Kwikuda, kwishima, guseka, kugira impuhwe, ibi byose biterwa n’imisemburo. Iyo bita imisemburo y’ibyishimo, ese iyi ni iyihe?
Watermelon ni urubuto ubundi rugizwe n’amazi ku kigero cya 92%, rukigiramo n’izindi vitamine n’ubutare butandukanye, bituma ari urubato rw’ingenzi ku buzima bw’abantu bakunda kururya. Gusa, imbuto zo muri watermelon na zo zikize ku ntungamubiri.
Kabeyi Jeannette utuye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo avuga ko ntako mu rugo iwe batagize ngo barwanye ibiheri mu buriri no mu ntebe bicaramo, ariko bikaba byaranze kugenda.
Abahanga mu by’imirire bavuga ko Atari byiza gutekesha amavuta y’ubuto inshuro nyinshi, kuko bigira ingaruka ku buzima bw’umuntu.
Umuceri ni ikiribwa gifite inkomoko mu bihugu byo muri Aziya nk’Ubushinwa n’Ubuhinde, kuri ubu kikaba cyarabaye ifunguro rikundwa na benshi mu batuye isi.
Konka intoki cyane cyane urutoki rw’igikumwe ni ibintu bisanzwe mu bana. Ariko hari igihe kigera ukabona birakabije, ugatangira kwibaza uko wabimucaho bikagushobera. Ese hari uburyo umuntu ashobora gufasha umwana kureka konka intoki bigashoboka?
Imbwa n’injangwe zatawe na ba shebuja kubera kubura ubushobozi bwo kuzitaho zikomeje kubyazwa umusaruro n’umuryango wiyemeje kuzitaho.
Abahanga mu myitwarire ya Muntu bemeza ko uburyo umuntu yicara asobekeranyije amaguru cyangwa akagereka akaguru ku kandi, ari kimwe mu bishobora kugaragaza imyitwarire y’umuntu n’uko yiyumva muri we muri ako kanya.
Umubyeyi watubwiye ko yitwa Jacqueline, akaba atuye mu Gatenga mu Karere ka Kicukiro, ni umwe mu bavuga ko imbeba zamujujubije mu rugo iwe, ariko akaba yanageze iwabo ku Gisozi agasanga ho zarabaye icyorezo.
Bivugwa ko umuntu afite indwara y’amaso aturumbutse cyangwa ‘Exophtalmie’ iyo ijisho rye rimwe cyangwa se amaso yombi ava mu mwanya wayo usanzwe ukabona yaje imbere cyane ku buryo budasanzwe, akenshi bitewe no kubyimba kw’imikaya (muscles), n’ibindi bigize igice cy’inyuma y’ijisho.
Impuguke zaganiriye na Kigali Today zivuga ko hari uburyo butandukanye bwafasha umuntu kwirinda gukubitwa n’inkuba, nko kwegeranya amaguru no kutagendagenda ahantu hari amazi, mu gihe atari hafi y’inzu cyangwa imodoka yo kugamamo.
Imbuto za amande zikomoka muri Aziya yo hagati, ariko uko imyaka yagiye ihita, zageze no ku yindi migabane, harimo u Burayi ndetse no muri Afurika kuko zera no mu Misri. Nubwo izo mbuto zidahingwa mu Rwanda, ariko mu masoko n’amaduka amwe n’amwe yo mu Rwanda mu ziraboneka, gusa ikibazo ni uko nubwo bifite akamaro kenshi (...)
Kugira ngo umwana atangire neza umunsi we, aba agomba guhabwa ifunguro ryo mu gitondo ryuzuye kandi rigizwe n’ibintu by’ingenzi kugira ngo yirirwe ameze neza.
Umunya-Ireland witwa Alan Fisher yashyizwe mu muhigo w’Isi mu gitabo cya ‘Guinness World Records’ cyandikwamo abantu bakoze ibintu bidasanzwe kuko yatetse amasaha 119 n’iminota 57.
Abantu benshi bamenyereye kurya ipapayi nk’urubuto rufitiye umubiri akamaro, kubera ibirigize birimo za vitamine, imyunyungugu, n’ibindi, ariko hari n’ibindi bituruka kuri ryo nk’utubuto twaryo tw’imbere n’igishishwa cyaryo bifitiye umubiri akamaro.
Iyo havuzwe ubudahangarwa bw’umubiri humvikana ubushobozi bwawo bwo guhangana, no kurinda ibyawutera indwara ziterwa na za bagiteri, virusi n’indiririzi cyangwa imiyege (parasites).
Hari imvugo yitiriwe Umufilozofe unafatwa nk’aho ari we watangije ubuvuzi mu mateka y’Isi, umugereki Hypocrate, igira iti “ibyo kurya byawe bibe umuti wawe, kandi umuti wawe ube ibyo kurya byawe”.
Iyo uganiriye n’abantu ku bijyanye n’amavuta akoreshwa mu gutegura amafunguro, usanga abenshi bayafiteho impungenge kubera impamvu zitandukanye.
Kurwara isepfu bishobora guterwa n’ibintu bitandukanye duhura nabyo mu buzima bwa buri munsi, ariko hari n’igihe ishobora guterwa n’ubundi burwayi busaba umuntu kujya kwa muganga.
Umusaza wo muri Uganda mu gace ka Iganga witwa Melkizedeki Kalikwani w’imyaka 110, avuga ko kwirinda ubusinzi n’inshuti mbi ari byo byamufashije kurama. Uwo musaza aherutse kwizihiza isabukuru ye y’imyaka 110, ibyo bikaba ari ibintu bitagerwaho na benshi nubwo baba babyifuza.
Umunya-Brazil Ronaldo Luís Nazário de Lima w’imyaka 47 n’Umunyamerika Lance Armstrong w’imyaka 52, ni abantu b’ibyamamare muri siporo z’umwuga bavutse ku itariki 18 Nzeri, ariko ibigwi byabo bikaba bihabanye.
Abenshi mu Bepiskopi Gatolika mu Rwanda biganye mu iseminari nto n’inkuru, ariko bamwe bakagira umwihariko bahuriyeho nyuma y’imyaka icyenda ku ntebe y’ishuri, kugeza bahawe Ubupadiri.
Gukomannya ibirahuri, amacupa, ibikombe, cyangwa inkongoro mbere yo gusangira icyo kunywa, ni ibintu bihuriweho na benshi mu mico itandukanye, kandi ugasanga igisobanuro rusange nta kindi usibye kuba ari ikimenyetso cyo kwishimirana hagati y’abagiye gusangira.
Hari umuntu kuri ubu wakwikura Amafaranga y’u Rwanda miliyoni ebyiri akagura telefone (smart phone), kuko ayibonamo akamaro karenze kuba telefone, ahubwo ari igikoresho gisimbura byinshi mu buzima bwe.
Mbese bigenda bite ko abaturage iyo bakiri abana, usanga abahungu ari bo benshi kurusha abakobwa, ariko wareba abageze mu zabukuru ugasanga abagabo ari bacye ugereranyije n’abagore?
Iyo urukundo ruje muri gahunda z’umuntu, ibindi byose bisa n’ibisubitswe akigira mu yindi si, ibitekerezo byose bigahita byimukira ku wo akunda, agahora yumva nta kindi ashaka kumva usibye amagambo meza amwerekeyeho cyangwa amuturutseho.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), cyahuguye abamotari 500 baturutse ku maseta atandukanye yo mu Mujyi wa Kigali, ku buryo bashobora gutangamo ubutabazi bw’ibanze ku bahuye n’impanuka.
Abaganiriye na Kigali Today kuri iyi ngingo ntabwo bashobora kumenya ahakomotse imvugo igira iti ’impyisi yarongoye’, iyo babonye imvura igwa izuba riva.
Nubwo gukora siporo ari ingenzi mu buzima, abahanga mu kwigisha imikino ngororamubiri bavuga ko iyo utayikoze neza ishobora kukumugaza burundu.
Kubyiringira cyangwa gukuba amaso ni ibintu bifatwa nk’ibisanzwe, igihe umuntu arimo kugerageza kwikiza ikimubangamiye mu jisho, ananiwe cyangwa afite ibitotsi. Nyamara impuguke mu miterere y’ijisho zivuga ko bishobora kwangiza ubuzima bwaryo, cyane cyane iyo bikorwa buri kanya kandi igihe kirekire.