Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu, mu murenge wa Gisozi mu karere ka Gasabo, hatoraguwe umurambo w’umusore utaramenyekana uri mu kigero cy’imyaka 22 y’amavuko wishwe atemaguwe.
Ku nkengero z’ikiyaga cya Kidogo cyo mu Karere ka Bugesera, umurenge wa Rilima habonetse ibice by’umubiri w’umuntu wishwe n’ingona.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru buremeza ko tariki 22/11/2011mu murenge wa Kibeho habonetse imibiri y’abantu 27 bazize Jenoside.
Umukuru wa polisi IGP Emmanuel K. Gasana aratangaza ko hari gahunda yo gukwirakwiza ibigo bishinzwe kwakira ibirego by’ahagaragaye ihohoterwa mu gihugu hose. Yabitangaje ubwo yasurwaga n’umuyobozi mu ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana (UNICEF) tariki 23/11/2011.
Imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya sosiyete itwara abantu ya Rugali Express yaguye ku Ruyenzi ahagana mu ma saa kumi z’umugoroba. Nta muntu n’umwe yahitanye keretse bake bakomeretse ku buryo bworoheje.
Inteko rusange y’umutwe w’abadepite, kuri uyu wa kane tariki 24/11/2011, yatoye itegeko rishyiraho kandi rikagena inshingano, imiterere n’imikorere y’ibitaro bya gisirikare bya Kanombe (KMH).
Imfurayase Patience, umukobwa uzwi cyane muri showbiz nyarwanda, yashatse gutwika inzu y’iwabo harimo ababyeyi be n’abavandimwe be ariko polisi irahagoboka.
Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu mu muryango w’abibumbye, Susan Rice, yatangaje ko igihugu cye cyatabaye muri Libiya kubera kwanga kongera gukora ikosa ryo kudatabara igihugu cye cyakoze ubwo mu Rwanda habaga Jenoside.
Ushinzwe ibikorwa mu ishami ry’umuryango wabibumbye ryita ku bana (UNICEF), Nicholas Alipui, ejo yatangaje ko yatunguwe n’intambwe u Rwanda rumaze gutera mu gukumira ihohotera rishingiye ku gitsina. Alipui yabitangaje ejo ubwo yasuraga ikigo Isange One Stop Center gukorera ku Kacyicu mu mujyi wa Kigali.
Umuryango w’umugabo witwa Elissa Uwitonze wategetswe gutaburira umurambo kugirango ujyanywe kwa muganga hamenyekane icyamwishe. Ejo nibwo ibitaro bya Nyanza byemereye umuryango we gusubirana umurambo.
Olive Dusingizimana yitabye Imana azize inkuba yamukubanye n’abavandimwe be batatu ejo mu ma saa munani z’amanywa mu mudugudu wa Batura, akagari ka Karenge, umurenge wa Rwimbogo mu karere ka Rusizi.
Abagabo 3 barengwa kunyereza amafaranga miliyoni zisaga 31 z’ibitaro bya Kibuye bemerewe kubonana n’abashinzwe ibaruramutungo (audit) mbere y’uko urukiko rukomeza urubanza.
Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda yatangaje ko ejo ambasaderi w’icyo gihugu muri UN, Susan Rice, yageze mu Rwanda mu ruzinduko w’iminsi ine.
Umuyobozi wa komine ya Dieulefit mu Bufaransa, madamu Christine Prietto, aratangaza ko kuba igihugu cye cyaratije umurindi abateguye bakanashyira mu bikorwa Jenocide yakorewe abatutsi mu 1994 byaribikwiye kubera isomo amahanga.
Ubwo yakoraga ikiganiro n’abanyamakuru ku nshuro ya mbere, umuyobozi w’akarere ka Muhanga yatangaje ko kuba atajyaga akorana ikiganiro n’abanyamakuru atari ukwimana amakuru ahubwo ko ari igihe cyari kitaragera.
Umujyanama muri minisiteri y’ubutabera, Jacqueline Musiitwa, ni umwe muri batatu babonye igihembo cya Foundation Mo Ibrahim. Yabonye iki gihembo kubera uruhare yagize mu guteza imbere ubucuruzi, imiyoborere ndetse n’imiryango itegamiye kuri Leta.
Abayobozi b’ikigo cy’igihugu cy’itangazamakuru (ORINFOR) bitabye banatanga ibisobanuro imbere y’akanama k’inteko ishingamategeko kagenzura imikoreshereze y’imari mu bigo bya Leta.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe gutwara abantu n’ibintu (ONATRACOM) cyemereye imbere ya komisiyo y’inteko ishinga amategeko ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’amafranga ya Leta ko cyagize igihombo cya miliyari zigera kuri enye biturutse ku micungire mibi yakozwe n’ubuyobozi bwaranjirije uburiho.
Umutwe w’ingabo z’Umuryango w’abibumbye ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO) watangaje ko inyeshyamba za Mai- Mai zaraye zivuganye Colonel Jean Marie Vianney Kanzeguhera wari uzwi cyane ku izina rya Sadiki, wari umuyobozi w’umutwe wa FDLR mu ntara ya Kivu.
U Rwanda ruzitabi inama iziga ku bibazo bigaragara mu gutwara abantu n’ibintu muri Afurika izabera muri Angola kuva tariki 24-25 ugushyingo.
Umukuru w’igihugu cya Repubulika ya Congo Brazzaville, Denis Sassou N’guesso, yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu mbere aho yakiriwe na mugenzi we Paul Kagame.
Kuva ejo mu Rwanda hari kubera inama y’iminsi 2 ihuje impuguke mu butwererane za Congo Brazzaville hamwe n’iz’u Rwanda. Inama igamije kureba uko ibi bihugu bitsura umubano mu by’ubwikorezi bw’indege, umuco, ubumenyi n’ikoranabuhanga.
Polisi y’igihugu iratangaza ko Nzabakirana Gratien (uwishe Siraguma Désiré) ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Kagano.
Siraguma Désirè, umucuruzi mu murenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke, yaraye yishwe atemaguwe. Abavandimwe ba Siraguma bavuga ko yishwe na Nzabakirana Gratien amuziza ko yanze kumukopa inzoga.
Bamwe mu baturage batuye akagali k’Akaziba ho mu murenge wa Karembo akarere ka Ngoma tariki ya 17/11/2011 biriwe bifungiranye mu mazu bihisha abayobozi baka kagali ubwo bari mu gikorwa cyo kwishyuza umusanzu wo kubaka ibiro by’akagari.
Umuyobozi w’ibitaro bya Kibuye hamwe n’ushinzwe ibaruramari (comptable) w’ibyo bitaro bari mu maboko ya polisi kuva tariki ya 17/11/201.
Perezida Paul Kagame arasaba ibihugu biri mu nzira y’amajyambere gushyira ingufu mu miyoborere myiza no gushyira ku murongo ibigo byabyo mu rwego rwo gushyiraho amahame abifasha kugera ku iterambere rirambye kandi ryubahiriza ibidukikije.
Kuva tariki ya 16 kugeza 18 ugushyingo, abasenateri n’abakozi bakuru ba Sena bari mu mwiherero i Rubavu aho barebeye hamwe inshingano za sena n’uko zizubahirizwa.
Imiryango iharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatusti mu Rwanda mu 1994 yibumbiye muri Ibuka ikomeje kunega umuryango Lantos Foundation kubera igihembo yahaye Rusebagina.
Umuyobozi ushinzwe imiyoborere myiza mu karere ka Huye, Kayitesi Angelique, yatangaje ko guhera mu gihembwe cya kabiri cy’imihigo akarere ka Huye kazinjiza gahunda z’imiryango itegamiye kuri Leta mu mihigo yako.