Tuzongera ingufu mu kugenzura ibikorwa bya Guverinoma - Hon. Rwigamba
Fidèle Rwigamba wari usanzwe ari umudepite ukomoka muri FPR, yemeza ko kugenzura ibikorwa bya Guverinoma bitakozwe neza 100% muri manda ishize ngo akazabyongeramo ingufu natowa.
Yabivuze kuri uyu wa 14 Kanama 2018, ubwo umuryango FPR Inkotanyi wamamazaga abakandida bawo mu karere ka Kicukiro, ahari hari aba abakandida bane ari bo Fransisca Tengera, Jane Mutamba, Fidèle Rwigamba na Dr Omar Munyaneza.
Icyo gikorwa kikaba cyitabiriwe n’abaturage benshi bari baje kwirebera abakandida babo ngo bamenye abo bazatora igihe nikigera.
Fidèle Rwigamba wari usanzwe ari mu Nteko, yavuze ko hari byishi byiza bakoze ariko ko kugenzura ibikorwa bya Guverinoma bitagezweho neza.
Agira ati “Twatoye amategeko yose twari twarashyikirijwe uko yari 315, ni igikorwa gikomeye. Icyakora ikijyanye no kugenzura ibikorwa bya Guverinoma numva tutarabikoze uko bikwiye, ntitwageze ku 100%, ni ho rero numva tuzongera ingufu ninsuba mu Nteko”.
Arongera ati “Kubyongeramo ingufu bigakorwa neza ni ko gufasha Nyakubahwa Perezida wa Repuburika kugera kuri gahunda ye y’imyaka irindwi”.
Umwe mu banyamuryango ba FPR witabiriye icyo gikorwa, Twagiramungu Egide wo mu murenge wa Gatenga, avuga ko FPR yamurokoye bityo ko agomba kuyitura.
Ati “Nkunda FPR kuko yandokoye muri Jenoside, impa umutuzo n’umutekano nari narabuze kuri Leta ya Habyarimana. Mbere sinabashije kwiga, naviriyemo mu wa gatandatu kubera gutotezwa ariko ubu abana banjye bariga mu mudendezo mu mashuri meza kubera ubuyobozi bwa FPR”.
Arongera ati “Abakandida bacu turabasaba kuzatuvuganira kugira ngo VUP igere ku bo igenewe bose kuko hari bo itageraho duturanye kandi bayikwiye. Hanyuma kuri 3 Kanama nzambara agakoti ubundi igikumwe cyanjye nkiboneze ku gipfunsi, nitorere FPR, iterambere ryiyongere”.
Komiseri mu muryango FPR Inkotanyi, Francine Uwera Havugimana wari uhagaragriye icyo gikorwa, yibukije abari bahari bimwe mu byo uwo muryango ushyize imbere.
Ati “Hari gahunda yo kwihutisha ubukungu bushingiye ku ishoramari ry’abikorera, ku bumenyi no ku mutungo kamere. Tuzakomeza guharanira kugira Umunyarwanda ushoboye, ufite ubumenyi ndetse uri mu muryango uzira amakimbirane, hashimangirwa imiyoborere myiza n’ubutabera”.
Kwamamaza abakandida b’umuryango FPR Inkotanyi, ab’andi mashyaka n’abigenga birakomeje bikazarangira hahita hakurikiraho amatora azaba mu ntangiriro za Nzeri 2018.
Inkuru zijyanye na: Amatora y’abadepite 2018
- Amatora y’abadepite yabaye ntamakemwa - Indorerezi
- Abagore batorewe guhagararira bagenzi babo mu nteko bamenyekanye
- Imyanya 4 kuri Green Party na PS Imberakuri mu nteko ishinga amategeko
- FPR irayoboye mu majwi y’agateganyo na 75%
- Yabyaye 3 avuye gutora, umwe ngo azamwita ’Mukadepite’
- Nyagatare: Yafashwe yigize indorerezi y’amatora
- Inyota yo gutora ku rubyiruko rwiganjemo n’urwayitabiriye rutaruzuza imyaka
- Muhanga: Abatoye bongeye kwibutsa abadepite kurwanya ihuzagurika mu nzego
- Intero ‘aya si amatora ni ubukwe’ yongeye kugaragara (AMAFOTO)
- Muri Kigali abarwayi n’abarwaza begerejwe ibiro by’itora ngo badacikanwa
- Nyabimata: Ab’inkwakuzi bahise bisubirira mu mirimo nyuma yo gutora
- Abafite ubumuga bamaze kubona umudepite uzabahagararira
- N’utaraboneje urubyaro yavuze imyato FPR ngo itaramutereranye
- Abakandida PL bashimiye Abanyarwanda ubufatanye babagaragarije mu kwiyamamaza
- Perezida Kagame uri mu Bushinwa yamaze gutora abadepite
- Uwari warahawe akato kubera uruhu ubu ni ikitegererezo
- Gasabo: FPR yijeje abaturage kubyaza umusaruro ikiyaga cya Mutukura
- Bweyeye: Abaturage barasaba abaganga b’inzobere bahoraho
- Ruhango: Ntibakeneye umudepite wicara mu nteko gusa
- Rwaza: Abaturage ngo bizeye kubona amashanyarazi nyuma y’amatora
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Bajye begera abaturage pana kubatora gusa bikaba birarangiye