Harabura amasaha make ngo Perezida Paul Kagame atangire kuyobora umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU), ariko yatangiye gukoresha imvugo zimwe zisanzwe zimenyerewe mu Rwanda aho aba asaba Abanyarwadna gukorera hamwe.
Perezida Paul Kagame yageze muri Côte d’Ivoire aho yitabiriye inama igiye kuhabera, ihuza abakuru b’ibihugu by’Afurika n’abayobozi b’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi.
Perezida Paul Kagame n’umuherwe wo muri Nigeria Tony Elumelu nibo bazaba bayoboye inama izahuriramo ba rwiyemezamirimo bakiri bato bakomeye muri Afurika.
Abanyarwanda bakorera mu Mujyi wa Goma ntibashoboye gukora kubera imyigaragambyo iri kuhabera,aho abaturage bari kwigaragambya basaba Perezida Kabila kuva ku butegetsi.
Mu gihugu cya Madagascar ntibyorohera abasore kubona abakunzi kuko kugira ngo bababone babanza guca mu bigeragezo byerekana ko ari abagabo bazabasha gutunga no kurinda abagore babo.
Perezida Kagame yavuze ko umubano w’u Rwanda na Zambia muri rusange uri ku rwego rushimishije, ariko avuga ko ukwiye kwaguka ukagera cyane cyane no mu bucuruzi, ngo kuko mu cyiciro cy’ubucuruzi utaragera mu rwego rushimishije.
Ontlametse Phalatse umukobwa ufatwa nk’intwari muri Africa y’Epfo waharaniye kubaho igihe kirenze icyo abaganga bakekaga kubera uburwayi budasanzwe, yatabarutse ku myaka 18.
Brig Gen Cômes Semugeshi wishyikirije Monusco ashaka gutaha mu Rwanda yatambamiwe na sosiyete sivili ya Congo isaba ko afungirwa Kinshasa.
Brig Gen Francis Ndoluwa ukomoka muri Tanzania uyoboye imishyikirano mu Burundi, yagaragaye mu cyegeranyo cy’umuryango w’abibumbye ashinjwa kugemurira intwaro FDLR.
Ingabo z’u Rwanda zigize batayo ya 73 mu butumwa bw’amahoro muri Sudani zamuritse ishuli zubatse.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe muri Congo Brazzaville, kuri uyu wa kane tariki ya 27 Ukwakira 2016.
Igisirikare cya Repubulika Iharanira demokarasi ya Kongo (FARDC) cyatangaje ko cyataye muri yombi umusirikare mukuru wa FDLR witwa Col Joseph Habyarimana.
Mu buryo butunguranye, Abanyarwanda bashyizwe ku rutonde rw’abantu batanu bahatanira igihembo cy’abantu batanu muri Afurika, bagize uruhare mu guteza imbere ishoramari.
Perezida Kagame wagiranye ibiganiro n’Abanya Mozambike, yavuze ko iterambere u Rwanda rugezeho hari abatararibonaga, ariko Abanyarwanda bagahitamo gukora ibyo babonaga bikwiye.
Igisirikare cya Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo (FARDC) gitangaza ko cyataye muri yombi umusirikare mukuru wa FDLR witwa Col Habyarimana Mucebo Sofuni.
Perezida Kagame yageze i Maputo mu murwa mukuru wa Mozambique, aho agiye mu ruzinduko rw’iminsi ibiri rw’akazi.
Repubulika Iharanira Demokrasi ya Kongo (DRC) yasabye itsinda rya EJVM gukurikirana amakuru y’ibitero by’iterabwoba byaba bitegurirwa ahitwa Semuliki, i Beni.
Umuryango w’Abibumbye wambitse imidari y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda 448 bari mu butumwa bwawo (MINUSCA) bwo kugarura no kubungabunga amahoro mu gihugu cya Santarafurika (Centrafrique).
Perezida Paul Kagame yageze i Nairobi muri Kenya aho yitabiriye inama mpuzamahanga ku iterambere rya Afurika, ihuje ibihugu by’uyu mugabane n’u Buyapani.
Perezida wa Centrafrika Faustin Archange Touandera yashimye ingabo z’u Rwanda ziri muri icyo gihugu uruhare zigira mu iterambere ry’icyo gihugu.
Direct Pay Online (DPO), soyiyete yo muri Afurika y’Epfo itanga serivisi zo kwishyura hifashishijwe ikoranabuhanga, yaguze sosiyete ya Virtual Card Services (VCS) nayo ikora amakarita abikwaho amafaranga, bihinduka sosiyete nshya yiswe Payments Service Provide (PSP).
Perezida Paul Kagame yageze i Addis Ababa muri Ethiopia mu nama y’umuryango w’abakuru b’ibihugu (IGAD Plus) yiga ku kibazo cya Sudani y’Epfo.
Impuzamiryango ya Sosiyete Sivile Nyafurika ikora ubujyanama mu by’ubukungu, imibereho myiza n’umuco (ECOSOCC), iremeranya na Leta z’ibihugu zishaka kwitandukanya n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) ko kuruvamo ntacyo bizabitwara.
Leta ya Tanzania yahagaritse ibinyamakuru byandika 473 mu gihe cy’imyaka itatu, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’itangazamakuru Nape Nnauye.
Perezida wa Repubulika ya Centre Afrique Faustin Archange Touadera yakiriye impapuro zemerera Ambasaderi Jean Baptiste Habyalimana guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Perezida wa Tanzaniya John Pombe Magufuri aratangaza ko igihugu ayoboye kizigira byinshi ku Rwanda mu rwego rw’ubukungu.
Perezida Kagame uri mu ruzinduko rwo gutsura umubano n’igihugu cya Maroc, yaraye yakiriwe ku meza n’Umwami Mohamed VI.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yerekeje muri Maroc ku butumire bw’umwami w’iki gihugu Mohammed VI, mu ruzinduko rugamije kwagura ubucuti hagati y’ibihugu byombi.
Ibitaro by’ingabo z’u Rwanda muri Centre Africa byakoze igikorwa cyo kwegereza ubuvuzi abaturage badaturiye amavuriro, bibavurira ubuntu mu gihe cy’icyumweru.
Perezida Kagame atangaza ko biteye isoni kuba muri Afurika nta mashanyarazi ahagije ahari n’ubukungu bw’umutungo kamere ifite bwayigeza ku nganda zikomeye.