Ubuyobozi bw’igihugu cya Tanzania bwasohoye amabwiriza ngenderwaho mashya agenga imyambarire ku bakozi ba Leta. Aya mabwiriza mashya abuza kwambara inkweto ndende mu biro bya Leta cyangwa mu bikorwa bya Leta ibyo ari byo byose ku bakozi ba lLta, cyane cyane ibirenze santimetero eshanu.
Perezida wa Kenya Uhuru Kenyatta, kuri uyu wa mbere tariki 27 Nyakanga 2020, yatangaje ko bitemewe kugurisha inzoga mu tubari n’amaresitora.
Vital Kamerhe na Samih Jammal, bajuririye umwanzuro w’urukiko rwa Gombe, rwabasabiye igifungo cy’imyaka 20, Vital Khamerhe azamara imyaka 10 yambuwe uburenganzira bwo gutora cyangwa gutorwa.
Benjamin William Mkapa wayoboye igihugu cya Tanzaniya guhera mu mwaka wa 1995 kugeza 2005 yitabye Imana afite imyaka 81 y’amavuko.
Abagore bari mu buyobozi muri Kenya bagaragaje ko bashyigikiye mugenzi wabo usanzwe ari umunyamabanga wa Leta ushinzwe siporo, Amina Mohammed, uhatanira kuyobora umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi (WTO).
Perezida wa Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo (RDC), Félix Tshisekedi, tariki 21 Nyakanga 2020 yatangaje uburyo ibikorwa byari byarahagaritswe mu kwirinda gukwirakwiza icyorezo cya COVID-19 bigiye kongera gusubukurwa nyuma y’amezi ane byarahagaze.
Umusenateri wo muri Kenya yasabye imbabazi Abanyakenya kubera kurenga ku mabwiriza y’umukwabu yashyizweho mu gufasha guhagarika ubwandu bwa coronavirus.
Algeria yashyinguye abarwanyi bayo baharaniye ubwigenge uko ari 24, nyuma y’uko imibiri yabo ishyikirijwe Algeria yoherejwe n’u Bufaransa bwari buyibitse imyaka 170. Kugeza ubu Algeria ikaba itegereje ko u Bufaransa buyisaba imbabazi ku bihe by’agahinda n’umubabaro yanyuzemo mu gihe cy’ubukoloni bw’Abafaransa.
Igihugu cya Botswana cyatangiye ubushakashatsi bwimbitse hagamijwe kumenya ikirimo gutuma inzovu zipfa umusubizo muri icyo gihugu.
Inzego z’ubuyobozi muri Kenya zatangaje ko umubare w’abana b’abakobwa baterwa inda wazamutse cyane kuva ubwo hashyirwagaho ingamba zo gukumira Covid-19 mu kwezi kwa gatatu.
Perezida wa Tanzania John Pombe Magufuli yategetse ko amashuri mu byiciro byose afungura kuva tariki 29 z’uku kwezi kwa Kamena 2020.
Umuvugizi w’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Kanze Dena, yasobanuye ko abo bantu bane bagaragayeho iyo virusi ubwo habaga igikorwa rusange cyo gupima abantu benshi cyabaye ku wa kane w’icyumweru gishize tariki 11 Kamena 2020.
Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo, Célestin Musao Kalombo, yatangaje ko nubwo abantu babifashe nabi, ibyo kongeza imishahara y’Abadepite bitagomba guhuzwa n’ibibazo byatewe na Covid-19, kuko ngo babisabye kuva mu mwaka wa 2019.
Muri Mali abaturage bagera ku bihumbi 10, batitaye ku cyorezo cya Covid-19 cyugarije isi yose harimo n’igihugu cyabo cya Mali, bagiye mu mihanda mu murwa mukuru BAMAKO, basaba Ibrahim Boubacar Keita “IBK” kwegura ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu.
Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yatangaje ko ahantu ho gusengera hazafungurwa ku itariki ya 01 Kamena 2020, ariko hakubahirizwa amabwiriza akomeye yo gukumira ikwirakwizwa rya coronavirus.
Mu gihe Abanyafurika bizihije umunsi wa Afurika ku wa Mbere tariki ya 25 Gicurasi 2020, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye ibihugu bya Afurika guhuriza hamwe imbaraga muri ibi bihe bigoye uyu munsi wizihijwemo.
Ibitangazamakuru biri gukurikirana amatora ya Perezida n’ay’abajyanama b’amakomini mu Burundi, yatangiye kuri uyu wa Gatatu tariki 20 Gicurasi; byemeje ko gukoresha imbuga nkoranyambaga nka Twitter, Whatsapp na Facebook byahagaritswe bidashoboka.
Mu gihe imibare mishya y’abandura coronavirus ikomeje gutumbagira umunsi ku wundi, kuri ubu na Visi Perezida wa Sudani y’Epfo Dr. Riek Machar, umugore we ari na we Minisitiri w’Ingabo hamwe n’abandi bayobozi bamuri hafi nyuma yo kwipimisha babasanze baramaze kwandura icyorezo cya coronavirus.
Ku itariki ya 11 Gicurasi 2020, Perezida Macky Sall wa Senegal, yatagaje ko ingamba zari zafashwe zo kwirinda Covid-19 zigiye koroshywa guhera tariki ya 12 Gicurasi.
Police yo muri Kenya yataye muri yombi umwana w’imyaka 14 akekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umunyamakuru rwabereye mu murwa mukuru Nairobi, nyuma y’uko amashusho yafashwe na Camera zifashishwa mu bijyanye no gucunga umutekano, yasuzumwe akagaraza uyu mwana, nkuko byatangajwe na Polisi ya Kenya ku itariki ya 11 Gicurasi (...)
Minisiteri y’Ubuzima ya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo, ivuga ko abagororwa 101 bapimwe bagasanga baranuye covid-19 muri gereza ya gisirikare ya N’dolo.
Mu gihe igihugu cya Tanzania gikomeje kujya kugitutu cy’abagishinja kwanga gushyiraho ingamba zo kurinda abaturage kwandura icyorezo cya COVID-19, ndetse Leta igashinjwa guhisha amakuru y’abagenda bapfa bazize covid-19, Pezida John ombe Magufuli yasabye abaturage gukomeza gukora nta bwoba bafite nubwo icyorezo cyiyongera.
Muri gereza zitandukanye zo muri Maroc abagororwa 313 basanze baranduye icyorezo cya Coronavirus, nyuma yo kubapima.
Mu gihe ibikorwa byo kwiyamamaza byatangiye kuri uyu wa mbere tariki 27 Mata 2020, Umuryango Human Rights Watch watangaje ko ufite amakenga ko amatora atazaba mu mudendezo, aho uvuga ko iki gihugu kirimo itoteza n’ibindi bikorwa by’urugomo bikorerwa abatavuga rumwe n’ubutegetsi.
Ikigo gishinzwe kwita ku mutungo kamere muri Repuburika iharanira Demukarasi ya Congo (ICCN) cyemereye abaturiye Pariki y’Ibirunga kuyihingamo mu mezi atatu kugira ngo bashobore guhangana na COVID-19.
Mu gihugu cya Tanzania inama n’imirimo y’Inteko Ishinga Amategeko yasabiwe guhagarikwa, nyuma y’uko umudepite bamupimye bakamusangamo icyorezo cya coronavirus.
Imfungwa zo mu magereza 30 yo muri Algeria zirimo gukangurirwa gukora ibikoresho byo kurinda umuntu ku giti cye mu rwego rwo gukumira ikwirakwizwa rya Coronavirus.
Umugabo wo mu Mujyi wa Guateng, muri Afurika y’Epfo yatawe muri yombi nyuma yo gusanganwa umukunzi we muri ’boot’ y’imodoka ye, agerageza kumusohora muri uwo mujyi mu buryo butemewe.
Itsinda ry’abaganga b’Abashinwa ryarangije kwerekeza ku ikubitiro mu bihugu bya Etiyopiya na Burkina Faso kugira ngo bashyigikire ingamba zo kurwanya icyorezo cya Coronavirus.
Komisiyo y’amatora mu Burundi, CENI, yatangaje ko idashobora gutegura amatora ku Barundi baba mu mahanga kubera icyorezo cya coronavirus.