Baratira bagenzi babo ibyiza byo gutura mu mudugudu

Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe, baratira bagenzi babo bagituye mu manegeka ibyiza byo gutura mu midugudu, kugirango bayigane.

Abaturage bavuga ko gutura ku midugudu byabegereje ibikorwa remezo nk'imihanda n'amashanyarazi
Abaturage bavuga ko gutura ku midugudu byabegereje ibikorwa remezo nk’imihanda n’amashanyarazi

Kuba mu midugudu byabagiriye akamaro kuburyo ntawe bakwifuriza kuguma mu manegeka, nk’uko Imfura Anastase utuye mu Murenge wa Gasaka muri aka Karere abivuga.

Agira ati” Kuba mu midugudu byatumye twegerezwa ibikorwa remezo, ndetse binadufasha kwicungira umutekano”.

Avuga ko umuriro, amazi, amashuri, ivuriro ndetse n’imihanda byabegerejwe.
Anavuga kandi ko ibiza byajyaga bibasenyera bikanatwara ubuzima bwa bamwe mu manegeka, ubu byabaye amateka kuri bo.

Mu gihe abaturage bashima iyi gahunda bakanayiratira bagenzi babo, Akarere kavuga ko kagiye kurushaho kongera imidugudu hagamijwe kunoza imiturire.

Akarere ka Nyamagabe gasanganywe imidugudu itandatu irimo, uwa Kirehe, Nyabivumu, Uwinyana, Kitabi, uwa Mbazi, n’uwa Munyinya na Birambo.

Muri iyi midugudu yari isanzwe hazongerwaho umudugudu mushya wa Mugano, hanavugururwe uw’ Uwinyana wongerwamo ibikorwa remezo.

Ibi bikorwa bizatwara agera kuri miliyoni 759 z’amafaranga y’u Rwanda, nk’uko Mugisha Philbert uyobora aka karere abisobanura.

Mugisha Philbert uyobora Akarere ka Nyamagabe avuga ko bagiye kuvugurura imidugudu bakayigira iy'Icyitegererezo
Mugisha Philbert uyobora Akarere ka Nyamagabe avuga ko bagiye kuvugurura imidugudu bakayigira iy’Icyitegererezo

Agira ati “Mu mudugudu wa Mugano, hazubakwa amazu 40, hubakwe Biogaz izakoreshwa muri ayo mazu, hatangwe n’ inka muri buri muryango uzahatura”.

Avuga kandi ko muri uyu mudugudu hazakorwa umuhanda wa kilometero 11, hagasanwa umuyoboro w’amazi ndetse hakubakwa ishuri ribanza rifite ibyumba 10.

Mu mudugudu w’Uwinyana uzavugururwa, Mugisha avuga ko abawutuye batorojwe bazorozwa, hanashyirwemo ibikorwa birengera ibidukikije.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka