Rusizi: Umutingito wahitanye umwana abandi 19 barakomereka

Umutingito ufite ubukana buri hejuru wibasiye akarere ka Rusizi, wahitanye umwana w’imyaka ine, abantu 19 barakomereka, inzu 12 n’imodoka 2 birangirika.

Abaturage-bacyumva-umutingito-bakwiriye-imishwaro
Abaturage-bacyumva-umutingito-bakwiriye-imishwaro

Ku mugoroba wo ku itariki ya 23 Nzeli 2016, ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba, habaye umutingito udakabije umwanya muto, biba nkibisanzwe. Nka nyuma y’isaha imwe haba undi urusha ubukana uwa mbere, ari nawo wangije ibintu byinshi.

Umutingito wakurikiye wasenye amazu wangiza n'amamodoka
Umutingito wakurikiye wasenye amazu wangiza n’amamodoka

Mutabazi Charles, wo mu mujyi wa Kamembe, avuga ko bashutswe n’umutingito wa mbere, urangiye bagasubira mu mazu bibwira ko ari ibisanzwe. Nyuma ngo babaye nkabakubiswe n’inkuba bumva undi mutingito ibikuta bitangira kubagwira.

Ati “Uwambere waje tugirango ntawundi ugaruka hashize umwanya haza undi ukaze abantu barakomereka abantu bose bari hanze sinzi ko hari abarara mu mazu.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusiz,i Harerimana Frederic yahumurije abaturage bo muri ako karere.

Agira ati ”Ubutumwa duhereza abaturage nuko batagomba kumva ko umutingito uhoraho niba waje watambutse ariko boye kwibwira ngo byarangiye ,birinde kurwana basohoka munzu kuko abenshi bahura n’ibibazo bahunga ibikuta bikabagwira.”

Amazu maremare yangiritse bikomeye
Amazu maremare yangiritse bikomeye
Amatafari y'inzu zasenyutse yuzuye mu muhanda
Amatafari y’inzu zasenyutse yuzuye mu muhanda
Ibirahure by'amamodoka byibasiwe cyane
Ibirahure by’amamodoka byibasiwe cyane
Nta modoka yari hafi y'amazu yarokotse
Nta modoka yari hafi y’amazu yarokotse
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 24 )

bihangane gusa banibuka gusenga nyamuneka

Ysimbi yanditse ku itariki ya: 24-09-2016  →  Musubize

abo baturage nibihangane gusa niba ntamuntu wakomerekeye muri uwo mutingito namahira imana ikomeze ibarinde.

al mwumvaneza yanditse ku itariki ya: 24-09-2016  →  Musubize

Twifatanije Nabaturage Ba Rusizi Imana Ibashe

Athanase yanditse ku itariki ya: 24-09-2016  →  Musubize

Twihanganishije Uwo Muryango Wabuze Umwana, Imana Imwakire Mubayo. Nabasenyewe Nuwo Mutingito Nabo Dukomeje Kubihanganisha Kandi Dusaba Societe D’Assurance Ayo Mazu N’ama Modoka Byarimo Kwihutira Kubatabara.

Jean Paul yanditse ku itariki ya: 24-09-2016  →  Musubize

ABATURAGE.ABA.RUSIZI.NIBIHANGANE

RORANCE yanditse ku itariki ya: 24-09-2016  →  Musubize

yoo dix bihangane bibaho ako kana imana ikacyire mubayo kandi tubifurize kutongera kuba

Thierry wizz yanditse ku itariki ya: 24-09-2016  →  Musubize

abo bavandimwe nibihangane ikigo gishinzwe gutabara abahuye n’ibiza nigikore ibarura gifashe abo bikomeye

damas yanditse ku itariki ya: 24-09-2016  →  Musubize

Abangijwe numutingitomwihangane. Rusiziwe waragowepeee!!

Adrien Dufitumukiza yanditse ku itariki ya: 23-09-2016  →  Musubize

Nukuri Hank kayonza ntawo twumvise gusa imana ibafashe kwihangana no kubyakira

Mugabe Gilbert yanditse ku itariki ya: 23-09-2016  →  Musubize

ariko Rusizi yaragowe!gusa mwihangane.

mukunzi yanditse ku itariki ya: 23-09-2016  →  Musubize

plse ntugakabye. umutingito ukabije uheruka kuba muri Italy ntago ari murwanda, Rusizi habaye umutingito usanzwe.

Emmy yanditse ku itariki ya: 23-09-2016  →  Musubize

yoooo aba rusizi bihangane

sebatware yanditse ku itariki ya: 23-09-2016  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka