Urukiko rwategetse ko Maj Dr Rugomwa afungwa by’agateganyo

Urukiko rwa gisirikare rwategetse ko Maj Dr Aimable Rugomwa na mukuru we Nsanzimfura Memelito bafungwa by’agateganyo iminsi 30.

Urukiko rwategetse ko Maj Dr Rugomwa na mukuru we bafungwa by'agateganyo iminsi 30
Urukiko rwategetse ko Maj Dr Rugomwa na mukuru we bafungwa by’agateganyo iminsi 30

Maj Dr Aimable Rugomwa, umuganga mu bitaro bya gisirikare i Kanombe, na mukuru we w’umusivili, bararegwa gufatanya kwica umwana w’umuhungu witwa Mbarushimana Theogene, ku cyumweru tariki 4 Nzeli 2016, hagati ya saa tatu na saa yine z’ijoro.

Urukiko rwa Gisirikare ruri i Nyamirambo ruvuga ko rushingiye ku kuba Maj Dr Aimable Rugomwa yemera ko yakubise Mbarushimana Theogene kugeza amushyize hasi, kandi uwo Mbarushimana akaba yarapfuye bigaragara ko yazize gukubitwa, ari impamvu zikomeye zituma uyu musirikare na mukuru we, bakwiriye gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Ubushinjacyaha bwa gisirikare buvuga ko Maj Dr Rugomwa na Nsanzimfura ngo bafashe Mbarushimana bamujyana mu gipango baramukubita. Amaze kunegekara baramujyana, bamuta hanze. Ayo makuru ngo bayakesha umutangabuhamya w’umuturanyi wa Maj Dr Rugomwa.

Ku rundi ruhande ariko, Maj Dr Rugomwa avuga ko Mbarushimana ari we nyirabayazana w’urupfu rwe. Kuko ngo yaje ari nijoro azanye ijeki y’imodoka, agatangira gufungura ipine y’imodoka ye.

Maj Dr Rugomwa ukekwaho icyaha cy’ubwicanyi gihanwa hagendewe ku ngingo ya 140 y’igitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda. Bivuze ko ahamwe n’icyo cyaha yahita afungwa burundu.

Maj Dr Rugomwa na mukuru we bahawe iminsi itanu yo kuba bajuriririye iki cyemezo cy’urukiko.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

ahaaa mwabantu mwe agasozi kagusabye amaraso ntuyakarenza kirazira, ubundi nibaza ko Major yagombye kuba yarakoze commandos course, buriya aba yaramutokoje gusa ubundi akiryamira mugitondo inzego zibishinzwe zikamujyana naho we yakubise nkabacivlians, ubwo byarabaye reka turebe uko Ubutabera buzabyitwaremo niyihangane peee!!! gereza ubu ni iyabagabo not for cheap people.

Jean Bosco yanditse ku itariki ya: 15-09-2016  →  Musubize

Biratangajepe umuyobozi nkuwakorayomarorerwa agombaguhanwa kuko ntabumuntu agira

Alias yanditse ku itariki ya: 14-09-2016  →  Musubize

MAJ Dr!!!!!!!, major dogiteri kweli, itorero, ingando,amakosi, amashuri, .......... hababaje umugorewe, nabana be numuryango wuwo yahekuye.
umuganga wumwicanyi avura ate? umusiniya officer utazi guhana ntanamenye amategeko abikomora he? sininyeshyamba. mukurikirane wasanga afite mental problems. biragayitse. RDF ntiyabyihanganira. bisubirwemosi non niba hari nabasigaye bateye batya twashira. abafiteibibazo nkibi bamenyekane. batallions and brigades barimo zibafashe

ntibyoroshye yanditse ku itariki ya: 14-09-2016  →  Musubize

Umuryango wa theogene twizeye tudashidikanya ko. bagomba guhabwa ubutebera bunoze.kandi nshimira na rdf kubwigikorwa cyiza bakoze cyo kubahafi umuryango we.asante

Justice yanditse ku itariki ya: 14-09-2016  →  Musubize

hoya nibahanwe kuko kubona umumajor wongeyeho Dr ni ugusebya igisirikare cyacu cy’urwanda kabisa.

joseph yanditse ku itariki ya: 14-09-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka