Kizito Mihigo yashyize ahagaragara indirimbo yahimbiye ikigega AgDF
Nyuma y’igihe gito yemeye ku mugaragaro ko azakora indirimbo ishishikariza Abanyarwanda gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund (AgDF), Umuhanzi Kizito Mihigo ubu yayigejeje hanze.
Ubwo hafungurwaga ikigega AgDF, Mihigo we na Fondation ye KMP yahise atanga miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda yemera no kuzaririmba indirimbo ihamagarira Abanyarwanda gushyigikira icyo kigega.
Indirimbo ya Kizito yayise « Agaciro k’Abanyarwanda ». Amwe mu magambo agize iyi ndirimbo aragira ati : « Agaciro k’Abanyarwanda niyo ntero, niyo ngendo, mucyo twese tugasigasire tukarinde kwandavura uwo mwambaro w’uruzinduko tuwurinde icyasha no guhinamirana».
Iyi ndirimbo yageze kurubuga rwe rwa www.kizitomihigo.rw ku itariki 30/09/2012.
Abahanzi nyarwanda benshi bamaze gushyira ahagaragara indirimbo zihamagarira Abanyarwanda gushyigikira AgDF ndetse bamaze no kwibumbira hamwe mu rwego rwo gukora ibitaramo mu rwego rwo gushyigikira ikigega AgDF.
Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE
Inkuru zijyanye na: Kizito Mihigo
- Iperereza rya RIB ku rupfu rwa Kizito Mihigo ryagaragaje ko yiyahuye
- Kizito Mihigo yapfuye yiyahuye - Polisi
- RIB yemeje ko Kizito Mihigo yatawe muri yombi
- Amashimwe ni yose kuri Kizito na Ingabire Victoire bakijijwe Gereza
- Kizito Mihigo na Ingabire Victoire bahawe imbabazi
- Kizito Mihigo yasabiwe gufungwa burundu
- Mama wa Kizito Mihigo ntabwo arwaye
- Kizito n’abo baregwana ibyaha by’iterabwoba n’ubugambanyi bakatiwe gufungwa iminsi 30
- Kizito Mihigo nabo bareganwa bireguye ariko bataha batazi niba bazafungwa iminsi 30
- Minisitiri Mitali yagize icyo atangaza ku itabwa muri yombi ry’umuhanzi Kizito Mihigo
- Kizito Mihigo ariyemerera ko yakoranaga na RNC na FDLR
- Umuhanzi Kizito Mihigo arakekwaho ibikorwa byo guhungabanya umutekano w’igihugu
- Ngoma: Kizito Mihigo yabasusurukije anabakangurira kuzitabira amatora
- Kirehe: Kizito Mihigo yakoze igitaramo cyo gutegura amatora y’abadepite
- Kizito Mihigo, Sophia na Fulgence basusurukije Abanyagakenke
- Nyamagabe: KMP irasaba urubyiruko kugira umuco w’amahoro n’ubwiyunge
- Ubumuntu ntibugomba gupfobywa n’ubumuga-Umuhanzi Kizito Mihigo
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|