paralympic 2024 izabera i Paris.

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Canada na Brazil ibihugu bibiri bya mbere ku rwego rw'Isi muri Sitting Volleyball y'abagore
U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Canada na Brazil ibihugu bibiri bya mbere ku rwego rw’Isi muri Sitting Volleyball y’abagore

Ibi byamenyekanye kuwa Kabiri muri tombola yabaye igaragaza uko amakipe azahura mu mikino paralempike ya 2024 izabera i Paris mu Bufaransa kuva ku tariki ya 28 Kanama 2024 kugeza ku ya 8 Nzeri 2024 aho u Rwanda ruzahagararirwa n’abagore babonye itike ubwo batwaraga Igikombe cya Afurika 2024 cyabereye muri Nigeria.

Muri iyi tombola u Rwanda rwisanze mu itsinda rya kabiri aho ruri hamwe n’ikipe y’Igihugu ya Canada iheruka kuba iya kabiri nuri shampiyona y’Isi yabereye mu Misiri mu 2023, u Rwanda rwabayemo urwa karindwi, Brazil yabaye iya gatatu muri iyo shampiyona ndetse na Slovenia yabayemo iya gatandatu.

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu bagore mu mukino wa Sitting volleyball
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda mu bagore mu mukino wa Sitting volleyball

U Rwanda mu bagore rugiye kwitabira iyi mikino Paralempike ku nshuro ya gatatu kuva 2016 aho baherukayo mu 2021 i Tokyo mu Buyapani ndetse begukanye umwanya wa karindwi mu gihe kandi u Rwanda ari cyo gihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyitabiriye iyi mikino mu bagore.

Abakinnnyi bagera mu 4,400 baturutse imihanda yose ku Isi bazitabira iyi mikino aho bazahatana mu mikino 22.

Ubwo u Rwanda ruheruka mu mikino paralempike mu 2021 rwegukanye umwanya wa karindwi
Ubwo u Rwanda ruheruka mu mikino paralempike mu 2021 rwegukanye umwanya wa karindwi
Ni inshuro ya gatatu u Rwanda ruzaba rwitabiriye iyi mikino kuva mu 2016 bitabira bwa mbere
Ni inshuro ya gatatu u Rwanda ruzaba rwitabiriye iyi mikino kuva mu 2016 bitabira bwa mbere
Imikino izabera i Paris mu 2024 izitabirwa n'abakinnnyi barenga ibihumbi 4400 bazahatana mu mikino 22
Imikino izabera i Paris mu 2024 izitabirwa n’abakinnnyi barenga ibihumbi 4400 bazahatana mu mikino 22
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka