Igishushanyo cya Okapi cyarangaje imbaga muri Kigali
Abagenzi banyura hafi ya Hotel Okapi iherereye ku Muhima mu Karere ka Nyarugenge, ntibarimo kwihanganira gutambuka badahagaze ngo bafate umwanya wo kureba amashusho ayishushanijeho afite ubwiza bukurura amaso ku buryo budasanzwe.
Umunyabugeni Mpuzamahanga witwa Roa ukomoka mu Bubiligi, niwe uri gushushanya iyi Okapi, yicaye ku cyuma giteye nk’umusambi kuri Okapi, aho arimo gushushanya inyamaswa zitandukanye ku nkuta z’iyo hotel yifashishije irangi ry’amavuta.
Abanyura kuri iyo gorofa igeretse kane, hafi ya bose barahagarara bakabanza kureba ibyo arimo gukora, wumva babyibazaho ndetse bamwe muri bo bakanagerageza gufora inyamaswa agiye gushushanya.
Umwe mu bahangaga amaso mu kirere witwa Mative Jones, amarangamutima yamurenze agira ati “Iriya irahebuje,…njyewe nari ntegereje ko akuramo ingagi nini cyane yo mu birunga..kariya ko karasa nk’inkegesi za Joshua hill..”
Roa yamenyekanye cyane ku mugabane w’u Burayi kubera gushushanya ku nkua z’amazu yo mu mijyi itandukanye.
Mu myaka ya za 2000, hariho kompanyi y’ubwikorezi yitwaga Okapi Car yatwaraga abagenzi hagati ya Kigali na Goma muri RDC na Kigali-Nyagatare, gusa iyo kompanyi yarazimiye.
Ubusanzwe Okapi ni inyamaswa z’inyamabere zo mu mashyamba ya Repubulika iharanira demokarasi ya Congo zijya gusa na twiga ndetse n’imparage.
Okapi ni zimwe mu nyamaswa nkeya cyane zo mu bisekuru bya twiga zisigaye ku isi, mu gihe Twiga ari yo nyamaswa ya mbere ndende ku isi.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|