USA: Umunyarwanda yakatiwe imyaka 15 kubera icyaha cya Jenoside

Umucamanza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) yahamije Umunyarwanda, Gervais Ngombwa,ibyaha bya Jenoside no kwinjira muri USA yifashishije amakuru y’ibinyoma, amukatira gufungwa imyaka 15.

Ngombwa Gervais wamijwe icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda agakatirwa imyaka 15
Ngombwa Gervais wamijwe icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda agakatirwa imyaka 15

Uyu mucamanza witwa Linda Reade, kuri uyu wa 2 Werurwe 2017, yavuze ko Gervais Ngombwa yagize uruhare rugaragara muri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse akaba yari n’umwe mu bayoboye ishyirwa mu bikorwa ryayo.

Reade akaba yabwiye ikinyamakuru Chicago Tribune ko uyu mugabo ufite imyaka 57 y’amavuko yari umwe mu bayobozi b’ishyaka ry’abahutu akaba we ubwe yaranagize uruhare mu kwica abatutsi no guha abasirikare amabwiriza yo kubagabaho ibitero.

Yakomeje avuga kandi ko Gervais Ngombwa ashobora koherezwa mu Rwanda nyuma yo kurangiza icyo gihano kugira ngo ahabwe ibindi bihano mu rwego rwo kuryozwa ibyo yakoze.

Ngombwa yafatiwe muri Leta ya Iowa aho yari atuye muri 2014 hashingiwe ku mategeko agenga abimukira. Muri Iowa ngo yari azwi nk’Umukirisitu ukomeye ndetse akaba yari yarigize umupadiri mu izina rya Ken.

Ngombwa yahoze ari umucuruzi mu cyahoze ari Kamine Kanzenze, ubu ni mu Karere ka Bugesera. Yagize uruhare rukomeye mu bitero byagiye bigabwa kuri Kiliziya ya Ntarama yaje guhindurwamo Urwibutso rwa Jenoside, nyuma yo kwicirwamo Abatutsi basaga 5000.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka