Yatoye uruhinja rukivuka mu murima

Niyobugingo Givence wo mu Murenge wa Nyamugari, Akarere ka Kirehe, yatoye umwana w’uruhinja mu murima agihumeka, bigaragara ko akivuka.

Batoye umwana ukivuka mu Murenge wa Nyamugari, Akarere ka Kirehe,
Batoye umwana ukivuka mu Murenge wa Nyamugari, Akarere ka Kirehe,

Karisa Josaphat umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Kagasa uyu mwana yatoraguwemo, avuga ko Niyobugingo yahise amenyesha ubuyobozi. Bamubonye ku wa 14 Nzeli 2016 mu masaha ya mugitondo.

Avuga ko basanze umwana akiri muzima, n’ubwo byagaragaraga ko atameze neza.

Yagize ati “twasanze uwo mwana bamufubitse agapira, yari muzima ariko ubona yayura cyane kubera inzara hakiyongeraho n’imbeho yo kuba yari muri iryo shyamba”.

Akomeza avuga ko bihutiye kumugeza mu bitaro ubu akaba ameze neza.

Ati “Aritabwaho n’abaganga, hari n’umubyeyi wiyemeje kumukurikirana akamurera,ubu umwana ameze neza”.

Kalisa avuga ko kugera ubu hataramenyekana uwataye uyu mwana, inzego zishinzwe umutekano ziracyamushakisha.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Imana ishimwe ubwo uwomuziranenge agihumeka umwuka wabazima kd nuwemeye kumwitaho azamufate nkuwe nkuko guhunda ya leta ibidushishikariza"fata umwana wese nkuwawe".murakoze mwirirwane amahoro y’imana

Ngutegure nusra amani yanditse ku itariki ya: 16-09-2016  →  Musubize

Yoo!Birababaje

Ayorugira yanditse ku itariki ya: 15-09-2016  →  Musubize

bagebagirimpuhwe kandi babyarebabiteguye.ibazegukura utazi ababyeyibawe birababaje imana imurinde.

hatangimana theoneste yanditse ku itariki ya: 15-09-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka