Perezida Kagame yabwiye Abanyafurika ko ubumwe atari intero n’inyikirizo

Afungura ku mugaragaro Inteko Rusange ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika iteraniye mu Rwanda, Perezida Kagame yasobanuye ko ubumwe bw’abatuye uyu mugabane bugomba kugaragarira mu bikorwa biteza imbere ubuzima bw’abaturage.

Perezida Kagame asanga ubumwe atari intero n'inyikirizo ahubwo ari ibikorwa biteza imbere ubuzima bw'abaturage.
Perezida Kagame asanga ubumwe atari intero n’inyikirizo ahubwo ari ibikorwa biteza imbere ubuzima bw’abaturage.

Yagize ati "Ubumwe ntabwo ari intero n’inyikirizo, ahubwo bugomba kudufasha guteza imbere ubuzima bw’aturage. Iyo abantu bateranye bataziranye, gukemura ikibazo nubwo cyaba gito, biragoye cyane".

Yavuze ko amateka y’u Rwanda yaranzwe n’ivangura, ariko ko ubumwe burimo kubakwa bwafashije igihugu gutera imbere.

Ati "Turashingira ku mahitamo yacu nk’Abanyarwanda."

Umukuru w’Igihugu yavuze ko ubuvandimwe bw’Abanyafurika butagomba gutangirwa n’imipaka y’ibihugu bigize uyu mugabane, ahubwo ko hagomba ubuhahirane, uburenganzira bw’umugore, amahoro n’umutekano, ndetse no guharanira kwigira.

Perezida Kagame yashimye ibyavuye mu mwiherero w’Abakuru b’ibihugu kuri uyu wa Gatandatu, banzuye ko uyu mugabane ugomba kwishakamo ingengo y’imari, kugira ngo ibihugu bidakomeza gutegereza inkunga y’amahanga "ikunze kudukerereza".

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

IMANA ISHIMWE CYANE KUBONA YUKO TUGOMBWA GUHARANIRA KWIGIRA,BITEWE N’AMAKURU DUKESHA U.A.KORA NDEBE IRUTA VUGA NUMVE.

INNOCENT SAFARI yanditse ku itariki ya: 17-07-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka