Indege itwara imizigo yakodeshejwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye (UN) ryita ku biribwa (WFP/PAM), yakoze impanuka mu majyepfo ya Somalia, umuntu umwe arapfa, abandi babiri barakomereka.
Kubera impamvu z’amasomo, Joseph Kabila Kabange, wahoze ari Perezida wa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, akaba na Senateri ubuzima bwe bwose, ntazitabira umuhango w’irahira rya Perezida Félix Tshisekedi, uteganyijwe ku wa Gatandatu, tariki 20 Mutarama 2024, kuri Stade ya ‘Martyrs de la Pentecôte’ i Kinshasa.
Nyuma y’amasaha macye yari ashize Tanzania itangaje ko na yo ikumiriye indege zose za Kenya Airways, zikora ingendo hagati ya Nairobi na Dar es Salaam, kubera ko Kenya yari yabanje kwanga kwakira indege zitwara imizigo za ‘Air Tanzania Company Limited’, ibihugu byombi byemeranyijwe ko bigiye gukemura ayo makimbirane.
Tanzania na yo yafashe icyemezo cyo guhagarika indege zose za Kenya Airways (KQ), yaba izitwara abantu n’izitwara imizigo guhera ku itariki 22 Mutarama 2024, ivuga ko ibikoze mu rwego rwo gusubiza ibyakozwe na Kenya, yanze icyifuzo cyo kwakira indege zose z’imizigo za ‘Air Tanzania Company Limited’.
Umukobwa w’imyaka 22 usanzwe ari umusirikare urwanira mu kirere akaba afite ipeti rya ‘second lieutenant’, yegukanye ikamba yegukanye ikamba rya Miss Amerika.
Israel yavuze ko Afurika y’Epfo yavuze ibintu uko bitari na gato mu rubanza Afurika y’Epfo yarezemo Israel mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICJ).
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR), ryatangaje ko abimukira hafi 186,000 ari bo bageze mu Burayi mu mwaka wa 2023 banyuze mu Nyanja ya Mediterane, mu gihe abandi bagera ku 6,618 bo bapfuye abandi bakaburirwa irengero bari mu Nyanja, bashaka kwambuka ngo bageze muri Espagne muri uwo mwaka wa 2023.
Polisi y’Igihugu cya Equateur yatangaje ko yataye muri yombi abagabo bitwaje intwaro, bateye muri Televiziyo ya Leta mu gihe abanyamakuru barimo bakora ikiganiro kirimo gitambuka by’ako kanya (live), babategeka kuryama hasi, mu gihe urusaku rw’amasasu n’amajwi y’abantu bataka yumvikanaga inyuma muri videwo yafashwe, ku wa (...)
Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken, yatangaje ko Abanya-Palesitine batagomba gushyirwaho igitutu cyo kuva muri Gaza, kandi ko ari uburenganzira bwabo bwo gusubira mu byabo igihe intambara izaba irangiye.
Salem Bazoum, umuhungu w’uwahoze ari Perezida wa Niger, Mohamed Bazoum, tariki ya 8 Mutarama 2024 yararekuwe ahita ajyanwa mu gihugu cya Togo.
Igisirikare cy’u Buhinde kirwanira mu mazi cyatabaye abantu 21, bari bari mu bwato bwari bwashimuswe n’amabandi yitwaje intwaro mu nyanja ya Arabia (mer d’Arabie).
Muri Senegal Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga ry’iki gihugu, rwanze Dosiye ya Ousmane Sonko utavuga rumwe n’umutegetsi muri iki gihugu, ngo kubera ko itujuje ibisabwa.
Muri Indonesia, abantu bane bapfuye abandi 37 barakomereka mu mpanuka ya za gariyamoshi ebyiri zagonganye, mu Ntara ya Java y’uburengerazuba nk’uko byatangajwe n’abashinzwe ubutabazi ndetse n’abayobozi.
Igihangange mu gusiganwa ku maguru mu rwego rw’abafite ubumuga (Paralympic games) ku Isi, Oscar Pistorius, wari ukurikiranyweho icyaha cyo kwica umukunzi we yafunguwe nyuma yo guhabwa imbabazi kubera imyitwarire myiza yagize muri gereza, nk’uko urwego rushinzwe igororero muri Afurika y’Epfo rubitangaza.
Ubuyobozi bw’Umuryango w’iterambere ry’ubukungu bw’Afurika y’Amajyepfo (SADC), bwatangaje ko Gen Monwabisi Dyakopu ukomoka mu gihugu cy’Afurika y’Epfo, ari we uzayobora ingabo ziri mu butumwa bw’uyu muryango muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Abimukira 32 b’Abanya-Venezuela n’Abanya-Honduras bari bashimuswe n’abagabo bitwaje intwaro, mu majyaruguru ya Mexique ku mupaka wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ku wa Gatandatu tariki 30 Ukuboza 2023, barekuwe ari bazima nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa Mexique.
Muri Iran abantu bagera kuri 95 baguye mu gitero cy’iterabwoba, cyagabwe hafi y’imva ya Gen Qasem Soleimani wishwe na Drone y’Abanyamerika mu mwaka wa 2020.
Winnie Byanyima, umugore w’uwahoze ari Perezida w’Ishyaka riharanira impinduka muri Demokarasi (FDC), Kizza Besigye Kifefe, yatangaje ko yifuza guhatanira umwanya wa Perezida mu matora ateganyijwe muri 2026, mu rwego rwo guharanira kugera ku nzozi z’igihe kirekire z’umugabo we.
Perezida w’Umutwe w’abarwanyi ba M23, Bertrand Bisiimwa, yatangaje ko ahari ibice uyu mutwe uyobora hatazagendera ku mabwiriza y’Umukuru w’igihugu wa DRC, Antoine Felix Tshisekedi watowe tariki 20 Ukuboza 2023.
Somalia yatangaje ko yamaganye amasezerano yasinywe hagati ya Ethiopia na Somaliland imaze igihe yaratangaje ko ari Repubulika yigenga nubwo itigeze yemerwa, agamije gutuma Ethiopia igera ku Nyanja Itukura.
Umusaruro w’ibiribwa ku isi ni rumwe mu nzego zigirwaho ingaruka cyane n’ihindagurika ry’ikirere, Umutekano mucye, n’ibindi.
Igihugu cy’ubuyapani kiratangaza ko ku munsi w’ejo habaye umutingito ufite ubukana bwa 7.6, ugakurikirwa n’indi m ishyitsi myinshi maze abagera kuri 48 bahasiga ubuzima.
Ishyirahamwe BRICS ry’ibihugu bitari inshuti za Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA), rigizwe na Brazil, u Burusiya, u Buhinde, u Bushinwa na Afurika y’Epfo, ryamaze kwaguka nyuma yo kwakira ibindi bihugu bitanu byiganjemo ibicukura peteroli.
Itegeko Nshinga rishya rya Tchad ryemejwe ku majwi 85.90% mu matora ya kamarampaka, yitabiriwe ku rugero rwa 62.8%, nk’uko ibyavuye mu matora byatangajwe ku buryo bwa burundu kuri uyu wa kane n’Urukiko rw’Ikirenga rwa Tchad.
Muri uyu mwaka wa 2023, ikibazo cy’abimukira bava muri Mexique bajya muri Amerika kirakomeye, aho abantu 10,000 bagerageza kwambuka umupaka mu buryo butemewe buri munsi, mu gihe cy’ibyumweru bike bishize.
I Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), abantu 40 bishwe n’imyuzure n’inkangu byatewe n’imvura nyinshi imaze iminsi igwa muri ako gace.
Komisyo y’amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), ikomeje kugenda imurika ibyavuye mu matora igendeye ku bice bitandukanye, Félix Antoine Tshisekedi akaba akomeje kugaragaza gutsinda bidasubirwaho.
Umunara muremure mu Mujyi wa Paris, ari na wo murwa mukuru w’u Bufaransa, Tour Eiffel wafunzwe, ntiwemerewe gusurwa na ba mukerarugendo uko bisanzwe none ku wa Gatatu tariki 27 Ukuboza 2023, bitewe n’imyigaragambyo y’abakozi.
Angola yikuye mu muryango wa OPEP/OPEC uhuza ibihugu bicukura peteroli. Angola nk’igihugu gicukura Peteroli nyinshi ku Mugabane w’Afurika, cyavuye muri uwo muryango wa OPEP kubera kutumvikana ku iganuka ry’ibyo icyo gihugu gikura muri peteroli yacyo cyohereza mu mahanga, nk’uko byifuzwa n’ibindi bihugu bicukura peteroli (...)
Perezida Joe Biden wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, yatanze imbabazi ku bantu ibihumbi bari bafungiwe ibyaha bifite aho bihuriye n’ikoreshwa ry’urumogi.