CIVITAS Hotel irakomeza kwakira abayigana nk’uko bisanzwe

Ubuyobozi bw Hotel CIVITAS buratangaza ko imirimo yo kwakira abayigana ikomeza gukorwa nk’uko bisanzwe.

Mu itangazo ryanditse mu Kinyarwanda, Icyongereza n’igifaransa, ryasohowe n’ubuyobozi bw’iyi Hotel kuri uyu wa gatatu tariki ya 06 Nyakanga 2016, rigaragaza ko n’ubwo habayeho inkongi y’umuriro muri imwe mu iduka riri mu nyubako Hotel ikoreramo, bitakomye mu nkokora serivisi za Hotel.

Hotel CIVITAS ivuga ko inkongi y'umuriro itakomye mu nkokora serivisi zayo ku bakiriya bayigana
Hotel CIVITAS ivuga ko inkongi y’umuriro itakomye mu nkokora serivisi zayo ku bakiriya bayigana

Ubuyobozi bwa Hotel CIVITAS buvuga ko Polisi n’abaturage batabariye hafi inkongi y’umuriro ikiri mu ihahiro SAHANI (Supper Market) umuriro ukazimywa vuba ku buryo bitagize icyo bitwara Hotel ubwayo.

CIVITAS Hotel ishimira kandi abaturage n’inzego za Polisi y’igihugu zagize uruhare mu gutabara mu maguru mashya inyubako yose itarafatwa n’umuriro.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

turashimira police yurwanda itabarana ingoga nabaturage bahabayr.

x yanditse ku itariki ya: 7-07-2016  →  Musubize

Ariko se izi nkongi zumuriro zibera mu gace kamwe bisobanura iki? nzaba mbarirwa!

Masengesho Erneste yanditse ku itariki ya: 7-07-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka