Imiryango ya Kigali Convention Centre ifunguriwe buri wese

Ku bufatanye bwa Police y’Igihugu n’Umujyi wa Kigali, abakeneye kugana Kigali Convention Centre baramenyeshwa ko guhera ku wa 21 Nyakanga 2016, imiryango ifunguye ndetse bashyizeho n’uburyo bazajya binjiramo.

U Rwanda rwakira inama nyinshi mpuzamahanga
U Rwanda rwakira inama nyinshi mpuzamahanga

Abafite imodoka, bazajya bakoresha umuhanda uva kuri Rondpoint ya MINIJUST bakomeze berekeza mu muhanda uca hagati ya MINIJUST na Convention Centre binjirire mu irembo ry’inyuma ya Convention Centre, ari na ryo bazakoresha basohoka bagasubira inyuma aho baturutse cyangwa bakagana mu muhanda wo mu Rugando werekeza kuri Lemigo Hotel.

Ku banyamaguru, bo bashobora kugana Convention Centre baturutse ku muhanda uva ku Kabindi werekeza rondpoint isanzwe ya KBC, umuhanda uva Kacyiru uturutse kuri Rondpoint nshya yo kuri NINZI HILL HOTEL hamwe n’umuhanda uturuka MINIJUST ugakomeza ugana kuri rondpoint ya KBC.

Aho waba uturutse hose, umuryango munini- main gate ubangikanye na rondpoint isanzwe ya KBC, ni wo uzajya ukoreshwa n’abanyamaguru mu kwinjira no gusohoka.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Niba harimo hotel barekure imihanda kubera ko iyo ugiye kwigurira ntibisabako unyura mugikari

alias yanditse ku itariki ya: 23-07-2016  →  Musubize

ni byiza ko umuntu aza akareba ibyiza byacu nk’abanyrwanda ariko bibaye byiza mwazashyiraho ibiciro umuntu akareba niba yabasha kubigonda hanyuma tukajya tuza kwiryohereza

kadogo yanditse ku itariki ya: 23-07-2016  →  Musubize

Iyo mushyiraho n’ibiciro by’ikinyobwa cyaho, tukareba ko buri wese yavayo ahembutse.

Alias Mbabarengirente yanditse ku itariki ya: 22-07-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka