Kampala: Perezida Kagame yitabiriye inama y’Umuhora wa Ruguru

Perezida Kagame yageze I Kampala muri Uganda, aho yitabiriye inama y’abakuru b’ibihugu bigize Umuhora wa Ruguru (Northern Corridor). Iyi nama ibaye ku nshuro ya 13 iriga ku buryo ibihugu bihuriye kuri uyu mushinga ari byo u Rwanda, Kenya,Uganda na Sudani y’Amajyepfo byakomeza guhuza urujya n’uruza rw’ibikorwa by’ubucuruzi.

Mu by’ingenzi bigize uyu mushinga harimo koroshya ubucuruzi, kwihutisha iyubakwa ry’umuhanda wa gali ya moshi no gukomeza guteza imbere Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba.

Perezida Kagame akigera i Kampala.
Perezida Kagame akigera i Kampala.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka