Mu mpeshyi batungwa n’ibiziriko

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyaruguru baboha ibiziriko bakabigurisha, baravuga ko bibatunze hamwe n’imiryango yabo.

Nzabirinda yatangiye kuboha ibiziriko afite imyaka ine none agejeje 50 ari byo agikora.
Nzabirinda yatangiye kuboha ibiziriko afite imyaka ine none agejeje 50 ari byo agikora.

Aba baturage bavuga ko basanzwe baboha ibiziriko bakabigurisha mu masoko cyane cyane ay’amatungo, mu bihe by’impeshyi igihe imirimo y’ubuhinzi iba igabanutse.

Renzaho Emmanuel, wo mu Murenge wa Rusenge, aboha ibiziriko akabigurisha mu isoko ry’amatungo rya Ndago mu Murenge wa Kibeho.

Avuga ko uyu murimo awukuramo amafaranga yunganira ubuhinzi,bikaba bimutungiye umuryango.

Ati “Ibi biturinda gusabiriza, ukaba wagurira umwana ikayi akajya kwiga, ukamurihira mituweri nawe ukirihira, kandi ukanagura icyo abana barya utagombye kujya gusabiriza”.

Renzaho, umwe mu baboha ibiziriko muri Nyaruguru, avuga ko bimutungiye umuryanga.
Renzaho, umwe mu baboha ibiziriko muri Nyaruguru, avuga ko bimutungiye umuryanga.

Ababoha ibiziriko bakaba banenga bagenzi babo babaseka ndetse bakanasuzugura umurimo bakora bibwira ko nta nyungu ugira, ahubwo bakabasaba ko na bo babegera bagafatanya kugira ngo babashe guteza imbere ingo zabo.

Jean Damascene Nzabirinda, w’imyaka 50 watangiye kuboha ibiziriko afite imyaka ine agira ati ”Usanga hari abadusuzugura ngo dukora akazi kagayitse, ndetse ugasanga batwita amazina nka ‘kanyabiziriko’,ariko iyaba bari bazi amafaranga tubikuramo na bo batwegera aho kwirirwa bicaye”.

Aba baturage ariko bavuga ko bahangayikishijwe n’uko ibihingwa by’imigwegwe bakoresha baboha ibiziriko ngo bigenda bikendera, ku buryo ngo kubona ibyo bakoresha bitaborohera.

Ikiziriko kimwe kigurwa amafaranga 100 y’u Rwanda, mu gihe aba babiboha bavuga ko umuntu ashobora kuboha ibiziriko birenga 20 umunsi umwe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka